issa
Police FC yaguye miswi na Al Hilal Omdurman yo muri Sudani

Police FC yaguye miswi na Al Hilal Omdurman yo muri Sudani

Nov 26, 2025 - 19:58
 0

Police FC na Al Hilal Omdurman zinganyije 0-0 mu mukino w'umunsi wa cyenda wa shampiyona y'u Rwanda.


Ku isaha ya saa Kumi n'ebyiri z'umugoroba zo kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Ugushyingo 2025, nibwo Al Hilal Omdurman yakinnye umukino wa Mbere wa Shampiyona y'u Rwanda n'ikipe ya Police FC.

Ni umukino watangiye uhengamiye ku ruhande rwa Al Hilal Omdurman yari irimo kurusha cyane Police FC wabonaga yaje ishaka kurinda gusa kugira ngo itaza kwinjizwa ibitego cyane ko byagaragaye ko Al Hilal Omdurman ari ikipe ikomeye.

Ku munota wa 20 gusa nibwo umuzamu wa Al Hilal Omdurman witwa Soufiane Farid, yafashe umupira wa mbere. Ni umupira yafashe nyuma y'amahirwe atandukanye Al Hilal SC yari imaze guhusha.

Ku munota wa 29, ikipe ya Al Hilal Omdurman yahushije uburyo bukomeye. Ni umupira mwiza wazamukanwe na Girumugisha Jean Claude agasiga cyane ISSA Yakubu ariko ateye ishoti umupira ukubita ipoto uvamo.

Al Hilal ku munota wa 31, yongeye guhusha uburyo bukomeye. Ni umupira mwiza wazamukanwe na Steven Ebuela ateye Santire nziza cyane ariko ugiye guterwa na Kindness Cole, Richard Kirongozi ahita awushyira hanze.

Ku munota wa 38, Police FC yahushije amahirwe akomeye. Aya mahirwe yabonetse nyuma y'umupira mwiza wahawe Ani Elijah aracenga cyane ariko umupira Ousmane Diouf ahita awushyira muri Koroneri itewe ntiyagira ikivamo.

Igice cya mbere hagati ya Al Hilal Omdurman na Police FC cyarangiye ikipe zombi zinganyije 0-0. Ni igice twabonye Police FC itangira gutinyuka mu minota 10 ya nyuma ariko biza nyuma y'ibitego byagiye bihushwa na Al Hilal Omdurman.

Igice cya Kabiri cyatangiranye imbaraga ku mpande zombi, aho wabonaga Police FC igarukanye imbaraga nyinshi cyane ndetse na Al Hilal Omdurman igaruka n'ubundi ishaka igitego cya mbere.

Ku munota wa 54, Al Hilal Omdurman yahushije uburyo bukomeye. Ni umupira mwiza wazamukanwe na Sunday Damilare ahereza Kandness Cole ateye ishoti umupira uca hanze gato y'izamu.

Nyuma y'iminota itatu gusa Police FC nayo yaje guhusha uburyo bukomeye. Ni uburyo bwaturutse ku mupira wafashwe na Richard Kirongozi ateye ishoti rikomeye umupira uca hanze gato y'izamu rya Soufiane Farid ufatira Al Hilal SC.

Ku munota usaga uwa 69, ikipe ya Al Hilal Omdurman yahushije uburyo bukomeye bwabazwe. Ni umupira mwiza wazamukanwe na Akile Temple akata Santire nziza Isaa Yakubu ahita ashyira muri Koroneri itewe ntiyagira ikivamo.

Ku munota wa 73, Al Hilal yongeye guhusha ubundi buryo bukomeye cyane. Ni uburyo bwabonetse binyuza ku ruhande rw'iburyo Adam Coulibali ateye ishoti umupira wongera gukurwamo neza na Issa Yakubu.

Ku munota wa 75, Police FC nayo yabonye uburyo bukomeye bwagombaga kuvamo igitego. Ni umupira mwiza wazamukanwe na Richard Kirongozi ahereza Mugisha Didier akorerwa ikosa ryavuyemo Kufura yatewe ica ku ruhande gato rw'izamu.

