issa
Kivu ya Ruguguru:  Abakozi babiri ba MONUSCO bishwe n’impanuka

Kivu ya Ruguguru: Abakozi babiri ba MONUSCO bishwe n’impanuka

May 15, 2025 - 11:50
 0

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Kivu ya Ruguru, ‘Kitshanga’ haravugwa amakuru y’impanuka yahitanye ubuzima bwa’abakozi babiri ba MONUSCO.


Ni impanuka yabaye ku wa kabiri, tariki ya 13 Gicurasi, ibera mu birometero 13 uvuye mu majyepfo ya Kitchanga, mu ntara ya ya Kivu ya Ruguru.

Radio Okapi, itangaza ko iyi mpanuka yabaye ubwo imodoka ya MONUSCO y’ibikoresho yari mu nzira iva Munigi yerekeza i Kitchanga, imwe mu zindi modoka  mu kuyibererekera ita umuhanda iranyerera igwa mu muferege.

Abakozi babiri ba Monusco babarizwa muri Batayo ya Maroc yoherejwe muri DRC mu butumwa bw’amahoro muri DRC bahita bahasiga ubuzima, naho abandi bane barakomereka bahita bajyanwa mu bitaro bya Loni  igitaraganya biherereye mu mujyi wa Goma.

Umuyobozi wungirije wa MONUSCO, Vivian van de Perre, yihanganishije byimazeyo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse n'Ubwami bwa Maroc ku bw’iyo sanganya.

 

Kivu ya Ruguguru: Abakozi babiri ba MONUSCO bishwe n’impanuka

May 15, 2025 - 11:50
 0
Kivu ya Ruguguru:  Abakozi babiri ba MONUSCO bishwe n’impanuka

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Kivu ya Ruguru, ‘Kitshanga’ haravugwa amakuru y’impanuka yahitanye ubuzima bwa’abakozi babiri ba MONUSCO.


Ni impanuka yabaye ku wa kabiri, tariki ya 13 Gicurasi, ibera mu birometero 13 uvuye mu majyepfo ya Kitchanga, mu ntara ya ya Kivu ya Ruguru.

Radio Okapi, itangaza ko iyi mpanuka yabaye ubwo imodoka ya MONUSCO y’ibikoresho yari mu nzira iva Munigi yerekeza i Kitchanga, imwe mu zindi modoka  mu kuyibererekera ita umuhanda iranyerera igwa mu muferege.

Abakozi babiri ba Monusco babarizwa muri Batayo ya Maroc yoherejwe muri DRC mu butumwa bw’amahoro muri DRC bahita bahasiga ubuzima, naho abandi bane barakomereka bahita bajyanwa mu bitaro bya Loni  igitaraganya biherereye mu mujyi wa Goma.

Umuyobozi wungirije wa MONUSCO, Vivian van de Perre, yihanganishije byimazeyo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse n'Ubwami bwa Maroc ku bw’iyo sanganya.