Ingabire Umuhoza Victoire yahakanye ibyaha bitandatu
Ku wa 15 Nyakanga 2025 Urukiko rw'ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa n'ifungurwa ry'agateganyo.
Ku isaha ya 10:25 nibwo inteko iburanisha yasomye umwirondoro we ariko ababwira ko ari umubyeyi w'abana batatu kandi muri dosiye bari barabyibagiwe. Ni umugore wize dore ko afite impamyabushobozi y'icyiciro cya Gatatu yo mu bijyanye na 'Business Law' yakuye muri kaminuza yo mu Bwongereza.
Umwunganizi wa Ingabire Victoire, Me Gatera Gashabana yabwiye urukiko ko uwo yunganira adakwiriye kwamburwa uburenganzira bwo kunganirwa n'uwo yihitiyemo.
Ingabire Victoire yahawe umwanya avuga ko uburenganzira bwe bwahonyowe kuko urugaga rw'abavoka rwanze guha uburenganzira umunyamategeko wo muri Kenya.
Ingabire Victoire yari yasabye urukiko ko rwamufasha kumvisha urugaga rw'abavoka kwemerera uwo munyamategeko wo muri Kenya.
Perezida w'inteko iburana yibukije Ingabire Victoire na Me Gatera Gashabana ko urugaga rukora mu bwigenge nta rwego rwarutegeka gukora ikintu runaka.
Ingabire Victoire akurikiranyweho ibyaha bitandatu
Icyaha cyo kurema umutwe w'abagizi ba nabi
Icyaha cyo guteza imvururu
Icyaha cyo kugiririra nabi ubutegetsi buriho
Icyaha cy'icengezamatwara cyangwa se kwangisha Leta y'u Rwanda amahanga
Icyaha cyo gutangaza amakuru y'ibihuha
Icyaha cyo gucura umugambi wo kugirira nabi ubutegetsi buriho n'icyaha cyo kwigaragambya.
Ingabire Victoire yahawe umwanya avuga ko ari 'Umubyeyi, umukirisitu w'umunyapolitiki' ku buryo atatekereza gukora ibyo byaha.
Ingabire Victoire yavuze ko inzego zivanze ku buryo Ubushinjacyaha bwivanze mu kazi katari akabwo. Yifashishije itegeko nshinga avuga ko inzego zikwiriye kubahana mu nshingano.
Me Gatera Gashabana yafashe umwanya avuga ko uwo yunganira yahamagawe kuri telefoni arizana ku buryo atumva impamvu yafunzwe kandi umukiriya we yarashakaga kunganira ubutabera.
Yasobanuye ko ibintu byo mu rugo byafatiriwe ariko yavuze ko Ubugenzacyaha bwavuze ko Ingabire Victoire afite umwirondoro utazwi, nyamara ari umunyapolitiki uzwi neza.
Ingabire Victoire akimara kumenyeshwa ibyo byaha, yibukijwe ko mu myaka itatu ishize yigeze kubazwa kuri ibyo byaha.
Me Gatera Gashabana yavuze ko urukiko rutakabaye rwinjira mu nshingano z'ubushinjacyaha mu guhamagaza Ingabire Victoire no gufungwa. Yifashishije inzitizi akoresheje singing zo mu itegeko nshinga rya repubulika y'u Rwanda.
Ubushinjacyaha bwafashe umwanya busobanura impamvu bwasabye ko Ingabire Victoire afungwa by'agateganyo.
Umushinjacyaha yasobanuye ko umunyamategeko iyo yasanze hari ingingo zitubahirijwe hari inzira bicamo zikabyitaho.
Yavuze ko urukiko rwasanze hari impamvu Ingabire Victoire yatumizwa akumvwa. Byarakozwe kandi hakurikijwe amategeko.
Ubushinjacyaha bwabwiye urukiko ko Ingabire Victoire yafunzwe binyuze mu nzira zemewe n'amategeko ku buryo nta rukiko rwigeze rutegeka Ubushinjacyaha gufunga Ingabire Victoire.
Yavuze ko niba ibyaha akekwaho atabyemera ntibikuraho kubikurikirana kuko ikirego cyatanzwe mu izina rya rubanda. Yagarutse ku ngingo ya kane yo mu gitabo mpanabyaha isobanura ku bubasha bwo gukurikirana icyaha.
Umushinjacyaha yanavuze ku buryo Ingabire Victoire yahamagawe ko bwemewe n'amategeko kuko ikoranabuhanga ryemewe gukoreshwa nko kuba yahamagarwa kuri telefoni byose biremewe.
Ingingo y'106 mu gitabo mpanabyaha isobanura ko urukiko rumaze kubona ko abaregwaga hari ibyo bavuze bishyira mu majwi Ingabire Victoire ariho haturutse kuba yatumizwa akisobanura.
Umushinjacyaha wa kabiri nawe yunganiye mugenzi we yitsa cyane ku guhakana ko urukiko rutivanze mu nshingano z'ubushinjacyaha.