Umukino wahuzaga ikipe ya Al Hilal Omdurman na Police FC warangiye ikipe zombi zinganyije ubusa ku busa. Ni umukino wari uryoshye cyane ariko urangwa no guhusha uburyo bukomeye ku makipe yombi.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Police FC yaguye miswi na Al Hilal Omdurman yo muri Sudani

Nov 26, 2025 - 19:58
Nov 27, 2025 - 08:08
 0
Police FC yaguye miswi na Al Hilal Omdurman yo muri Sudani

Police FC na Al Hilal Omdurman zinganyije 0-0 mu mukino w'umunsi wa cyenda wa shampiyona y'u Rwanda.


Ku isaha ya saa Kumi n'ebyiri z'umugoroba zo kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Ugushyingo 2025, nibwo Al Hilal Omdurman yakinnye umukino wa Mbere wa Shampiyona y'u Rwanda n'ikipe ya Police FC.

Ni umukino watangiye uhengamiye ku ruhande rwa Al Hilal Omdurman yari irimo kurusha cyane Police FC wabonaga yaje ishaka kurinda gusa kugira ngo itaza kwinjizwa ibitego cyane ko byagaragaye ko Al Hilal Omdurman ari ikipe ikomeye.

Ku munota wa 20 gusa nibwo umuzamu wa Al Hilal Omdurman witwa Soufiane Farid, yafashe umupira wa mbere. Ni umupira yafashe nyuma y'amahirwe atandukanye Al Hilal SC yari imaze guhusha.

Ku munota wa 29, ikipe ya Al Hilal Omdurman yahushije uburyo bukomeye. Ni umupira mwiza wazamukanwe na Girumugisha Jean Claude agasiga cyane ISSA Yakubu ariko ateye ishoti umupira ukubita ipoto uvamo.

Al Hilal ku munota wa 31, yongeye guhusha uburyo bukomeye. Ni umupira mwiza wazamukanwe na Steven Ebuela ateye Santire nziza cyane ariko ugiye guterwa na Kindness Cole, Richard Kirongozi ahita awushyira hanze.

Ku munota wa 38, Police FC yahushije amahirwe akomeye. Aya mahirwe yabonetse nyuma y'umupira mwiza wahawe Ani Elijah aracenga cyane ariko umupira Ousmane Diouf ahita awushyira muri Koroneri itewe ntiyagira ikivamo.

Igice cya mbere hagati ya Al Hilal Omdurman na Police FC cyarangiye ikipe zombi zinganyije 0-0. Ni igice twabonye Police FC itangira gutinyuka mu minota 10 ya nyuma ariko biza nyuma y'ibitego byagiye bihushwa na Al Hilal Omdurman.

Igice cya Kabiri cyatangiranye imbaraga ku mpande zombi, aho wabonaga Police FC igarukanye imbaraga nyinshi cyane ndetse na Al Hilal Omdurman igaruka n'ubundi ishaka igitego cya mbere.

Ku munota wa 54, Al Hilal Omdurman yahushije uburyo bukomeye. Ni umupira mwiza wazamukanwe na Sunday Damilare ahereza Kandness Cole ateye ishoti umupira uca hanze gato y'izamu.

Nyuma y'iminota itatu gusa Police FC nayo yaje guhusha uburyo bukomeye. Ni uburyo bwaturutse ku mupira wafashwe na Richard Kirongozi ateye ishoti rikomeye umupira uca hanze gato y'izamu rya Soufiane Farid ufatira Al Hilal SC.

Ku munota usaga uwa 69, ikipe ya Al Hilal Omdurman yahushije uburyo bukomeye bwabazwe. Ni umupira mwiza wazamukanwe na Akile Temple akata Santire nziza Isaa Yakubu ahita ashyira muri Koroneri itewe ntiyagira ikivamo.

Ku munota wa 73, Al Hilal yongeye guhusha ubundi buryo bukomeye cyane. Ni uburyo bwabonetse binyuza ku ruhande rw'iburyo Adam Coulibali ateye ishoti umupira wongera gukurwamo neza na Issa Yakubu.

Ku munota wa 75, Police FC nayo yabonye uburyo bukomeye bwagombaga kuvamo igitego. Ni umupira mwiza wazamukanwe na Richard Kirongozi ahereza Mugisha Didier akorerwa ikosa ryavuyemo Kufura yatewe ica ku ruhande gato rw'izamu.

Umukino wahuzaga ikipe ya Al Hilal Omdurman na Police FC warangiye ikipe zombi zinganyije ubusa ku busa. Ni umukino wari uryoshye cyane ariko urangwa no guhusha uburyo bukomeye ku makipe yombi.