issa
Kate Bashabe aravugwa mu rukundo n'umuhungu wa Perezida Ramaphosa

Kate Bashabe aravugwa mu rukundo n'umuhungu wa Perezida Ramaphosa

Jul 16, 2025 - 15:02
 0

Kate Bashabe umenyerewe cyane mu myidagaduro yo mu Rwanda, aravugwa mu rukundo n'umuhungu wa Perezida wa Afurika y'Epfo, witwa Tumelo Ramaphosa.


Aya makuru aje nyuma y'uko Tumelo Ramaphosa ashyize ifoto ya Kate Bashabe kuri konti ye ya Instagram, ahashyirwa ubutumwa bumara amasaha 24 (story) ndetse arenzaho amagambo ari mu rurimi rw'Icyongereza agira ati "My Universe" ugenekereje mu Kinyarwanda ati 'Isanzure ryange'. 

Uretse kuba Tumelo Ramaphosa yagaragaje ibyiyumviro bye muri ubu buryo, iyo urebye no kuri konti ya Instagram ya Kate Bashabe, usanga akurikira konti zigera kuri zirindwi gusa zirimo ibigo bitanu, Tumelo Ramaphosa no Perezida Paul Kagame. 

Uyu muhungu wa Perezida Cyril Ramaphosa witwa Tumelo Ramaphosa uretse kuba ari n'umuhungu w'umukuru w'igihugu asanzwe ari n'umuherwe ufite kompanyi zirimo iyitwa Studex group. 

Uretse Tumelo Ramaphosa kandi, Kate Bashabe yigeze kuvugwa mu rukundo n'umukinnyi w'Umunya-Senegal, Sadio Mane ukinira Al-Nassr FC yo muri Saudi Arabia. 

Kate Bashabe na Sadio Mane bavuzwe mu rukundo cyane mu mwaka wa 2019, ubwo Mane yakiniraga Liverpool yo mu Bwongereza, ndetse imikino imwe n'imwe y'iyi kipe Kate yajya agaragara yagiye kuyireba. Gusa aba bombi baje guhakana iby'urukundo rwavuzwe hagati yabo.

Tumelo Ramaphosa yerekanye ko Kate Bashabe ari isanzure rye 

Tumelo Ramaphosa ari kumwe na Se Cyril Ramaphosa 

Kate Bashabe n'umwe mu bakobwa b'ikimero bakundwa ba benshi mu Rwanda no hanze yarwo 

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: anselmetuyizere07@gmail.com

Kate Bashabe aravugwa mu rukundo n'umuhungu wa Perezida Ramaphosa

Jul 16, 2025 - 15:02
Jul 16, 2025 - 15:11
 0
Kate Bashabe aravugwa mu rukundo n'umuhungu wa Perezida Ramaphosa

Kate Bashabe umenyerewe cyane mu myidagaduro yo mu Rwanda, aravugwa mu rukundo n'umuhungu wa Perezida wa Afurika y'Epfo, witwa Tumelo Ramaphosa.


Aya makuru aje nyuma y'uko Tumelo Ramaphosa ashyize ifoto ya Kate Bashabe kuri konti ye ya Instagram, ahashyirwa ubutumwa bumara amasaha 24 (story) ndetse arenzaho amagambo ari mu rurimi rw'Icyongereza agira ati "My Universe" ugenekereje mu Kinyarwanda ati 'Isanzure ryange'. 

Uretse kuba Tumelo Ramaphosa yagaragaje ibyiyumviro bye muri ubu buryo, iyo urebye no kuri konti ya Instagram ya Kate Bashabe, usanga akurikira konti zigera kuri zirindwi gusa zirimo ibigo bitanu, Tumelo Ramaphosa no Perezida Paul Kagame. 

Uyu muhungu wa Perezida Cyril Ramaphosa witwa Tumelo Ramaphosa uretse kuba ari n'umuhungu w'umukuru w'igihugu asanzwe ari n'umuherwe ufite kompanyi zirimo iyitwa Studex group. 

Uretse Tumelo Ramaphosa kandi, Kate Bashabe yigeze kuvugwa mu rukundo n'umukinnyi w'Umunya-Senegal, Sadio Mane ukinira Al-Nassr FC yo muri Saudi Arabia. 

Kate Bashabe na Sadio Mane bavuzwe mu rukundo cyane mu mwaka wa 2019, ubwo Mane yakiniraga Liverpool yo mu Bwongereza, ndetse imikino imwe n'imwe y'iyi kipe Kate yajya agaragara yagiye kuyireba. Gusa aba bombi baje guhakana iby'urukundo rwavuzwe hagati yabo.

Tumelo Ramaphosa yerekanye ko Kate Bashabe ari isanzure rye 

Tumelo Ramaphosa ari kumwe na Se Cyril Ramaphosa 

Kate Bashabe n'umwe mu bakobwa b'ikimero bakundwa ba benshi mu Rwanda no hanze yarwo