Perezida Kagame yageneye ubutumwa Abayisilamu bubifuriza umunsi mukuru mwiza
Perezida Paul Kagame yifurije Abayisilamu umunsi mwiza w'ibyishimo ubwo bizihizaga irayidi.
Ni ubutumwa umukuru w'Igihugu yatanze ku munsi w'ejo taliki 30 Werurwe 2025 ubwo Abayisilamu bo mu Rwanda n’abandi ku Isi hose basozaga ukwezi gutagatifu kw'igisibo cya Ramadan.
Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Kagame yabasabye gukomeza kurangwa n’indangagaciro z’impuhwe n’ubumwe.
Perezida Paul Kagame yagize ati “ Ati "Ibi birori by’ibyishimo bizanire mwebwe n’abo mukunda, amahoro, ibyishimo n’uburumbuke. Reka dukomeza kwimakaza indangagaciro z’impuhwe, ubumwe n’ubugwaneza, nk’igisobanuro cy’uyu munsi mukuru."
Ku munsi w'ejo ubwo hizihizwaga irayidi (Eid al-Fitr, urujya n'uruza rw'abayisiramu bahuriye mu isengesho risoza igisibo cy'ukwezi kwa Ramadan banagenerwa ubutumwa bugiye butandukanye.


Kinyarwanda
English
Swahili









