Niger yishe umuyobozi wa Boko Haram
Igisirikare cya Niger cyemeje ko cyishe Ibrahim Mahamadu, uzwi cyane ku izina rya Boukura, wari umuyobozi mukuru w’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram.
Ibi byabereye ku kirwa cya Shilawa, mu gace ka Diffa, ku wa 15 Kanama 2025, nk’uko byatangajwe mu itangazo ryasohowe n’igisirikare cya Niger.
Ni itangazo rigira riti "Mu gitondo cyo ku wa 15 Kanama, indege y’intambara yateye ibisasu bitatu ku gace Boukura yari yarigaruriye muri Shilawa, ahita yicwa."
Boukura yari amaze imyaka irenga 13 ayoboye uyu mutwe, akurikiye Abubakar Shekau wishwe mbere ye.
Boko Haram yatangiye ibikorwa byayo mu 2009 muri Nigeria, ariko nyuma ikomeza kugaba ibitero mu bihugu bituranye birimo Niger, Tchad na Cameroun.
Imibare y’Umuryango w’Abibumbye (ONU) igaragaza ko ibikorwa by’uyu mutwe bimaze guhitana abarenga ibihumbi 40, mu gihe abarenga miliyoni 2 bamaze kwimurwa ku ngufu mu bice bitandukanye.


Kinyarwanda
English
Swahili









