Lionel Messi na Cristiano Ronaldo amakipe yabo yasezerewe bibabaje, FC Barcelona byanze
Abanyabigwi mu mupira w’amaguru barimo Lionel Messi na Cristiano Ronaldo amakipe yabo yasezerewe mu bikombe yakinaga naho FC Barcelona iranganya.
Mu rucyerera rw’uyu munsi tariki 1 Gicurasi 2025, Inter Miami FC ya Lionel Messi yasezerewe muri 1/2 cya CONCACAF Champions Cup nyuma yo gutsindwa na Vancouver whitecaps FC ibitego 3-1.
Lionel Messi n’abakinnyi bagenzi be baje gukina uyu mukino bafite icyizere cyo kwitwara neza nyuma yo gutsindwa umukino ubanza ibitego 2-0.
Inter Miami FC yasezerewe itsinzwe nabi cyane kuko yatsinzwe ibitego 5-1 uteranyije imikino 2.
Nubwo ikipe ya Lionel Messi bitari bimeze neza, ku rundi ruhande uwo aba bahanganye Cristiano Ronaldo nawe Al Nassr yasezerewe muri Champions League ya Asia.
Al Nassr yatsinzwe na Kawasaki Frontale ibitego 3-2 mu mukino utari woroshye wa 1/2. Cristiano Ronaldo ntacyo yashoboye gufasha iyi kipe ye kuko no muri ibi bitego Al Nassr yatsinze ntabwo yigeze abonamo na kimwe kuko byatsinzwe na Sadio Mane na Ayman Yahya.
Undi mukino wari utegerejwe na benshi ni uwagombaga guhuza ikipe ya FC Barcelona na Inter Milan ubanza wa 1/2 cya UEFA Champions League. Ni umukino wabaye mu ijoro rya cyeye tariki 30 mata 2025.
Ikipe ya FC Barcelona yari yakiriye uyu mukino ntabwo byagenze neza kuko yanganyije na Inter Milan ibitebo 3-3.
Ni umukino umwana muto witwa Lamine Yamal, yigaragajemo cyane kuko yatsinze igitego ndetse aza gufasha FC Barcelona kubona igitego cya gatatu kuko yateye umupira ukitsindwa na Yann Sommer umuzamu wa Inter Milan.
Hategerejwe umukino wo kwishyura ugomba guhuza ikipe ya FC Barcelona izaba yagiye mu gihugu cy’ubutaliyani aho Inter Milan ibarizwa. Uyu mukino uzaba tariki 6 Gicurasi 2025.


Kinyarwanda
English
Swahili









