issa
Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano y’amahoro

Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano y’amahoro

Dec 4, 2025 - 21:09
 0

I Washington, Perezida Donald Trump yahuye na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu muhango wo gushyira umukono ku masezerano ya Washington Accords, agomba kurangiza amakimbirane amaze imyaka irenga mirongo itatu mu burasirazuba bwa RD Congo.


Uyu muhango wabereye mu nyubako nshya yitiriwe Donald J. Trump Institute of Peace, aho Trump yavugaga ko ari “umunsi ukomeye ku Rwanda, RDC n’isi yose,” yashimye ubutwari bw’abayobozi bombi bemeye guhura nyuma y’imyaka myinshi y’amakimbirane.

Amasezerano asinywe arimo: guhagarika imirwano burundu, kwambura intwaro imitwe yitwaje intwaro, gucyura impunzi, hamwe n’ubutabera ku byaha byibasiye inyokomuntu. Yongeraho no guteza imbere ubufatanye mu bukungu hagati y’ibihugu byombi, cyane cyane ku mutungo kamere urimo n’amabuye y’agaciro abarirwa mu burasirazuba bwa RD Congo.

Abakuru b’ibihugu bya Angola, u Burundi na Kenya, hamwe n’abandi bayobozi bo muri Afurika n’Abarabu, bari bitabiriye uwo muhango. Trump yashimiye abadiplomate n’abanyapolitiki ba Amerika bagize uruhare mu biganiro byagejeje ku masezerano, avuga ko ari “amahoro mashya atangiriye muri Afurika.”

Kagame na Tshisekedi bashimiwe kuba bemeye kwinjira mu rugendo rushya rwo kubaka amahoro n’ubufatanye, Trump abita “intwari z’ibihugu byabo.” Abasesenguzi babona aya masezerano nk’umwanya mushya ushobora guhindura amateka ariko nanone hakaba hari impungenge ko ashobora kutazashyirwa mu bikorwa kuko atari yo ya mbere u Rwanda rusinyanye na RD Congo.

 

Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano y’amahoro

Dec 4, 2025 - 21:09
Dec 5, 2025 - 10:50
 0
Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano y’amahoro

I Washington, Perezida Donald Trump yahuye na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu muhango wo gushyira umukono ku masezerano ya Washington Accords, agomba kurangiza amakimbirane amaze imyaka irenga mirongo itatu mu burasirazuba bwa RD Congo.


Uyu muhango wabereye mu nyubako nshya yitiriwe Donald J. Trump Institute of Peace, aho Trump yavugaga ko ari “umunsi ukomeye ku Rwanda, RDC n’isi yose,” yashimye ubutwari bw’abayobozi bombi bemeye guhura nyuma y’imyaka myinshi y’amakimbirane.

Amasezerano asinywe arimo: guhagarika imirwano burundu, kwambura intwaro imitwe yitwaje intwaro, gucyura impunzi, hamwe n’ubutabera ku byaha byibasiye inyokomuntu. Yongeraho no guteza imbere ubufatanye mu bukungu hagati y’ibihugu byombi, cyane cyane ku mutungo kamere urimo n’amabuye y’agaciro abarirwa mu burasirazuba bwa RD Congo.

Abakuru b’ibihugu bya Angola, u Burundi na Kenya, hamwe n’abandi bayobozi bo muri Afurika n’Abarabu, bari bitabiriye uwo muhango. Trump yashimiye abadiplomate n’abanyapolitiki ba Amerika bagize uruhare mu biganiro byagejeje ku masezerano, avuga ko ari “amahoro mashya atangiriye muri Afurika.”

Kagame na Tshisekedi bashimiwe kuba bemeye kwinjira mu rugendo rushya rwo kubaka amahoro n’ubufatanye, Trump abita “intwari z’ibihugu byabo.” Abasesenguzi babona aya masezerano nk’umwanya mushya ushobora guhindura amateka ariko nanone hakaba hari impungenge ko ashobora kutazashyirwa mu bikorwa kuko atari yo ya mbere u Rwanda rusinyanye na RD Congo.