issa
Burera: Polisi yamufatanye ibilo 20 by’urumogi amaze kurwambutsa umupaka

Burera: Polisi yamufatanye ibilo 20 by’urumogi amaze kurwambutsa umupaka

Nov 5, 2025 - 10:38
 0

Mu rukerere rwo ku wa 4 Ukwakira 2025, ahagana saa 03h00, Polisi ikorera mu Karere ka Burera, yafashe umugabo wari umaze kwambutsa umufuka urimo ibiro 20 by’urumogi.


Uyu mugabo ukomoka mu karere ka Gakenke, yafatiwe n’abapolisi mu Mudugudu wa Vumage, mu Kagari ka Murwa gahereye  mu Murenge wa Kivuye mu Karere ka Burera  ubwo bari mu kazi mu Mudugudu wa Vumage uherereye mu Kagari ka Murwa mu Murenge wa Kivuye mu Karere ka Burera.

 Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Ignace Ngirabakunzi avuga ko Polisi k’ubufatanye n’izindi nzego bashyize imbaraga mu guhangana n’ibiyobyabwenge byambutswa imipaka byiganjemo urumogi na kanyanga cyane cyane ko aribyo bikunda gufatirwa ku gice cy’Akarere ka Burera, aboneraho kwibutsa abishora muri ibi bikorwa bibi kubireka kubera ko nibatabireka bazafatwa. 

Ati “Polisi ikoresha imbaraga nyinshi mu kurwanya ibiyobyabwenge byaba ibituruka hanze y’igihugu ndetse n’imbere niyo mpamvu tugira inama ababyishoramo kubireka kuko nibatabireka bazabizira.” 

Yakomeje agira ati “Bitewe n’ingaruka tubona z’ibiyobyabwenge, buri wese akwiye kubyirinda no kubirwanya. Ntidukwiye kubona umuntu ukoresha ibiyobyabwenge kandi biyobya ubwenge bw’uwabikoresheje.” 

Ignace Ngirabakunzi  yakome agira ati “Ababikoresha baramutse babyanze, bakabigendera kure, barushaho kugira ubuzima bwiza kandi na bamwe bashaka kubicuruza babura abakiriya (isoko) bityo bikaba intandaro yo guhomba, bakabireka.” 

Polisi ishimangira ko kurwanya ibiyobyabwenge atari iby’urwego rumwe ahubwo bisaba imbaraga za buri wese, ubikoresha akabireka ndetse n’ubufiteho amakuru akayatanga kugira ngo ubabigiramo uruhare bafatwe. 

Ibi biyobyabwenge by’urumogi, uyu mugabo yafatanywe biri mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye. Uwafashwe, afungiye kuri station ya Polisi ya Butaro kugira ngo akurikiranwe n’inzego zibishinzwe.

Burera: Polisi yamufatanye ibilo 20 by’urumogi amaze kurwambutsa umupaka

Nov 5, 2025 - 10:38
 0
Burera: Polisi yamufatanye ibilo 20 by’urumogi amaze kurwambutsa umupaka

Mu rukerere rwo ku wa 4 Ukwakira 2025, ahagana saa 03h00, Polisi ikorera mu Karere ka Burera, yafashe umugabo wari umaze kwambutsa umufuka urimo ibiro 20 by’urumogi.


Uyu mugabo ukomoka mu karere ka Gakenke, yafatiwe n’abapolisi mu Mudugudu wa Vumage, mu Kagari ka Murwa gahereye  mu Murenge wa Kivuye mu Karere ka Burera  ubwo bari mu kazi mu Mudugudu wa Vumage uherereye mu Kagari ka Murwa mu Murenge wa Kivuye mu Karere ka Burera.

 Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Ignace Ngirabakunzi avuga ko Polisi k’ubufatanye n’izindi nzego bashyize imbaraga mu guhangana n’ibiyobyabwenge byambutswa imipaka byiganjemo urumogi na kanyanga cyane cyane ko aribyo bikunda gufatirwa ku gice cy’Akarere ka Burera, aboneraho kwibutsa abishora muri ibi bikorwa bibi kubireka kubera ko nibatabireka bazafatwa. 

Ati “Polisi ikoresha imbaraga nyinshi mu kurwanya ibiyobyabwenge byaba ibituruka hanze y’igihugu ndetse n’imbere niyo mpamvu tugira inama ababyishoramo kubireka kuko nibatabireka bazabizira.” 

Yakomeje agira ati “Bitewe n’ingaruka tubona z’ibiyobyabwenge, buri wese akwiye kubyirinda no kubirwanya. Ntidukwiye kubona umuntu ukoresha ibiyobyabwenge kandi biyobya ubwenge bw’uwabikoresheje.” 

Ignace Ngirabakunzi  yakome agira ati “Ababikoresha baramutse babyanze, bakabigendera kure, barushaho kugira ubuzima bwiza kandi na bamwe bashaka kubicuruza babura abakiriya (isoko) bityo bikaba intandaro yo guhomba, bakabireka.” 

Polisi ishimangira ko kurwanya ibiyobyabwenge atari iby’urwego rumwe ahubwo bisaba imbaraga za buri wese, ubikoresha akabireka ndetse n’ubufiteho amakuru akayatanga kugira ngo ubabigiramo uruhare bafatwe. 

Ibi biyobyabwenge by’urumogi, uyu mugabo yafatanywe biri mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye. Uwafashwe, afungiye kuri station ya Polisi ya Butaro kugira ngo akurikiranwe n’inzego zibishinzwe.