Kenya: Umudepite yishwe n'urufaya rw'amasasu
Kuri uyu wa Gatatu taliki 30 Mata 2025 , umudepite muri Kenya yishwe arashwe ubwo yari avuye mu kazi. Umushoferi we warokotse, yabwiye Polisi ko umukoresha we yarashweho amasasu menshi mbere yo gushiramo umwuka.
Uyu mudepite wo muri Kenya yarashwe n’abantu bitwaje imbunda batamenyekanye mu murwa mukuru, Nairobi, mu mpera z'icyumweru gishize.
Charles Ong'ondo Were, yarasiwe mu modoka ye ku muhanda wa Ngong unyurwamo n'imodoka nyinshi cyane nyuma gato yo kuva mu nteko.
Polisi ivuga ko imodoka y’uyu mudepite yagabweho igitero n’abagabo babiri bari kuri moto - umwe muri bo arahagarara arasa.
Charles Ong'ondo Were, yari umudepite mukuru mu ishyaka rya Raila Odinga, ritavuga rumwe n'ubutegetsi.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa polisi Muchiri Nyaga ejo hashize, ryemeje ko uyu mudepite yarashwe n’umuntu witwaje imbunda mu ijoro ryo ku wa gatatu mu muhanda wa Ngong, hafi y’Umujyi wa Mortuary.
Umuvugizi wa polisi yongeyeho ko bigaragara ko yashakishwaga kandi ubu bwicanyi bwari buteganijwe.
Umugore w'uyu mudepite yabwiye ibinyamakuru byo muri Kenya ko Ong'ondo Were, yahoranaga igishyika cy'iterabwoba ku buzima bwe, ndetse akaba yari yaragejeje ikirego cye ku Rwego rushinzwe iperereza (DCI).


Kinyarwanda
English
Swahili









