issa
Lt Gen. Masunzu yafunzwe akekwaho guha amakuru y’ibinyoma ingabo za RDC

Lt Gen. Masunzu yafunzwe akekwaho guha amakuru y’ibinyoma ingabo za RDC

Nov 3, 2025 - 16:44
 0

Umuyobozi w’akarere ka gatatu k’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Lieutenant General Pacifique Masunzu, yatawe muri yombi ku Cyumweru tariki ya 2 Ugushyingo 2025 mu mujyi wa Kisangani, mu ntara ya Tshopo, mbere yo koherezwa gufungirwa i Kinshasa.


Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko uyu musirikare mukuru akekwaho gutanga amakuru y’ubutasi y’ibinyoma ku ngabo za leta (FARDC), ndetse no kugira uruhare mu ifatwa ry’umujyi wa Nzibira muri teritwari ya Walungu muri Kivu y’Amajyepfo, wigaruriwe n’inyeshyamba za AFC/M23 mu kwezi gushize.

Lt Gen Masunzu, ukomoka mu Minembwe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yari amaze hafi umwaka ayobora akarere ka gatatu k’ingabo za RDC, kagizwe n’intara za Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo, Maniema, Ituri, Tshopo, Bas-Uélé na Haut-Uélé.

Kuva mu Ukuboza 2024 ubwo yashyirwaga kuri uwo mwanya, Lt Gen Masunzu yari umwe mu basirikare bakuru bafite inshingano zikomeye mu gukomeza ibikorwa bya gisirikare byo kugarura umutekano mu burasirazuba bwa Congo, aho imitwe yitwaje intwaro ikomeje guhungabanya amahoro.

Amakuru avuga ko iperereza ryatangiye, kandi ko rifite intego yo gusuzuma uruhare rwa Masunzu mu byaha ashinjwa, cyane cyane mu byabaye mbere y’ifatwa rya Nzibira.

Kugeza ubu, Kinshasa iracyacecetse kuri iki kibazo, mu gihe bamwe mu basesenguzi babona ko ifatwa rya Lt Gen Masunzu rishobora kuba riri mu rwego rwo gusukura ubuyobozi bwa gisirikare no gushimangira ubunyangamugayo mu ngabo za RDC.

Lt Gen. Masunzu yafunzwe akekwaho guha amakuru y’ibinyoma ingabo za RDC

Nov 3, 2025 - 16:44
Nov 3, 2025 - 16:48
 0
Lt Gen. Masunzu yafunzwe akekwaho guha amakuru y’ibinyoma ingabo za RDC

Umuyobozi w’akarere ka gatatu k’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Lieutenant General Pacifique Masunzu, yatawe muri yombi ku Cyumweru tariki ya 2 Ugushyingo 2025 mu mujyi wa Kisangani, mu ntara ya Tshopo, mbere yo koherezwa gufungirwa i Kinshasa.


Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko uyu musirikare mukuru akekwaho gutanga amakuru y’ubutasi y’ibinyoma ku ngabo za leta (FARDC), ndetse no kugira uruhare mu ifatwa ry’umujyi wa Nzibira muri teritwari ya Walungu muri Kivu y’Amajyepfo, wigaruriwe n’inyeshyamba za AFC/M23 mu kwezi gushize.

Lt Gen Masunzu, ukomoka mu Minembwe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yari amaze hafi umwaka ayobora akarere ka gatatu k’ingabo za RDC, kagizwe n’intara za Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo, Maniema, Ituri, Tshopo, Bas-Uélé na Haut-Uélé.

Kuva mu Ukuboza 2024 ubwo yashyirwaga kuri uwo mwanya, Lt Gen Masunzu yari umwe mu basirikare bakuru bafite inshingano zikomeye mu gukomeza ibikorwa bya gisirikare byo kugarura umutekano mu burasirazuba bwa Congo, aho imitwe yitwaje intwaro ikomeje guhungabanya amahoro.

Amakuru avuga ko iperereza ryatangiye, kandi ko rifite intego yo gusuzuma uruhare rwa Masunzu mu byaha ashinjwa, cyane cyane mu byabaye mbere y’ifatwa rya Nzibira.

Kugeza ubu, Kinshasa iracyacecetse kuri iki kibazo, mu gihe bamwe mu basesenguzi babona ko ifatwa rya Lt Gen Masunzu rishobora kuba riri mu rwego rwo gusukura ubuyobozi bwa gisirikare no gushimangira ubunyangamugayo mu ngabo za RDC.