Yavuze ko Itegekonshinga mu ngingo ya gatatu, uwunganira Ingabire Victoire, yasobanuye ko mu ngingo ya 146 urukiko rusaba Ubushinjacyaha gukora iperereza noneho hagira ibimenyetso bishobora gushingirwaho, Ubushinjacyaha bufite ububasha bwo gukora iperereza.
Ati"Turi hano kuko hari ibyagezweho muri iryo perereza. Ntabwo twamuhamije ibyaha. Itegeko nshinga ritanga imirongo migari noneho andi matekego agashyira mu bikorwa ayo mategeko".
Ingabire Victoire yabwiye urukiko ko mu 2021 Ubushinjacyaha bwakoze iperereza basanga nta kintu na kimwe gituma agomba gufungwa. Yavuze ko ubucamanza bwategetse Ubushinjacyaha gufunga Ingabire Victoire.
Me Gatera Gashabana we yavuze ko mu ngingo ya gatatu ivuga ko itegeko ryose, icyemezo, cyangwa igikorwa gihungabanyijwe n'iryo tegeko nticyemewe.
Inzitizi zahawe umurongo
Urukiko rw'ibanze rwa Kicukiro nyuma yo kumva impande zombi rwamaze impungenge Ingabire Victoire z'ubushinjacyaha ko bazafata umwanya bakareba izo nzitizi zagonganishije amategeko.
Ubushinjacyaha bwahawe umwanya buvuga impamvu zikomeye zituma Ingabire Victoire afungwa by'agateganyo. Ingabire Umuhoza Victoire yashinze ishyaka rya FDU-Inkingi.
Yigeze guhamwa n'ibyaha birimo guhakana no gupfobya Jenoside, guhungabanya umutekano w'u Rwanda n'ibindi byaha. Nyuma yaje guhabwa imbabazi na Perezida wa repubulika y'u Rwanda.
Paul Kagame.
Ubushinjacyaha bwavuze ko hari amahugurwa yateguwe yo kwigisha urubyiruko uko bakuraho ubutegetsi hadakoreshejwe intwaro ahubwo biciye mu myigaragambyo.
Umuhoza Ingabire Victoire hari uwo yahaye inkunga yo kugura telefoni kugirango akurikirane amahugurwa yatanzwe n'abakomoka muri Serbia.
Amasomo bize yari ashingiye ku kuba gukuraho ubutegetsi ku ngufu ntibishoboka, ikindi imyigaragambyo nayo ntiyemewe ahubwo bakoresha izindi nzira.
Abahuguwe bigishijwe kutumvira amategeko nko gutanga imisoro, gushaka abantu benshi bo gutegura imyigaragambyo.
Bahawe urugero rwo muri Serbia, Afurika y'Epfo, Misiri, n'ahandi bagiye bakoresha imyigaragambyo mu gukuraho ubutegetsi.
Amahugurwa yashyizwe mu bikorwa n'umunyamakuru Theoneste Nsengimana nyiri Umubavu TV wanakoresheje telefoni ibaruye ku mugore we abantu ubutumwa bwo gushishikariza abantu kuzitabira umunsi mukuru witiriwe Umuhoza Ingabire Victoire.
Nyuma y'uko Ubushinjacyaha busobanuye ibyaha bitandatu uko byakozwe mu ncamake, bwavuze ko ibyo byaha bifite ibihano birengeje imyaka ibiri mu gihe yabihamwa.
Basobanuye ko ibyagezweho bihagije kugirango afungwe iminsi 30 y'agateganyo. Ikindi kandi Ubushinjacyaha bwagaragaje impungenge ko Umuhoza Ingabire Victoire yatoroka ubutabera kuko ibyo akurikiranyweho biraremereye. Bityo basanga akwiriye gufungwa iminsi 30 y'agateganyo kugirango iperereza rikomeze.
Umuhoza Ingabire Victoire yafashe umwanya arisobanura
Yavuze ko mu 2006 yashinze ishyaka rya rya FDU-Inkingi nyuma ryaje guhinduka Dalfa-Umurinzi ritangirira hanze aza kwiyemeza kuza mu Rwanda ahageze mu 2010 arafungwa.
Yavuze ko Itegekonshinga rya repubulika y'u Rwanda mu ngingo ya gatatu yemerara buri munyarwanda kujya mu ishyaka cyangwa se umutwe wa politiki ashaka.
Ingabire Umuhoza Victoire yavuze ko amahugurwa yakurikiwe n'abantu 26 nyamara mu butabera hari gukurikiranwa abantu bane kandi abo bose ntawitabiriye amahugurwa avuga ko ari uwo mu ishyaka kuko ntirigikora.
Twabibutsa ko Ingabire Umuhoza Victoire yatawe muri yombi ku wa 19 Kamena 2025. Umwanzuro w'urubanza uzasomwa ku wa 18 Nyakanga 2025 sa munani.


Kinyarwanda
English
Swahili









