issa
Rayon Sports igiye gusubira ku isoko ry’abakinnyi

Rayon Sports igiye gusubira ku isoko ry’abakinnyi

Aug 20, 2025 - 14:02
 0

Imwe mu makipe akunzwe cyane hano mu Rwanda, Rayon Sports, igiye gusubira ku isoko ry’abakinnyi mu gihe gito gisigaye.


Ku wa 15 Kanama 2025, nibwo Rayon Sports yerekanye abakinnyi izakoresha muri uyu mwaka w’imikino ugiye kuza wa 2025-2026. Ni ibirori byabaye byiza byitabirwa n’abakunzi benshi ariko mu kibuga abafana bataha bafite ipfunwe ry’ikipe yabo.

Ni umukino wahuje Rayon Sports na Young Africans, urangira Rayon Sports itsinzwe ibitego 3-1.

Uyu mukino uwavuga ko Rayon Sports yarushijwe cyane ntabwo yaba yibeshye. Ni umukino twabonye Young Africans ikina yonyine kuko Rayon Sports wabonaga idahari.

Amakuru yahise ajya hanze yavuze ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bushobora gusubira ku isoko nubwo ibibazo byahise biba uruhurirane. Kimwe mu cyagarutsweho cyane ni ukutumvikana hagati ya Twagirayezu Thadee ndetse na Paul Muvunyi nubwo abari hafi yabo babihakana.

Amakuru UKWELITIMES dukesha SK FM, avuga ko Rayon Sports igiye gusubira ku isoko rya rutahizamu nyuma yo gutenguhwa n’abaguzwe.

Umwe mu bigeze kuba mu buyobozi bwa Rayon Sports mu bihe bishize, Said Habiyakare, mu kiganiro yagiranye n’iyi Radio yavuze ko ku munsi w’ejo hashize tariki 19 Kanama 2025, yagiranye ibiganiro na Muvunyi na Thadee, bahava biyunze.

Saidi Habiyakare yanavuze ko muri iki kiganiro, Paul Muvunyi yemeye ko azagurira Rayon Sports abakinnyi 2 babiri bakomeye bashobora gufasha iyi kipe kugera mu matsinda.

Rayon Sports muri iyi mpeshyi yaguze abakinnyi batari bacye hano mu Rwanda ndetse no hanze ariko ubona ko ikiri ikipe isanzwe utakitegaho gukora ibidasanzwe mu mikino ya CAF Confederations Cup, aho yatomboye Singda Black Stars.

Abakinnyi Rayon Sports yaguze barimo Ntarindwa Aimable, Bing Bello, Musore Prince, Tambue Gloire, Rushema Chris, Emery Bayisenge, Drissa Kouyate, Pavel Nzilla, Mohamed Chely, Bigirimana Abedi na Abdoulaziz.

Paul Muvunyi na Twagirayezu Thadee bagiye kugura abandi bakinnyi

 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Rayon Sports igiye gusubira ku isoko ry’abakinnyi

Aug 20, 2025 - 14:02
Aug 20, 2025 - 14:07
 0
Rayon Sports igiye gusubira ku isoko ry’abakinnyi

Imwe mu makipe akunzwe cyane hano mu Rwanda, Rayon Sports, igiye gusubira ku isoko ry’abakinnyi mu gihe gito gisigaye.


Ku wa 15 Kanama 2025, nibwo Rayon Sports yerekanye abakinnyi izakoresha muri uyu mwaka w’imikino ugiye kuza wa 2025-2026. Ni ibirori byabaye byiza byitabirwa n’abakunzi benshi ariko mu kibuga abafana bataha bafite ipfunwe ry’ikipe yabo.

Ni umukino wahuje Rayon Sports na Young Africans, urangira Rayon Sports itsinzwe ibitego 3-1.

Uyu mukino uwavuga ko Rayon Sports yarushijwe cyane ntabwo yaba yibeshye. Ni umukino twabonye Young Africans ikina yonyine kuko Rayon Sports wabonaga idahari.

Amakuru yahise ajya hanze yavuze ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bushobora gusubira ku isoko nubwo ibibazo byahise biba uruhurirane. Kimwe mu cyagarutsweho cyane ni ukutumvikana hagati ya Twagirayezu Thadee ndetse na Paul Muvunyi nubwo abari hafi yabo babihakana.

Amakuru UKWELITIMES dukesha SK FM, avuga ko Rayon Sports igiye gusubira ku isoko rya rutahizamu nyuma yo gutenguhwa n’abaguzwe.

Umwe mu bigeze kuba mu buyobozi bwa Rayon Sports mu bihe bishize, Said Habiyakare, mu kiganiro yagiranye n’iyi Radio yavuze ko ku munsi w’ejo hashize tariki 19 Kanama 2025, yagiranye ibiganiro na Muvunyi na Thadee, bahava biyunze.

Saidi Habiyakare yanavuze ko muri iki kiganiro, Paul Muvunyi yemeye ko azagurira Rayon Sports abakinnyi 2 babiri bakomeye bashobora gufasha iyi kipe kugera mu matsinda.

Rayon Sports muri iyi mpeshyi yaguze abakinnyi batari bacye hano mu Rwanda ndetse no hanze ariko ubona ko ikiri ikipe isanzwe utakitegaho gukora ibidasanzwe mu mikino ya CAF Confederations Cup, aho yatomboye Singda Black Stars.

Abakinnyi Rayon Sports yaguze barimo Ntarindwa Aimable, Bing Bello, Musore Prince, Tambue Gloire, Rushema Chris, Emery Bayisenge, Drissa Kouyate, Pavel Nzilla, Mohamed Chely, Bigirimana Abedi na Abdoulaziz.

Paul Muvunyi na Twagirayezu Thadee bagiye kugura abandi bakinnyi