issa
Nyabihu: Yafunzwe azira kwiyita umukozi wa REG

Nyabihu: Yafunzwe azira kwiyita umukozi wa REG

Jan 17, 2026 - 18:56
 0

Umugabo witwa Kamanzi Jean Marie Vianny w’imyaka 36 yatawe muri yombi akurukirwanyweho kurira ipoto y’amashanyarazi yiyise umukozi wa REG.


Ibi byabereye mu Murenge wa Rambura,Akarere ka Nyabihu kuri uyu wa 17 Mutarama 2026.

Amakuru avuga ko uyu Jean Marie Vianny yafashwe n'uwitwa Ndangu Marcer usanzwe uyubora uyu Murenge wa Rambura, aho yamusanze yuriye ipoto ry’amashanyarazi.

Bivugwa ko mu kumanuka, uwo mugabo yamanutse ashaka kwiruka Umunyamabanga Nshingwabikorwa ahita yitabaza izindi nzego z’umutekano.

Akimara gufatwa, yabajijwe ibyangbwa bigaragaza ko ari umukozi wa REG, arabibura, ahita ashyikirizwa Polisi kugira ngo imukurikirane.

Amakuru agera kuri UKWELITIMES, avuga ko kugeza ubu uyu mugabo afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Karango.

Nyabihu: Yafunzwe azira kwiyita umukozi wa REG

Jan 17, 2026 - 18:56
 0
Nyabihu: Yafunzwe azira kwiyita umukozi wa REG

Umugabo witwa Kamanzi Jean Marie Vianny w’imyaka 36 yatawe muri yombi akurukirwanyweho kurira ipoto y’amashanyarazi yiyise umukozi wa REG.


Ibi byabereye mu Murenge wa Rambura,Akarere ka Nyabihu kuri uyu wa 17 Mutarama 2026.

Amakuru avuga ko uyu Jean Marie Vianny yafashwe n'uwitwa Ndangu Marcer usanzwe uyubora uyu Murenge wa Rambura, aho yamusanze yuriye ipoto ry’amashanyarazi.

Bivugwa ko mu kumanuka, uwo mugabo yamanutse ashaka kwiruka Umunyamabanga Nshingwabikorwa ahita yitabaza izindi nzego z’umutekano.

Akimara gufatwa, yabajijwe ibyangbwa bigaragaza ko ari umukozi wa REG, arabibura, ahita ashyikirizwa Polisi kugira ngo imukurikirane.

Amakuru agera kuri UKWELITIMES, avuga ko kugeza ubu uyu mugabo afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Karango.