issa
Kiyovu Sports ihagaritse umutoza wayo wataye akazi

Kiyovu Sports ihagaritse umutoza wayo wataye akazi

May 24, 2025 - 14:02
 0

Ikipe ya Kiyovu Sports ihagaritse umutoza wayo mukuru, El Hadji Malick Wade, kubera guta akazi.


Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu tariki 24 Gicurasi 2025, ikipe ya Kiyovu Sports yashyize hanze ibaruwa ifunguye imenyesha Malick Wade ko ahagaritswe ku kazi ke ko gutoza iyi kipe.

Muri iyi baruwa Kiyovu Sports yashyize hanze, ivuga ko uyu mutoza yataye akazi igihe kingana n'iminsi 2 mbere ya tariki 14 Gicurasi 2025, agasabwa ibisobanuro ariko ntabitange.

Kiyovu Sports yahise ifata umwanzuro wo kuba ihagaritse uyu mutoza ukomoka mu gihugu cya Mauritania wafashije iyi kipe kuva mu makipe ashobora kumpanuka uyu mwaka.

Malick Wade mu minsi ishize nibwo yagiye mu itangazamakuru atangaza ko agiye gusohorwa mu nzu kubera igihe yari amaze adahembwa ndetse asaba ko yafashwa, ubuyobozi bukagira icyo bukora akabona amafaranga.

Nyuma y'iyi baruwa benshi bahise bibaza niba uyu mutoza yarahembwe akaba ari nacyo gitumye ahagarikwa. Hategerejwe ibaruwa ya Malick Wade asubiza iyi baruwa yandikiwe na Kiyovu Sports.

Kugeza ubu Kiyovu Sports iri ku mwanya wa 9 n'amanota 37, bivuze ko itekanye ku mwanya iriho. ku wa Gatatu tariki 28 Gicurasi 2025, nibwo iyi kipe irongera gusubira mu kibuga ikina na Bugesera FC mu mukino usoza shampiyona.

Malick Wade yahagaritswe na Kiyovu Sports 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Kiyovu Sports ihagaritse umutoza wayo wataye akazi

May 24, 2025 - 14:02
 0
Kiyovu Sports ihagaritse umutoza wayo wataye akazi

Ikipe ya Kiyovu Sports ihagaritse umutoza wayo mukuru, El Hadji Malick Wade, kubera guta akazi.


Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu tariki 24 Gicurasi 2025, ikipe ya Kiyovu Sports yashyize hanze ibaruwa ifunguye imenyesha Malick Wade ko ahagaritswe ku kazi ke ko gutoza iyi kipe.

Muri iyi baruwa Kiyovu Sports yashyize hanze, ivuga ko uyu mutoza yataye akazi igihe kingana n'iminsi 2 mbere ya tariki 14 Gicurasi 2025, agasabwa ibisobanuro ariko ntabitange.

Kiyovu Sports yahise ifata umwanzuro wo kuba ihagaritse uyu mutoza ukomoka mu gihugu cya Mauritania wafashije iyi kipe kuva mu makipe ashobora kumpanuka uyu mwaka.

Malick Wade mu minsi ishize nibwo yagiye mu itangazamakuru atangaza ko agiye gusohorwa mu nzu kubera igihe yari amaze adahembwa ndetse asaba ko yafashwa, ubuyobozi bukagira icyo bukora akabona amafaranga.

Nyuma y'iyi baruwa benshi bahise bibaza niba uyu mutoza yarahembwe akaba ari nacyo gitumye ahagarikwa. Hategerejwe ibaruwa ya Malick Wade asubiza iyi baruwa yandikiwe na Kiyovu Sports.

Kugeza ubu Kiyovu Sports iri ku mwanya wa 9 n'amanota 37, bivuze ko itekanye ku mwanya iriho. ku wa Gatatu tariki 28 Gicurasi 2025, nibwo iyi kipe irongera gusubira mu kibuga ikina na Bugesera FC mu mukino usoza shampiyona.

Malick Wade yahagaritswe na Kiyovu Sports