Papa Sava yashimiwe
Abakinnyi bakina muri Papa Sava bahaye igikombe Niyitegeka Gratien bamushimira ko yabahaye akazi.
Abakinnyi bakina muri Papa Sava bahaye ishimwe Niyitegeka Gratien alias Papa Sava. Ni igikorwa cyabereye Rwandex mu karere ka Kicukiro ahitwa Mundi Center.
Mu ijoro ryo ku wa 30 Mutarama 2026 nibwo Papa Sava yizihije imyaka 30. Usibye kuba yijihije iyo myaka kandi yanamuritse filime irangira yise 'What a Day'.
Marigarita wo muri Papa Sava niwe wavuze mu mwanya w'abandi noneho asobanura ko Papa Sava yabaciriye inzira ndetse batunzwe na sinema babikesha urubuga yabahaye.


Kinyarwanda
English
Swahili









