issa
Leta ya Kinshasa yaciye imiyoboro y’itumanaho muri Uvira n’inkengero zaho

Leta ya Kinshasa yaciye imiyoboro y’itumanaho muri Uvira n’inkengero zaho

Jan 21, 2026 - 11:30
 0

Ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bwategetse ihagarikwa ry’imiyoboro yose y’itumanaho mu mujyi wa Uvira no mu bice biyegereye, nk’uko byemezwa n’umuyobozi wungirije w’ihuriro rya AFC/M23 rirwanya Leta ya Kinshasa.


Uyu muyobozi avuga ko iki cyemezo cyafashwe hagamijwe guhishira ihohoterwa n’ibikorwa by’urugomo bikorwa n’ingabo za Leta ya Congo, nyuma y’uko zoherejwe bundi bushya muri utu duce mu bikorwa byiswe ibyo “gusukura”.

Avuga ko guca itumanaho bigamije kubuza abaturage, itangazamakuru n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu kubona no gutangaza amakuru ku byaha biri gukorerwa muri Uvira n’inkengero zaho.

Abaturage bo muri ako gace bavuga ko ihagarikwa ry’itumanaho ryabashyize mu bwigunge, ribabuza kuvugana n’imiryango yabo no gutabaza mu gihe cy’ibibazo by’umutekano muke.

Kugeza ubu, Leta ya Kinshasa ntiragira icyo itangaza ku mugaragaro ku mpamvu y’ihagarikwa ry’imiyoboro y’itumanaho muri Uvira, mu gihe amakuru akomeje guturuka ku ruhande rwa AFC/M23 avuga ko umutekano w’abaturage ukomeje kuba mubi.

Leta ya Kinshasa yaciye imiyoboro y’itumanaho muri Uvira n’inkengero zaho

Jan 21, 2026 - 11:30
 0
Leta ya Kinshasa yaciye imiyoboro y’itumanaho muri Uvira n’inkengero zaho

Ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bwategetse ihagarikwa ry’imiyoboro yose y’itumanaho mu mujyi wa Uvira no mu bice biyegereye, nk’uko byemezwa n’umuyobozi wungirije w’ihuriro rya AFC/M23 rirwanya Leta ya Kinshasa.


Uyu muyobozi avuga ko iki cyemezo cyafashwe hagamijwe guhishira ihohoterwa n’ibikorwa by’urugomo bikorwa n’ingabo za Leta ya Congo, nyuma y’uko zoherejwe bundi bushya muri utu duce mu bikorwa byiswe ibyo “gusukura”.

Avuga ko guca itumanaho bigamije kubuza abaturage, itangazamakuru n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu kubona no gutangaza amakuru ku byaha biri gukorerwa muri Uvira n’inkengero zaho.

Abaturage bo muri ako gace bavuga ko ihagarikwa ry’itumanaho ryabashyize mu bwigunge, ribabuza kuvugana n’imiryango yabo no gutabaza mu gihe cy’ibibazo by’umutekano muke.

Kugeza ubu, Leta ya Kinshasa ntiragira icyo itangaza ku mugaragaro ku mpamvu y’ihagarikwa ry’imiyoboro y’itumanaho muri Uvira, mu gihe amakuru akomeje guturuka ku ruhande rwa AFC/M23 avuga ko umutekano w’abaturage ukomeje kuba mubi.