issa
Rayon Sports yabonye intsinzi imbere ya Police FC

Rayon Sports yabonye intsinzi imbere ya Police FC

Feb 13, 2026 - 17:58
 0

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze ikipe ya Police FC igitego 1-0 mu mukino w'umunsi wa 20 wa Shampiyona y'u Rwanda. Abafana nyuma y'umukino bahaye Tambwe Gloire amafaranga kubera igitego yatsinze.


Ku isaha ya saa Cyenda z'amanwa zo kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Gashyantare 2026, nibwo umukino watangiye. Ni umukino utari woroshye kuko wabonaga ikipe zose zifite imbaraga nyinshi mu mikinire ariko zinatakana cyane.

Ku munota wa 10, ikipe ya Police FC yahushije uburyo bukomeye ku mupira mwiza Ani Elijah yahawe na Byiringiro Lague ateye ishoti umupira ukurwamo na Kwizera Olivier wari uri mu izamu rya Rayon Sports.

Igice cya mbere cyaje kurangira ikipe zombi zinganyije 0-0. Ni igice twabonye ikipe zombi zatakana mu buryo bukomeye cyane ariko zigahusha ibitego byinshi.

Ku munota wa 52, ikipe ya Rayon Sports yatsinze igitego cya mbere gitsinzwe na Tambwe Gloire. Ni umupira mwiza watewe na Tambwe Gloire nyuma y'amakosa akomeye yakozwe na Nsabimana Eric uzwi nka Zidane.

Ikipe ya Rayon Sports yaje gukora impinduka Umutoza Bruno Ferry yinjiza mu kibuga abarimo Ndayishimiye Richard na Uwumukiza Obed. Police FC nayo yaje kwinjiza mu kibuga barimo Richard Kirongozi, Kwitonda Alain Bacca na Tia Christian.

Umukino waje kurangira ikipe ya Rayon Sports itahanye intsinzi y'igitego 1-0. Ni intsinzi wavuga ko yari ikenewe cyane kuko ikipe ya Rayon Sports yagombaga gutsinda igahita izamuka mu manota no ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona.

Gutsinda kwa Rayon Sports byatumye igira amanota 32, ihita izamuka ijya ku mwanya wa 5, naho ikipe Police FC yagumye ku mwanya wa 3 n'amanota 34.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Rayon Sports yabonye intsinzi imbere ya Police FC

Feb 13, 2026 - 17:58
 0
Rayon Sports yabonye intsinzi imbere ya Police FC

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze ikipe ya Police FC igitego 1-0 mu mukino w'umunsi wa 20 wa Shampiyona y'u Rwanda. Abafana nyuma y'umukino bahaye Tambwe Gloire amafaranga kubera igitego yatsinze.


Ku isaha ya saa Cyenda z'amanwa zo kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Gashyantare 2026, nibwo umukino watangiye. Ni umukino utari woroshye kuko wabonaga ikipe zose zifite imbaraga nyinshi mu mikinire ariko zinatakana cyane.

Ku munota wa 10, ikipe ya Police FC yahushije uburyo bukomeye ku mupira mwiza Ani Elijah yahawe na Byiringiro Lague ateye ishoti umupira ukurwamo na Kwizera Olivier wari uri mu izamu rya Rayon Sports.

Igice cya mbere cyaje kurangira ikipe zombi zinganyije 0-0. Ni igice twabonye ikipe zombi zatakana mu buryo bukomeye cyane ariko zigahusha ibitego byinshi.

Ku munota wa 52, ikipe ya Rayon Sports yatsinze igitego cya mbere gitsinzwe na Tambwe Gloire. Ni umupira mwiza watewe na Tambwe Gloire nyuma y'amakosa akomeye yakozwe na Nsabimana Eric uzwi nka Zidane.

Ikipe ya Rayon Sports yaje gukora impinduka Umutoza Bruno Ferry yinjiza mu kibuga abarimo Ndayishimiye Richard na Uwumukiza Obed. Police FC nayo yaje kwinjiza mu kibuga barimo Richard Kirongozi, Kwitonda Alain Bacca na Tia Christian.

Umukino waje kurangira ikipe ya Rayon Sports itahanye intsinzi y'igitego 1-0. Ni intsinzi wavuga ko yari ikenewe cyane kuko ikipe ya Rayon Sports yagombaga gutsinda igahita izamuka mu manota no ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona.

Gutsinda kwa Rayon Sports byatumye igira amanota 32, ihita izamuka ijya ku mwanya wa 5, naho ikipe Police FC yagumye ku mwanya wa 3 n'amanota 34.