issa
Jude Bellingham agiye kumara hanze y’ikibuga amezi 4

Jude Bellingham agiye kumara hanze y’ikibuga amezi 4

Jul 10, 2025 - 10:14
 0

Umwongereza ukina mu kibuga hagati muri Real Madrid ndetse n’ikipe y’igihugu y’ubwongereza, Jude Bellingham agiye kubagwa.


Ni imvune Jude Bellingham amaranye igihe kitari gito ariko byafashe indi ntera mu mpera za 2023, ubwo ikipe ya Real Madrid yakinaga na Rayo Vallecano. Jude uyu mukino yawugiriyemo imvune y’urutugu bituma amara hanze y’ikibuga ibyumweru 2.

Jude Bellingham yaje kongera kugira ikibazo hagati muri Saison ishize ndetse ikipe ya Real Madrid iza gufata umwanzuro wo kumuvura agakomeza gukina ariko nyuma ya saison akazabagwa.

Tariki 22 Kamena 2025, ubwo Jude Bellingham yaganiraga na The Athletic FC, yavuze ko nyuma y’igikombe cy’isi cy’ama-club, yavuganye n’abaganga bakemeza ko ari bwo azabagwa.

Mu ijoro ryacyaye tariki 9 Nyakanga 2025, ikipe ya Real Madrid yakinnye umukino wa 1/2 w’igikombe cy’isi cy’ama-club, itsindwa isuzuguwe na PSG ibitego 4-0.

Nyuma y’uyu mukino nibwo hongeye kuzamuka amakuru avuga ko Jude Bellingham agiye kubagwa ndetse azamara hanze y’ikibuga hagati y’ibyumweru 3 na 4.

Real Madrid izatangira Saison ya 2025-2026, idafite Jude Bellingham mu kibuga hagati ndetse izongera kumubona nibura mu kwezi ku Ugushyingo 2025.

Bellingham mu mikino 99 iheruka yatsinze ibitego 38 atanga imipira 28 yavuyemo ibitego.

 Jude Bellingham gave brutal response to question about shock Nico Williams  deal | talkSPORTJude Bellingham agiye kubagwa

 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Jude Bellingham agiye kumara hanze y’ikibuga amezi 4

Jul 10, 2025 - 10:14
Jul 10, 2025 - 12:37
 0
Jude Bellingham agiye kumara hanze y’ikibuga amezi 4

Umwongereza ukina mu kibuga hagati muri Real Madrid ndetse n’ikipe y’igihugu y’ubwongereza, Jude Bellingham agiye kubagwa.


Ni imvune Jude Bellingham amaranye igihe kitari gito ariko byafashe indi ntera mu mpera za 2023, ubwo ikipe ya Real Madrid yakinaga na Rayo Vallecano. Jude uyu mukino yawugiriyemo imvune y’urutugu bituma amara hanze y’ikibuga ibyumweru 2.

Jude Bellingham yaje kongera kugira ikibazo hagati muri Saison ishize ndetse ikipe ya Real Madrid iza gufata umwanzuro wo kumuvura agakomeza gukina ariko nyuma ya saison akazabagwa.

Tariki 22 Kamena 2025, ubwo Jude Bellingham yaganiraga na The Athletic FC, yavuze ko nyuma y’igikombe cy’isi cy’ama-club, yavuganye n’abaganga bakemeza ko ari bwo azabagwa.

Mu ijoro ryacyaye tariki 9 Nyakanga 2025, ikipe ya Real Madrid yakinnye umukino wa 1/2 w’igikombe cy’isi cy’ama-club, itsindwa isuzuguwe na PSG ibitego 4-0.

Nyuma y’uyu mukino nibwo hongeye kuzamuka amakuru avuga ko Jude Bellingham agiye kubagwa ndetse azamara hanze y’ikibuga hagati y’ibyumweru 3 na 4.

Real Madrid izatangira Saison ya 2025-2026, idafite Jude Bellingham mu kibuga hagati ndetse izongera kumubona nibura mu kwezi ku Ugushyingo 2025.

Bellingham mu mikino 99 iheruka yatsinze ibitego 38 atanga imipira 28 yavuyemo ibitego.

 Jude Bellingham gave brutal response to question about shock Nico Williams  deal | talkSPORTJude Bellingham agiye kubagwa