issa
MONUSCO yohereje mu Rwanda abarwanyi ba FDLR bivugwa ko basabye gutaha ku bushake

MONUSCO yohereje mu Rwanda abarwanyi ba FDLR bivugwa ko basabye gutaha ku bushake

Nov 11, 2025 - 12:37
 0

Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO) zatangaje ko ku wa mbere zacyuye mu Rwanda abarwanyi barindwi bahoze mu mutwe wa FDLR n’imiryango yabo igizwe n’abantu 42, bose biyemeje gutaha ku bushake.


Radio Okapi ifashwa na ONU ivuga ko abo barwanyi biyambaje MONUSCO nyuma y’igihe bumvise ubutumwa bubasaba gushyira intwaro hasi no gusubira mu gihugu cyabo mu mahoro ariko hari n'andi makuru avuga ko bishyikirije MONUSCO nyuma yo kubona ko baciwe intege kuburyo bukomeye n'abarwanyi ba AFC/M23.

Mu kwezi kwa Kamena 2025, habaye amasezerano y’i Washington hagati ya Leta ya Kigali n'iya Kinshasa, agamije gusenya umutwe wa FDLR.
Nyuma y’ayo masezerano, ingabo za leta ya Congo (FARDC) zasohoye itangazo ritavuzweho rumwe risaba abarwanyi ba FDLR gushyira intwaro hasi cyangwa bakazahura n’imbaraga za gisirikare.

Iryo tangazo ryakurikiwe n’ubutumwa butangwa hirya no hino mu turere twa Walikale na Kivu ya Ruguru, ahakigaragara abarwanyi benshi ba FDLR.
Ibinyamakuru byo muri Congo bivuga ko ubwo butumwa butangirwa mu giturage hakoreshejwe indangururamajwi, ndetse no kuri drones zijugunya impapuro ziriho inyandiko zubahiriza gahunda yo gushyira intwaro hasi.

Mu gihe Kinshasa ishinja Kigali gufasha umutwe wa AFC/M23, Kigali na yo ishinja RD Congo gukorana na FDLR. N’ubwo impande zombi zihakana ibi birego, ONU ivuga ko amakuru yegeranyijwe agaragaza ko ibi birego bifite ishingiro ku mpande zombi.

Ku rundi ruhande, umwe mu bavugizi ba FDLR-FOCA, Octavien Mutimura, yabwiye Radio RFI ko uwo mutwe utazigera ushyira intwaro hasi, avuga ko bazakomeza “kwirengera no kurengera impunzi z’Abanyarwanda” kugeza igihe leta y'u Rwanda izemera ibiganiro hagati yayo na FDLR, ibintu u Rwanda rudakozwa byo kuganira n'umutwe w'iterabwoba wakoze jenoside.

MONUSCO yohereje mu Rwanda abarwanyi ba FDLR bivugwa ko basabye gutaha ku bushake

Nov 11, 2025 - 12:37
Nov 11, 2025 - 13:06
 0
MONUSCO yohereje mu Rwanda abarwanyi ba FDLR bivugwa ko basabye gutaha ku bushake

Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO) zatangaje ko ku wa mbere zacyuye mu Rwanda abarwanyi barindwi bahoze mu mutwe wa FDLR n’imiryango yabo igizwe n’abantu 42, bose biyemeje gutaha ku bushake.


Radio Okapi ifashwa na ONU ivuga ko abo barwanyi biyambaje MONUSCO nyuma y’igihe bumvise ubutumwa bubasaba gushyira intwaro hasi no gusubira mu gihugu cyabo mu mahoro ariko hari n'andi makuru avuga ko bishyikirije MONUSCO nyuma yo kubona ko baciwe intege kuburyo bukomeye n'abarwanyi ba AFC/M23.

Mu kwezi kwa Kamena 2025, habaye amasezerano y’i Washington hagati ya Leta ya Kigali n'iya Kinshasa, agamije gusenya umutwe wa FDLR.
Nyuma y’ayo masezerano, ingabo za leta ya Congo (FARDC) zasohoye itangazo ritavuzweho rumwe risaba abarwanyi ba FDLR gushyira intwaro hasi cyangwa bakazahura n’imbaraga za gisirikare.

Iryo tangazo ryakurikiwe n’ubutumwa butangwa hirya no hino mu turere twa Walikale na Kivu ya Ruguru, ahakigaragara abarwanyi benshi ba FDLR.
Ibinyamakuru byo muri Congo bivuga ko ubwo butumwa butangirwa mu giturage hakoreshejwe indangururamajwi, ndetse no kuri drones zijugunya impapuro ziriho inyandiko zubahiriza gahunda yo gushyira intwaro hasi.

Mu gihe Kinshasa ishinja Kigali gufasha umutwe wa AFC/M23, Kigali na yo ishinja RD Congo gukorana na FDLR. N’ubwo impande zombi zihakana ibi birego, ONU ivuga ko amakuru yegeranyijwe agaragaza ko ibi birego bifite ishingiro ku mpande zombi.

Ku rundi ruhande, umwe mu bavugizi ba FDLR-FOCA, Octavien Mutimura, yabwiye Radio RFI ko uwo mutwe utazigera ushyira intwaro hasi, avuga ko bazakomeza “kwirengera no kurengera impunzi z’Abanyarwanda” kugeza igihe leta y'u Rwanda izemera ibiganiro hagati yayo na FDLR, ibintu u Rwanda rudakozwa byo kuganira n'umutwe w'iterabwoba wakoze jenoside.