ISHUSHO YA WIKENDI: Rayon Sports yaguye ku mazi, Police FC ikomerezaho, APR FC mu gahinda, Manchester United, FC Barcelona, muzagarutsweho
Muri iyi wikendi mu isi ya Siporo havuzwe amakuru menshi tugiye kugaraukaho yaba hano mu Rwanda ndetse no hanze.
Amakuru yacu reka tuyahere mu mikino y'amaboko aho ikipe y'igihugu y'u Rwanda ya Basketball yamaze guhamagara abakinnyi 12 izifashisha mu mikino ya Afrobasketball izabera muri Angola.
Muri aba bakinnyi bahamagawe harimo Ntore Habimana, Prince Twa ndetse n'abandi ariko ntabwo barimo Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson wari umaze igihe akunzwe na benshi hano mu Rwanda.
Muri iyi wikendi Kandi hakinwe imikino ya PlayOff ya Basketball mu bagore. Ni imikino irimo uwahuje REG WBBC na The Hoops WBBC urangira REG WBBC itsinze amanota 83 kuri 50. Undi mukino wakinwe harimo uwahuje Kepler WBBC na APR WBBC urangira Kepler WBBC itsinze amanota 65 kuri 45.
Amakuru yacu y'imikino reka tuyakomereze mu yavuzwe mu mupira w'amagaru.
Ku wa Gatandatu tariki 9 Kanama 2025, Rayon Sports yari yerekeje mu karere ka Rubavu gusoza icyumweru cyayo (Rayon Day). Iyi kipe yakinnye umukino wa gishuti na Etincelles FC urangira itsinzwe igitego 1-0.
Rayon Sports yanamuritse imyambaro mishya izajya yambara yasohotse. Ni umwambaro washyizwe hanze ukurikiye uwo yari yatangaje ku wa Gatanu izajya yambara iri mu rugo. Iyi kipe Kandi yashyize hanze umwambaro umuntu ashobora kwambara mu gihe cy'ubushyuhe.
Reka dukomereze muri APR FC yakinnye umukino wa gishuti ku cyumweru tariki 10 Kanama 2025 na Bugesera FC. Ni umukino wabereye mu karere ka Bugesera urangira APR FC itsinze ibitego 2-0. Uyu mukino watinze gutangira kubera abasifuzi batinze kugera ku kibuga.
Iyi kipe kandi ikomeje gutegura ibirori by'INKERA Y'ABAHIZI izaba tariki 17 Kanama 2025. Ni irushanwa rizaba ririmo amakipe ya hano mu Rwanda nka AS Kigali na Police FC ndetse na Power Dynamos FC na Azam FC zizaba ziturutse hanze y'u Rwanda.
Ku cyumweru kandi hakinwe umukino wa gishuti hagati ya Police FC na Gasogi United urangira Police FC itsinze igitego 1-0. Ni igitego cyatsinzwe na Ani Elijah. Uyu mukino kandi hagaragayemo Mugiraneza Froduard uheruka gutangazwa nk'umukinnyi wa Police FC.
Hussein Shaban Chabalala, yamaze kurangizanya na Etincelles FC. Uyu musore biravugwa ko yamaze gusinya amasezerano y'umwaka umwe nyuma yo kutongererwa amasezerano muri AS Kigali yakiniye umwaka ushize.
Avugwa muri Afurika
Amakuru yacu reka tuyahere mu gihugu cya Tanzania ahabereye tombola ya CAF ku makipe azakina imikino nyafurika. APR FC izahagararira u Rwanda muri CAF Champions League yatomboye Pyramid FC. Ni umunsi mubi ku bakunzi b'iyi kipe kuko Pyramid FC n'imwe mu makipe atarifuzwaga n'ikipe iyo ari yo yose.
Rayon Sports nayo muri CAF Confederations Cup yatomboye Singida Black Stars yo mu gihugu cya Tanzania. Iyi kipe izabanza kwakira umukino kuri sitade Amahoro.
Rutahizamu wari umaze imyaka ibiri muri APR FC ukomoka muri Nigeria, Victor Mbaoma, yasinye muri Remo Stars FC. Iyi kipe izakina imikino nyafurika ya CAF Champions League aho yatomboye US Zilimadjou.
