issa
Nelly Mukazayire yizeye ko igikombe cy'Afurika cya Handball kizagenda neza nk'ibisanzwe

Nelly Mukazayire yizeye ko igikombe cy'Afurika cya Handball kizagenda neza nk'ibisanzwe

Jan 22, 2026 - 08:03
 0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire, wafunguye igikombe cy'Afurika cya Handball, yatangaje ko ubuyobozi bw'u Rwanda bishimiye kwakira iki gikombe ndetse bizeye ko kizanagenda neza.


Mu ijoro ryacyeye tariki 21 Mutarama 2026, nibwo hano mu Rwanda hatangiye igikombe cy'Afurika cya Handball kibaye ku nshuro ya 27 ariko kikaba kigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya mbere mu mateka kuva cyatangira gukinwa.

Ni ibirori byari biteguye neza bikorerwa muri BK Arena nk'inyubako iri mu nziza ziri kuri uyu mugabane w'Afurika. Abakunzi b'iri rushanwa bari benshi muri iyi nzu cyane ko kwinjira byagizwe Ubuntu. Abayobozi mu nzego zitandukanye bari bitabiriye iki gikorwa ariko Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire niwe wari umushyitsi mukuru ugomba kugifungura.

Nelly Mukazayire mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye ibi birori, yatangiye abifuriza umwaka mushya muhire wa 2026, ariko atangaza ko nk'ubuyobozi bw'u Rwanda bishimiye kwakira iri rushanwa rikomeye ku rwego rw'Afurika ndetse bizeye ko rizagenda neza.

Yagize ati " Ikaze mu Rwanda, Ikaze i Kigali. Reka nangire mbifuriza umwaka mushya muhire. Uyu mwaka uzaba umwaka mwiza. Ku ruhande rw'ubuyobozi bw'u Rwanda, tubahaye ikaze mu gikombe cy'Afurika cya Handball kigiye kuba ku nshuro ya 27. Dutewe ishema no kwakira i Kigali bwa mbere iri rushanwa rikomeye ku rwego rw'Afurika Kandi twizeye ko bizagenda neza."

Nyuma yo gutangiza iri rushanwa hari hategerejwe umukino ugomba guhuza ikipe y'igihugu y'u Rwanda ndetse na Zambia. Wari umukino utoroshye ariko waje kurangira ikipe y'igihugu y'u Rwanda yitwaye neza itsinda Zambia ibitego 30 kuri 19.

Ikipe y'igihugu y'u Rwanda yabonye iyi ntsinzi nyuma y'ikipe y'igihugu ya Algeria yari yatsinzwe n'ikipe y'igihugu ya Nigeria biri kumwe mu itsinda A ibitego 25-23. Ikipe y'igihugu y'u Rwanda ubu niyo iyoboye iri tsinda kuko yatsinze ibitego byinshi ikurikiwe na Nigeria, Algeria naho Zambia ikaba iya nyuma.

Indi mikino yakinwe.

Marocco 52-28 Benin

Guinea 36-27 Kenya

Angola 37- 21 Uganda

Misiri 36-25 Gabon

Tunisia 41-22 Cameroon 

Cape Verde 34-28 Congo

Nelly Mukazayire yatanze icyizere ko iki gikombe cy'Afurika cya Handball kizagenda neza

Ikipe y'igihugu y'u Rwanda yitwaye neza imbere ya Zambia 

Byasabye gukoresha imbaraga n'ubwitange kugira ngo u Rwanda rutahane iyi ntsinzi 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Nelly Mukazayire yizeye ko igikombe cy'Afurika cya Handball kizagenda neza nk'ibisanzwe

Jan 22, 2026 - 08:03
 0
Nelly Mukazayire yizeye ko igikombe cy'Afurika cya Handball kizagenda neza nk'ibisanzwe

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire, wafunguye igikombe cy'Afurika cya Handball, yatangaje ko ubuyobozi bw'u Rwanda bishimiye kwakira iki gikombe ndetse bizeye ko kizanagenda neza.


Mu ijoro ryacyeye tariki 21 Mutarama 2026, nibwo hano mu Rwanda hatangiye igikombe cy'Afurika cya Handball kibaye ku nshuro ya 27 ariko kikaba kigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya mbere mu mateka kuva cyatangira gukinwa.

Ni ibirori byari biteguye neza bikorerwa muri BK Arena nk'inyubako iri mu nziza ziri kuri uyu mugabane w'Afurika. Abakunzi b'iri rushanwa bari benshi muri iyi nzu cyane ko kwinjira byagizwe Ubuntu. Abayobozi mu nzego zitandukanye bari bitabiriye iki gikorwa ariko Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire niwe wari umushyitsi mukuru ugomba kugifungura.

Nelly Mukazayire mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye ibi birori, yatangiye abifuriza umwaka mushya muhire wa 2026, ariko atangaza ko nk'ubuyobozi bw'u Rwanda bishimiye kwakira iri rushanwa rikomeye ku rwego rw'Afurika ndetse bizeye ko rizagenda neza.

Yagize ati " Ikaze mu Rwanda, Ikaze i Kigali. Reka nangire mbifuriza umwaka mushya muhire. Uyu mwaka uzaba umwaka mwiza. Ku ruhande rw'ubuyobozi bw'u Rwanda, tubahaye ikaze mu gikombe cy'Afurika cya Handball kigiye kuba ku nshuro ya 27. Dutewe ishema no kwakira i Kigali bwa mbere iri rushanwa rikomeye ku rwego rw'Afurika Kandi twizeye ko bizagenda neza."

Nyuma yo gutangiza iri rushanwa hari hategerejwe umukino ugomba guhuza ikipe y'igihugu y'u Rwanda ndetse na Zambia. Wari umukino utoroshye ariko waje kurangira ikipe y'igihugu y'u Rwanda yitwaye neza itsinda Zambia ibitego 30 kuri 19.

Ikipe y'igihugu y'u Rwanda yabonye iyi ntsinzi nyuma y'ikipe y'igihugu ya Algeria yari yatsinzwe n'ikipe y'igihugu ya Nigeria biri kumwe mu itsinda A ibitego 25-23. Ikipe y'igihugu y'u Rwanda ubu niyo iyoboye iri tsinda kuko yatsinze ibitego byinshi ikurikiwe na Nigeria, Algeria naho Zambia ikaba iya nyuma.

Indi mikino yakinwe.

Marocco 52-28 Benin

Guinea 36-27 Kenya

Angola 37- 21 Uganda

Misiri 36-25 Gabon

Tunisia 41-22 Cameroon 

Cape Verde 34-28 Congo

Nelly Mukazayire yatanze icyizere ko iki gikombe cy'Afurika cya Handball kizagenda neza

Ikipe y'igihugu y'u Rwanda yitwaye neza imbere ya Zambia 

Byasabye gukoresha imbaraga n'ubwitange kugira ngo u Rwanda rutahane iyi ntsinzi