issa
DRC: Joseph Kabila bari kumugenda runono ngo ajyanwe mu nkiko

DRC: Joseph Kabila bari kumugenda runono ngo ajyanwe mu nkiko

May 1, 2025 - 08:48
 0

Ubutegetsi bwa Congo Kinshasa byumwihariko Minisitri w’ubutabera yasabye ko uwahoze ari Perezida wa Congo, Joseph Kabila, yamburwa ubudahangarwa akajyanwa mu nkiko.


Joseph Kabila bavuze ko yajyanwa mu nkiko ku byaha bavuga ko birimo n’ubwicanyi. 

Nubwo uruhande rwa Joseph Kabila ntacyo ruratangaza gusa Kabila asanzwe ari Senateri w’ibihe byose kuko ari ibiteganywa n’itegeko k’uwabaye Perezida wa Congo.

Constante Mutamba, ari nawe Minisitiri w’Ubutabera yashyize hanze itangazo rigaragaza ubusabe kuri Sena buvuga ko ikwiye kwaka Ubudahangarwa Kabila bwo kuba Senateri kugirango bushobore kumukurikirana.

Ubushinjacyaha buvuga ko bufite ibimenyetso simusiga byo kujyana mu nkiko Kabila, bishingiye ku bugambanyi, ibyaha by’intambara, ibyaha byo kwibasira inyoko muntu, n’ibindi. 

Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo, yayoboye iki gihugu kuva muri 2001, akiyoboye imyaka 18 dore ko yagiye ku butegetsi afite imyaka 29 y’amavuko.

DRC: Joseph Kabila bari kumugenda runono ngo ajyanwe mu nkiko

May 1, 2025 - 08:48
May 1, 2025 - 09:00
 0
DRC: Joseph Kabila bari kumugenda runono ngo ajyanwe mu nkiko

Ubutegetsi bwa Congo Kinshasa byumwihariko Minisitri w’ubutabera yasabye ko uwahoze ari Perezida wa Congo, Joseph Kabila, yamburwa ubudahangarwa akajyanwa mu nkiko.


Joseph Kabila bavuze ko yajyanwa mu nkiko ku byaha bavuga ko birimo n’ubwicanyi. 

Nubwo uruhande rwa Joseph Kabila ntacyo ruratangaza gusa Kabila asanzwe ari Senateri w’ibihe byose kuko ari ibiteganywa n’itegeko k’uwabaye Perezida wa Congo.

Constante Mutamba, ari nawe Minisitiri w’Ubutabera yashyize hanze itangazo rigaragaza ubusabe kuri Sena buvuga ko ikwiye kwaka Ubudahangarwa Kabila bwo kuba Senateri kugirango bushobore kumukurikirana.

Ubushinjacyaha buvuga ko bufite ibimenyetso simusiga byo kujyana mu nkiko Kabila, bishingiye ku bugambanyi, ibyaha by’intambara, ibyaha byo kwibasira inyoko muntu, n’ibindi. 

Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo, yayoboye iki gihugu kuva muri 2001, akiyoboye imyaka 18 dore ko yagiye ku butegetsi afite imyaka 29 y’amavuko.