Perezida Emmanuel Macron yatangaje ko yagiranye ibiganiro na Tshisekedi
Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron mu ijoro ryacyeye yatangaje ko yavuganye na mugenzi we Tshisekedi wa DR Congo, bakumvikana ku ngingo zirimo; Gusaba ko haba agahenge ako kanya kandi kakubahirizwa n’impande zose
Ko M23 igomba guhita iva i Bukavu ako kanya
Ko habaho kwizezwa umutekano abategetsi ba gisivile na gisirikare bakagaruka i Bukavu
Ko M23 irekura ikibuga cy’indege cya Kavumu indege za gisivile zikongera kugenda
Macron yavuze ko asaba u Rwanda gufasha ngo izi ngingo zubahirizwe.
Uruhande rwa M23 cyangwa u Rwanda ntacyo baravuga ku byatangajwe na Perezida Macron.
Ubufaransa, kimwe n’ibindi bihugu nk’Ubwongereza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, na ONU bemeza ko ingabo z’u Rwanda zifasha umutwe wa M23.


Kinyarwanda
English
Swahili









