Iran yahakanye ibyo kugirana imishyikirano n'Amerika
Leta ya Kisilamu ya Iran ibinyujije muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga, yamaganiye kure ibyo perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje avuga ko hari ibiganiro byabaye hagati y'Amerika na Iran.
Kuri uyu wa mbere tariki 23 Werurwe 2026, Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Leta Kisilamu ya Iran yasohoye itangazo ryavuguruzaga ibyatangajwe na perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, wavugaga ko hari ibiganiro hagati ya Amerika na Iran nkuko byatangajwe na BBC dukesha iyi nkuru.
Iryo tangazo rya Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Leta ya Kisilamu ya Iran ryagiraga riti "Turahakana ibyo Perezida wa Amerika Donald trump, yavuze ku bijyanye nuko hari ibiganiro birimo kuba hagati ya Leta Zunze Ubumwe z'Amerika na Repubulika ya Kisilamu ya Iran."
Iryo tangazo rikomeza rigira riti "Repubulika ya Kisilamu ya Iran, ikomeje kugendera ku gitekerezo cyayo cyo kwanga ibiganiro ibyari byo byose, mbere y'uko intego za Iran muri iyi ntambara zigerwaho."
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika Donald Trump yari yatangaje ko hari ibiganiro kandi binatanga icyizere ku gushaka igisubizo kirambye ku mpagarara zituruka ku bushyamirane bukurura amakimbirane n'intambara mu busirazuba bwo hagati. Perezida Donald trump yanagaraje ko agiye gutanga agahenge, ibitero byibasira Repubulika ya Kisilamu ya Iran bigahagarara mu gihe cy'iminsi itanu.
Nyuma y'uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, Donald Trump, atangarije ku mbuga nkoranyambaga ko hari ibiganiro barimo na Iran, benshi mu bakurikiranira hafi ibibera mu Burasirazuba bwo hagati bari batangiye kugira icyizere ko intambara igiye kurangira muri ako gace, ariko byatunguye benshi nyuma y'uko Repubulika ya Kisilamu ya Iran yahise ibyamaganira kure.
Repubulika ya Kisilamu ya Iran, yatangaje ko nubwo Leta Zunze Ubumwe z'Amerika zatangaje ko hari ibiganiro zagiranye na Iran kandi ntabyabayeho inavuga ko ari ibihuha ariko ikavuga ko hari ubutumwa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika zanyujije ku bihugu by'inshuti zabo basaba Iran kugirana imishyikirano ariko Iran ikaba itabikozwa.


Kinyarwanda
English
Swahili









