Amagaju FC yatsinzwe ibitego 8 yirukanye abatoza bose
Amagaju FC nyuma yo gutsindwa n'ikipe ya Al Hilal Omdurman ibitego 8-0, yahise isezerera abari abatoza bayo bose bayobowe na Niyongabo Amars.
Kuri uyu wa Mbere tariki 12 Mutarama 2026, nibwo ikipe ya Amagaju FC yasezereye abatoza bayo bose barimo Niyongabo Amars wari umutoza mukuru, Nduwimana Pablo wari umutoza wungirije, Hategekimana Abdallah wongerera abakinnyi imbaraga ndetse na Jumaine Hassan wari umutoza w'abazamu.
Amakuru dukesha Umuseke, avuga ko aba batoza barimo kuzira umusaruro nkene kandi mu biri mu masezerano yabo harimo kuzitwara neza ariko kandi bakaba baranaguze abakinnyi bari ku rwego rwo hasi.
Umuvugizi w'Amagaju FC, Nzabihimana Theogen, yemeje ko aba batoza bamaze gusezererwa ndetse ko impamvu ya byose ari umusaruro mucye bari bari kugaragaza bitandukanye nibyo bemeye mu masezerano.
Yagize ati " Umutoza mukuru n’abatoza bungirije twatandukanye. Impamvu nta yindi ni umusaruro nkene bijyanye n’umwanya twari turiho, tubona bitazahura n'ibyo twumvikanye mu masezerano.”
Uyu muyobozi yakomeje avuga ko mu masezerano bemeranyije ko bazafasha iyi kipe gusoza iri ku mwanya wa Gatanu ariko babonye bitazagerwaho bahitamo kumusezerera. Yagize ati " Nubwo shampiyona itararangira, turabibona ko uwo mwanya tutazawugeraho kuko muri iyi ‘phase aller’ hakabaye hari ikizatwereka ko tuzarangiriza ku mwanya wa gatanu.”
Amagaju FC nyuma yo gutsindwa na Al Hilal Omdurman irushwa cyane, yagumye ku mwanya wa 17 n'amanota 12. Umukino uzakurikira Amagaju FC azakina na APR FC tariki 14 Mutarama 2026.
Niyongabo Amars n'abo bafatanyaga gutoza Amagaju FC basezerewe.


Kinyarwanda
English
Swahili