Mosengo Tansele yerekeje muri Kenya kurangiza ibiganiro na Kenya Police FC. Uyu musore yari amaze igihe gito muri Gorilla FC aho yayisinyiye nyuma yo kumara umwaka umwe muri Kiyovu Sports. Yerekeje muri Kenya ku cyumweru tariki 10 Kanama 2025.
Seninga Innocent yasinye amasezerano y'umwaka umwe ushobora kongerwa muri AS Port yo muri Djibouti. Uyu mutoza aheruka gutandukana na Etincelles FC yamuhaye amasezerano akanga kuyasinya.
AS Port izakina CAF Confederation Cup, mu ijonjora rya mbere izahura na KMKM yo muri Zanzibar nikomeza izahura n'izakomeza hagati ya El Merrikh Bentiu na Azam FC.
Aya makuru yo muri Afurika reka tuyasoreze mu gikombe cy'Afurika cy'abakina imbere mu bihugu byabo(CHAN) kiri kubera mu bihugu birimo Uganda, Tanzania na Kenya.
Ku wa Gatandatu tariki 9 Kanama 2025, ikipe y'igihugu ya Tanzania yakatishije itike yo kujya muri 1/8 kirangiza nyuma yo gutsinda Madagascar ibitego 2-1. Iyi kipe igeze muri 1/8 itaratsindwa umukino n'umwe bivuze ko igezeyo ifite amanota 9/9.
Ku cyumweru tariki 10 Kanama 2025, ikipe y'igihugu ya Kenya nayo yitwaye neza itsinda ikipe y'igihugu ya Marocco igitego 1-0. Ni umukino utari woroshye kuko Kenya yahawe ikarita y'umutuku ku munota wa 49 w'igice cya mbere.
Amakuru avugwa ku mugabane w'i Burayi n'ahandi ku isi
Amakuru yacu y'imikino avugwa ku mugabane w'i Burayi n'ahandi, reka tuyahere mu gikombe gifungura Shampiyona y'ubwongereza, FA Community Shield. Igikombe cyabaye ku cyumweru gitwarwa na Crystal Palace itsinze Liverpool FC kuri Penalite 3-2. Ni nyuma yuko umukino mu minota 90 warangiye ikipe zombi zinganyije ibitego 2-2.
Reka amakuru yacu tuyakomereze mu mikino ya gishuti yabaye muri iyi wikendi. Arsenal FC yo mu gihugu cy'Ubwongereza yakinnye umukino wa gishuti na Athletic Bilbao urangira Arsenal FC itsinze ibitego 3-0. Ni umukino Viktor Gyokores yakinnye ndetse anatsinda igitego.
Manchester United kandi nayo yakinnye umukino wa gishuti na Fiorentina, urangira ikipe zombi zinganyije igitego 1-1. Haje guterwa Penalite Manchester United itsinda Penalite 5-4. Ku wa Gatandatu Kandi Manchester City yakinnye umukino wa gishuti na Palermo urangira itsinze ibitego 3-0. Uyu mukino Erling Halaand yarawukinye ndetse anatsinda igitego.
Indi mikino yabaye harimo uwo FC Barcelona yakinnye na Como mu gikorwa irimo gukora uzenguruka ibihugu bya Asia ikina imikino ya gishuti. Uyu mukino warangiye FC Barcelona itsinze como ibitego 5-0. Abarimo Fermin Lopez, Lamine Yamal na Laphinha, baratsinze.
Hari abakinnyi basinye amasezerano mu makipe mashya
Muri iyi wikendi uwagarutsweho cyane ni Benjamin Sesko wasinye amasezerano y'imyaka 5 nk'umukinnyi wa Manchester United. Uyu musore yatanzweho Milliyoni 85 z'amayero avuye muri RB Reipzig yo mu gihugu cy'Ubudage.
Inigo Martinez yatandukanye na FC Barcelona nyuma y'umwaka umwe yerekeza muri Al Nassri ikina shampiyona y'icyiciro cya mbere muri Arabia Saudite. Undi mukinnyi ni Darwin Nunez bivugwa ko yamaze kurangizanya na Al Hilal yo muri Saudi Arabia nyuma yo kudakomezanya na Liverpool FC.
Abakinnyi u Rwanda ruzifashisha mu mikino ya Afrobasketball
Police FC yatsinze Gasogi United igitego 1-0
APR FC yatsinze Bugesera FC mu mukino wa gishuti
Rayon Sports yatsinzwe na Etincelles FC


Kinyarwanda
English
Swahili









