Ku bo nababaje bose! Ibaruwa ifunguye ya Kanye West yisegura
Kera kabaye, Kanye West yashyize yemera ko yaranzwe no guhuzagurika mu mitekerereze, mu ngiro no mu migirire. Kanye West yasabye imbabazi ariko abuza abantu kumugirira impuhwe ahubwo abasaba ko bamubabarira.
Umuraperi wo muri Amerika, Ye wahoze witwa Kanye West yifashishije Wall Street Journal ashyira hasi ibipfukamiro asaba imbabazi buri wese wakomerekejwe n’imyitwarire yamuranze mu bihe byashize.
Ye rero muri iyo nkuru ushobora gufata nk’itangazo ryamamaza yicujije iminsi ye y’ahahise haranzwe n’icuraburindi bitewe n’uburwayi yatewe n’ihungabana yagize kuva akiri umwana.
Ku wa 26 Mutarama 2026 Kanye West yaganiriye na Wall Street Journal yagize ati”Ku bo nabajije bose mu myaka yo hambere,ntabwo nanga Abayahudi”
Kanye West yaciye bugufi avuga ko yahuye n’uburwayi bwitwa’Bipolar disorder’. Ati”Mu myaka 25 ishize nakoze impanuka imenagura umutwe noneho igice cy’I buryo bw’ubwonko kirakomereka. Noneho ariko nivuje ibigaragara, imvune, kuva amaraso no guhungabana. Ntabwo nitaye ku babare bw’imbere mu bwonko”.
Kanye West yakomeje avuga ko batafashe ibizami bya gihanga ngo basuzume niba imbere narakomeretse kugeza ubwo mu 2023 aribwo bamvuye ibyo bikomere byo ku bwonko”.
Inzobere mu buvuzi bavuga ko iyo urwaye Bipolar bigorana kwemera ko arwaye. Utekereza ko buri wese yakabirijwe. Wibwira ko isi yose uyibona neza kurusha abanda. Iyo abantu bakuri iruhande bakwise umurwayi wo mu mutwe uriheba ukumva ko ntacyo umaze.


Kinyarwanda
English
Swahili









