issa
Niger: Abantu 49 biciwe n'inyota n'ubushyuhe mu butayu bwa Sahara

Niger: Abantu 49 biciwe n'inyota n'ubushyuhe mu butayu bwa Sahara

Jun 5, 2026 - 14:27
 0

Abantu 49 bapfiriye mu butayu bwa Sahara mu Majyaruguru ya Niger nyuma y'uko ikamyo bari barimo ipfiriye mu nzira ikabasiga mu gace kari ndetse gaherereye hafi y'umupaka wa Mali na Algeria. Inzego z'umutekano zo mu Ntara ya Agadez zitangaza ko harokotse babiri gusa nyuma yo kugenda ibirometero 50 n'amaguru bashaka amazi ndetse no gutabaza.


Amakuru atangazwa na Guverinoma y'Intara ya Agadez avuga ko iyi kamyo yari iturutse mu gace ka Telhandek muri Mali, aho yahagurutse itwaye abaturage bo muri Niger bari bari batashye, aho bari bagiye kwizihiza umunsi mukuru wa Eid n'imiryango yabo. Nyuma yo kuyoba inzira, imodoka yaje gupfira mu butayu, maze abari bayirimo babura amazi n'uburyo bwo gukomeza urugendo.

Abantu babiri barokotse ni bo bashoboye kugera ahari amazi nyuma yo kugenda ibirometero n'amaguru, nyuma bageze mu Mujyi wa Assamaka nibwo bamenyesheje ubuyobozi ibyabaye. Abatabazi bageze aho impanuka yabereye basanga abasigaye bamaze gupfa, nyuma baza gushyingurwa mu mva rusange kubera imiterere y'ubutayu.  

Mu itangazo rye, Guverineri w'Intara ya Agadez, Ibra Boulama Issa yagize ati "Umushoferi n'abagenzi bagerageje gukanika ikamyo ariko biranga. Mu gihe ubushyuhe bwari bukabije kandi nta mazi cyangwa ibindi bikoresho by'ibanze bafite, benshi muri bo bapfiriye butayu bazize inyota." 

Mu gihe abatabazi bari bavuye aho impanuka yabereye basubira muri Assamaka banyuze indi nzira, babonye indi kamyo yari yapfiriye mu butayu itwaye abantu barenga 60. Abo bagenzi bari bamaze iminsi itatu barabuze uko bakomeza urugendo kubera ikibazo cya moteri, ariko bo babashije kurokorwa no guhabwa amazi.

Assamaka, ni umwe mu Mijyi iri ku nzira zambukiranya Sahara hagati ya Niger, Mali na Algeria. Aho aka gace gakoreshwa n'abimukira, abacuruzi ndetse n'abacukura zahabu mu birombe bya zahabu muri Mali. 

Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku bimukira (IOM) rivuga ko kuva mu 2014 abantu barenga 7,000 bapfiriye cyangwa baburiwe irengero mu butayu bwa Sahara.

Niger: Abantu 49 biciwe n'inyota n'ubushyuhe mu butayu bwa Sahara

Jun 5, 2026 - 14:27
Jun 5, 2026 - 14:57
 0
Niger: Abantu 49 biciwe n'inyota n'ubushyuhe mu butayu bwa Sahara

Abantu 49 bapfiriye mu butayu bwa Sahara mu Majyaruguru ya Niger nyuma y'uko ikamyo bari barimo ipfiriye mu nzira ikabasiga mu gace kari ndetse gaherereye hafi y'umupaka wa Mali na Algeria. Inzego z'umutekano zo mu Ntara ya Agadez zitangaza ko harokotse babiri gusa nyuma yo kugenda ibirometero 50 n'amaguru bashaka amazi ndetse no gutabaza.


Amakuru atangazwa na Guverinoma y'Intara ya Agadez avuga ko iyi kamyo yari iturutse mu gace ka Telhandek muri Mali, aho yahagurutse itwaye abaturage bo muri Niger bari bari batashye, aho bari bagiye kwizihiza umunsi mukuru wa Eid n'imiryango yabo. Nyuma yo kuyoba inzira, imodoka yaje gupfira mu butayu, maze abari bayirimo babura amazi n'uburyo bwo gukomeza urugendo.

Abantu babiri barokotse ni bo bashoboye kugera ahari amazi nyuma yo kugenda ibirometero n'amaguru, nyuma bageze mu Mujyi wa Assamaka nibwo bamenyesheje ubuyobozi ibyabaye. Abatabazi bageze aho impanuka yabereye basanga abasigaye bamaze gupfa, nyuma baza gushyingurwa mu mva rusange kubera imiterere y'ubutayu.  

Mu itangazo rye, Guverineri w'Intara ya Agadez, Ibra Boulama Issa yagize ati "Umushoferi n'abagenzi bagerageje gukanika ikamyo ariko biranga. Mu gihe ubushyuhe bwari bukabije kandi nta mazi cyangwa ibindi bikoresho by'ibanze bafite, benshi muri bo bapfiriye butayu bazize inyota." 

Mu gihe abatabazi bari bavuye aho impanuka yabereye basubira muri Assamaka banyuze indi nzira, babonye indi kamyo yari yapfiriye mu butayu itwaye abantu barenga 60. Abo bagenzi bari bamaze iminsi itatu barabuze uko bakomeza urugendo kubera ikibazo cya moteri, ariko bo babashije kurokorwa no guhabwa amazi.

Assamaka, ni umwe mu Mijyi iri ku nzira zambukiranya Sahara hagati ya Niger, Mali na Algeria. Aho aka gace gakoreshwa n'abimukira, abacuruzi ndetse n'abacukura zahabu mu birombe bya zahabu muri Mali. 

Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku bimukira (IOM) rivuga ko kuva mu 2014 abantu barenga 7,000 bapfiriye cyangwa baburiwe irengero mu butayu bwa Sahara.