UAE yahagaritse VISA ku bagande: Ingaruka ziremereye ku bukungu n’imibereho
Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko guhera muri Mutarama 2026 izahagarika gutanga viza z’ubukerarugendo n’akazi ku benegihugu ba Uganda. Iki cyemezo cyafashwe binyuze mu rwego rushinzwe abinjira n’abasohoka i Abu Dhabi, kikaba kiri mu rwego rwo kwirinda ibibazo by’umutekano no guhangana n’ibikorwa by’ubucuruzi bw’abantu bikomeje kwiyongera.
Uganda yongewe ku rutonde rw’ibihugu bifatiwe iki cyemezo, aho ihuriye n’ibindi nka Afghanistan, Libya, Yemen, Somalia, Liban, Bangladesh, Cameroun, na Sudani. Abayobozi ba UAE bavuze ko iki cyemezo ari agateganyo, ariko gikomotse ku mpungenge z’umutekano ndetse n’ibibazo bikomoka ku mikorere y’imiyoboro yinjiza abantu mu gihugu binyuze mu buryo butemewe, bakabashakira imirimo cyangwa kubashyira mu bikorwa bitemewe n’amategeko birimo uburaya.
Ibi byemezo bije nyuma y’iperereza ryakozwe na BBC, ryagaragaje ko hari umuturage wa Uganda witwa Charles Mwesigwa ukekwaho kuba ari umwe mu bayoboye umuyoboro ucuruza abantu no kubajyana mu buraya mu duce dutandukanye twa Dubai. Ibi byatumye hatangira gukoreshwa uburyo bukaze bwo kugenzura itangwa rya viza ku benegihugu ba Uganda.
Icyakora, iki cyemezo gifite ingaruka zikomeye ku bukungu bwa Uganda. Minisiteri y’uburinganire, umurimo n’iterambere ry’imibereho y’abaturage muri Uganda ivuga ko hagati ya Mutarama 2022 na Ukuboza 2023, Abagande 120,459 babonye akazi mu mahanga, aho 89% byabo boherejwe mu Burasirazuba bwo Hagati, harimo UAE.
Uretse ubufasha mu guha akazi abaturage, iki gikorwa cyazaniye igihugu amafaranga menshi. Mu gihe cy’imyaka ibiri gusa, Uganda yinjije miliyari 25 z’amashilingi (asaga miliyoni 6.5 z’amadolari ya Amerika) avuye mu bikorwa byo gutanga impushya zo gukorera hanze, gushakira abantu akazi, no kwemeza ubushobozi bw’abakozi.
Kurushaho, Abagande bakorera mu bihugu by’Abarabu nka UAE bohereza amafaranga yinjira mu gihugu agera kuri miliyari 1.4$ buri mwaka, agafasha imiryango yabo n’ubukungu bw’igihugu. Ihagarikwa rya viza rizagira ingaruka ku kohereza abakozi bashya, guhagarika amasezerano y’akazi yamaze gusinywa, ndetse no guhomba kw’imiryango n’ibigo byashoye imari mu bijyanye no gushakira abantu imirimo hanze.
Nubwo UAE ivuga ko iki cyemezo ari agateganyo, ntihatangajwe igihe kizamara cyangwa niba hari ibiganiro birimo gukorwa ngo kiburizwemo. Bivuze ko Uganda ishobora kujya mu bibazo by’ubukungu n’imibereho y’abaturage, cyane cyane abishingikirizaga ku kohereza abantu mu mahanga no ku madovize aturuka hanze.


Kinyarwanda
English
Swahili









