issa
Musanze: Umugabo yarumwe igitsina n’umugore we

Musanze: Umugabo yarumwe igitsina n’umugore we

Nov 5, 2025 - 11:00
 0

Umugabo wo mu mu Murenge wa Muhoza,Akarere ka Musanze, , ararira ayo kwarika nyuma yo kurumwa igitsina n’umugore we.


 

Amakuru agera kuri UkweliTimes, avuga ko ngo ibi ngo byatewe n’amakimbirane, aho umugore ashinja umugabo we kumuzirika mu gihe cyo kubaka urugo.

 

Uyu muryango uvugwamo aya makimbirane adashira usanzwe utuye mu Mudugudu wa Kabaya, mu Murenge wa Muhoza. 

Uwo mugabo warumwe igitsina yabwiye itangazamakuru ko yagwiriwe n’akaga ubwo yabwiraga umugore we ngo ahindukire mu buriri, ngo arebe uko yatera akabariro. 

 

Avuga ko ibyo yari yiteze atari byo yabonye, kubera ko ngo umugore yahindukiye ahita amuruma ku itama, akomereza no ku gitsina kirangirika. 

Yagize ati: “Yahise abirinduka, ahita amfata n’amaboko yombi, ahita anduma hano bwa mbere. Nshatse kuzamura umugeri, numva yamanutse hasi, imbaraga zihita zicika.” 

Uyu mugore warumye igitsina cy’umugabo we avuga ko yabitewe n’uburakari yatewe n’imyitwarire y’umugabo yita idahwitse mu kurangura amabanga y’abashakanye. 

Uyu mugore avuga ko yamubwiye ko arambiwe kujya ashaka ko  bakorana imibonano mpuzabitsia yasinze.

 

Yagize ati: “Nanjye mpita mufata, museseramo. Yaje ku neza koko, arambwira ngo ‘Nimuhe neza, njya gufata igitsina cye?’”

 

Uyu mugabo we yakomeje avuga ko akimara kubona akomerekejwe, uyu mugabo yihutiye kujya kwa muganga, baramufasha ku buryo ubu igitsina cye gipfutse.

 

Yagize ati: “Nirukanse ngeze ku muhanda, mbona munywanyi wanjye ahita anjyana kuri moto baramvura.”

 

Umuyobozi w’Akagari ka Ruhengeri, Mukamusoni Jasmine, nyuma yo kugera mu rugo rw’aba bombi, yavuze ko bari gushaka umuti urambye w’amakimbirane uyu muryango umaranye igihe. 

Yabwiye itangazamakuru ko ayo makimbirane ashingiye mu buriri, aho umugabo avuga ko umugore amwima, umugore nawe agashinja umugabo kumufata nk’itungo, aho amushikanuza nawe akabyanga.

Ati: “Barashyamiranye; umugabo ngo akeneye umugore, umugore aramwangira, bararwana, umugore aruma ubugabo bw’umugabo we." 

Mukamusoni avuga ko umugore yifuza gutandukana n’umugabo we bitewe n’igihe bamaze mu makimbirane, umugabo nawe avuga ko azarusohokamo nta n’urupfumuye.

Uyu mugabo n’uyu mugore babana mu buryo bwemewe n’amategeko, bakaba bafitanye abana batatu, aho umukuru muri bo afite imyaka 13 y’amavuko.

Musanze: Umugabo yarumwe igitsina n’umugore we

Nov 5, 2025 - 11:00
Nov 5, 2025 - 13:26
 0
Musanze: Umugabo yarumwe igitsina n’umugore we

Umugabo wo mu mu Murenge wa Muhoza,Akarere ka Musanze, , ararira ayo kwarika nyuma yo kurumwa igitsina n’umugore we.


 

Amakuru agera kuri UkweliTimes, avuga ko ngo ibi ngo byatewe n’amakimbirane, aho umugore ashinja umugabo we kumuzirika mu gihe cyo kubaka urugo.

 

Uyu muryango uvugwamo aya makimbirane adashira usanzwe utuye mu Mudugudu wa Kabaya, mu Murenge wa Muhoza. 

Uwo mugabo warumwe igitsina yabwiye itangazamakuru ko yagwiriwe n’akaga ubwo yabwiraga umugore we ngo ahindukire mu buriri, ngo arebe uko yatera akabariro. 

 

Avuga ko ibyo yari yiteze atari byo yabonye, kubera ko ngo umugore yahindukiye ahita amuruma ku itama, akomereza no ku gitsina kirangirika. 

Yagize ati: “Yahise abirinduka, ahita amfata n’amaboko yombi, ahita anduma hano bwa mbere. Nshatse kuzamura umugeri, numva yamanutse hasi, imbaraga zihita zicika.” 

Uyu mugore warumye igitsina cy’umugabo we avuga ko yabitewe n’uburakari yatewe n’imyitwarire y’umugabo yita idahwitse mu kurangura amabanga y’abashakanye. 

Uyu mugore avuga ko yamubwiye ko arambiwe kujya ashaka ko  bakorana imibonano mpuzabitsia yasinze.

 

Yagize ati: “Nanjye mpita mufata, museseramo. Yaje ku neza koko, arambwira ngo ‘Nimuhe neza, njya gufata igitsina cye?’”

 

Uyu mugabo we yakomeje avuga ko akimara kubona akomerekejwe, uyu mugabo yihutiye kujya kwa muganga, baramufasha ku buryo ubu igitsina cye gipfutse.

 

Yagize ati: “Nirukanse ngeze ku muhanda, mbona munywanyi wanjye ahita anjyana kuri moto baramvura.”

 

Umuyobozi w’Akagari ka Ruhengeri, Mukamusoni Jasmine, nyuma yo kugera mu rugo rw’aba bombi, yavuze ko bari gushaka umuti urambye w’amakimbirane uyu muryango umaranye igihe. 

Yabwiye itangazamakuru ko ayo makimbirane ashingiye mu buriri, aho umugabo avuga ko umugore amwima, umugore nawe agashinja umugabo kumufata nk’itungo, aho amushikanuza nawe akabyanga.

Ati: “Barashyamiranye; umugabo ngo akeneye umugore, umugore aramwangira, bararwana, umugore aruma ubugabo bw’umugabo we." 

Mukamusoni avuga ko umugore yifuza gutandukana n’umugabo we bitewe n’igihe bamaze mu makimbirane, umugabo nawe avuga ko azarusohokamo nta n’urupfumuye.

Uyu mugabo n’uyu mugore babana mu buryo bwemewe n’amategeko, bakaba bafitanye abana batatu, aho umukuru muri bo afite imyaka 13 y’amavuko.