issa
Polisi yataye muri yombi abanyamahanga baherutse gukubita abamotari

Polisi yataye muri yombi abanyamahanga baherutse gukubita abamotari

Oct 21, 2025 - 07:40
 0

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga muri Kaminuza ya UNILAK, bakurikiranyweho gukubita no gukomeretsa abamotari babiri mu Murenge wa Gatenga, Akarere ka Kicukiro.


Nk’uko byatangajwe na Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri, ibyaha bikekwa kuri aba banyeshuri byabaye mu masaha ya nijoro ubwo habaga amakimbirane hagati yabo n’abamotari, bikaza kurangira babakubise ndetse bakabakomeretsa.

Aba banyeshuri bafashwe bahise bafungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Kicukiro, aho bari kubazwa mu gihe inzego zibishinzwe zikomeje iperereza kugira ngo hakorwe icyo amategeko ateganya.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ibikorwa nk’ibi bidakwiriye na gato mu gihugu, isaba abaturage kujya batangira amakuru ku gihe kugira ngo ibyaha nk’ibi bihagarikwe bitaragira abo bihungabanya.

Mu butumwa bwayo, Polisi yagize iti “Tuributsa abaturage kujya batangira amakuru ku gihe kandi ibikorwa nk’ibi ntabwo bizihanganirwa".

Polisi iratangaza ko ikomeje iperereza ku cyateye ayo makimbirane.

Polisi yataye muri yombi abanyamahanga baherutse gukubita abamotari

Oct 21, 2025 - 07:40
Oct 21, 2025 - 07:47
 0
Polisi yataye muri yombi abanyamahanga baherutse gukubita abamotari

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga muri Kaminuza ya UNILAK, bakurikiranyweho gukubita no gukomeretsa abamotari babiri mu Murenge wa Gatenga, Akarere ka Kicukiro.


Nk’uko byatangajwe na Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri, ibyaha bikekwa kuri aba banyeshuri byabaye mu masaha ya nijoro ubwo habaga amakimbirane hagati yabo n’abamotari, bikaza kurangira babakubise ndetse bakabakomeretsa.

Aba banyeshuri bafashwe bahise bafungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Kicukiro, aho bari kubazwa mu gihe inzego zibishinzwe zikomeje iperereza kugira ngo hakorwe icyo amategeko ateganya.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ibikorwa nk’ibi bidakwiriye na gato mu gihugu, isaba abaturage kujya batangira amakuru ku gihe kugira ngo ibyaha nk’ibi bihagarikwe bitaragira abo bihungabanya.

Mu butumwa bwayo, Polisi yagize iti “Tuributsa abaturage kujya batangira amakuru ku gihe kandi ibikorwa nk’ibi ntabwo bizihanganirwa".

Polisi iratangaza ko ikomeje iperereza ku cyateye ayo makimbirane.