issa
Kenya:Abantu 23 bishwe n'umwuzure

Kenya:Abantu 23 bishwe n'umwuzure

Mar 7, 2026 - 18:08
 0

Umwuzure wibasiye Umujyi wa Nairobi muri Kenya wishe abantu 23 ndetse ingendo z’indege ku bibuga bimwe na bimwe zirahagarikwa.


Reuters yanditse ko umugezi wa Nairobi wuzuye ko umugezi wa Nairobi ugatwara abantu bamwe.

Ushinzwe umutekano wabonye umuvu utwara abantu i Nairobi, mu ijoro rishyira ku wa 7 Werurwe 2026, yabwiye Reuters ko yabonye amazi atwara umuntu babura aho agiye ariko mu gitondo bamubona munsi y’imodoka.

Bivugwa ko uwo mwuzure wanatwaye imodoka zirenga 10. 

Perezida wa Kenya, William Ruto yatangaje ko yohereje itsinda ry’abakora ubutabazi bw’ibanze harimo n’abasirikare ngo bayobore ibikorwa by’ubutabazi. Yanihanganishije abo mu miryango yagize ibyago.

Polisi ya Kenya yatangaje ko abantu 23 bapfuye.

Abahanga mu bijyanye n’ibidukikije bavuze ko imihindagurikire y’ikirere yatumye agace k’u Burasirazuba bwa Afurika kahuye n’imyuzure kubera imvura igwa ari nyinshi mu gihe gito ndetse ibindi bihe bikabamo amapfa.

Kenya Airways nayo yatangaje ko iyi mvura yatumye ingendo zimwe zisubikwa abandi bajya gufatira indege i Mombasa.

Kenya:Abantu 23 bishwe n'umwuzure

Mar 7, 2026 - 18:08
 0
Kenya:Abantu 23 bishwe n'umwuzure

Umwuzure wibasiye Umujyi wa Nairobi muri Kenya wishe abantu 23 ndetse ingendo z’indege ku bibuga bimwe na bimwe zirahagarikwa.


Reuters yanditse ko umugezi wa Nairobi wuzuye ko umugezi wa Nairobi ugatwara abantu bamwe.

Ushinzwe umutekano wabonye umuvu utwara abantu i Nairobi, mu ijoro rishyira ku wa 7 Werurwe 2026, yabwiye Reuters ko yabonye amazi atwara umuntu babura aho agiye ariko mu gitondo bamubona munsi y’imodoka.

Bivugwa ko uwo mwuzure wanatwaye imodoka zirenga 10. 

Perezida wa Kenya, William Ruto yatangaje ko yohereje itsinda ry’abakora ubutabazi bw’ibanze harimo n’abasirikare ngo bayobore ibikorwa by’ubutabazi. Yanihanganishije abo mu miryango yagize ibyago.

Polisi ya Kenya yatangaje ko abantu 23 bapfuye.

Abahanga mu bijyanye n’ibidukikije bavuze ko imihindagurikire y’ikirere yatumye agace k’u Burasirazuba bwa Afurika kahuye n’imyuzure kubera imvura igwa ari nyinshi mu gihe gito ndetse ibindi bihe bikabamo amapfa.

Kenya Airways nayo yatangaje ko iyi mvura yatumye ingendo zimwe zisubikwa abandi bajya gufatira indege i Mombasa.