issa
Polonye yaguze misile za kirimbuzi mu kwitegura intambara n’Uburusiya

Polonye yaguze misile za kirimbuzi mu kwitegura intambara n’Uburusiya

Sep 19, 2025 - 17:23
 0

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zemeje ko zagurishije leta ya Polonye ibikoresho bya gisirikare birimo misile za kirimbuzi zo mu bwoko bwa Javelin n’ibikoresho byazo byifashishwa mu rugamba rwa gisirikare, bifite agaciro ka miliyari $780 asaga miliyari 1,015Frw mu rwego rwo kwitegura urugamba rwo guhagarika intambara y'Uburusiya.


Ibi byatangajwe ku wa 18 Nzeri 2025, na zimwe mu ngabo z’igisirikare cya Amerika 'DSCA' Defense Security Cooperation Agency, aho ngo babinyujije mu itangazo rya shyizwe hanze ku mbuga nkoranyambaga za 'DSCA' nk’uko byagiye bitangazwa cyane na bimwe mu bitangaza makuru byo muri Amerika bitandukanye.

Ibiri muri iryo tangazo ahanini ni uko Guverinoma ya Polonye yasabye Amerika kuyigurisha missile za kirimbuzi zingana na 2,506 zo mu bwoko bwa FGM-148F Javelin hamwe n’ibikoresho byayo birikumwe na missile zoroheje 253 zo mu bwoko bwa FGM-148F.

Nyuma y’ibyo kandi, nuko ngo Polonye izahabwa ibindi bikoresho bitari bike birimo amasasu, ibikoresho byo gukonjesha batiri za missile, ibikoresho byo gusana intwaro n’ibindi bizakenerwa kuri urwo rugamba.

Kugeza ubu amakuru ahari nuko ngo Icyo gisirikare cya Amerika DSCA nuko cyamaze kumenyesha Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika ku by’iyo gahunda yo kugurisha intwaro za kirimbuzi kugira ngo habeho ubwumvikane kuri iyo gahunda.

Minisitiri w’Ingabo wa Polonye, Wladyslaw Kosiniak-Kamysz, yanditse kuri X ko igihugu cyabo gifitanye amasezerano y’imikoranire ya hafi n'ingabo z’Ukraine hagamijwe guhugura abasirikare ba Polonye mu myitozo yo gukoresha no kurwanisha drone.

Ibi bigatangazwa nyuma y’icyumweru kimwe gusa Polonye n’abamwe mu bayobozi bagize umutekano w’umuryango wa NATO ba fotoraga drone zirenga 20 zarimo zica umutekano w’ikirere cya Polonye ubwo ngo icyo gihe Uburusiya bwarimo kugaba ibitero kuri Ukraine nk’uko ubuyobozi bwa Polonye bwabitangaje. 

Ni mugihe Uburusiya bwabihakaniye kure buvuga ko ingabo zabo zitigeze zivogera ikirere cya Polonye zikoresheje drone zabo ahubwo ko zarimo zigaba ibitero ku butaka bwa Ukraine, Atari Polonye nubwo ibyo bihugu byombi bitigeze bibyumvikanaho na gato.

Ibi bibaye mu gihe Minisitiri w’Intebe wa Denmark namwe yatangaje ko yitegura kugura ibikoresho by’urugamba byo kurwanya Uburusiya, ibi bikaba biri guterwa ahanini ni intambara rudaca y'Uburusiya na Ukraine ya tangijwe n’Uburusiya ku wa 24 Gashyantare 2022, ikaba ikomeje gukaza umurego.

Polonye yaguze misile za kirimbuzi mu kwitegura intambara n’Uburusiya

Sep 19, 2025 - 17:23
Sep 22, 2025 - 15:16
 0
Polonye yaguze misile za kirimbuzi mu kwitegura intambara n’Uburusiya

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zemeje ko zagurishije leta ya Polonye ibikoresho bya gisirikare birimo misile za kirimbuzi zo mu bwoko bwa Javelin n’ibikoresho byazo byifashishwa mu rugamba rwa gisirikare, bifite agaciro ka miliyari $780 asaga miliyari 1,015Frw mu rwego rwo kwitegura urugamba rwo guhagarika intambara y'Uburusiya.


Ibi byatangajwe ku wa 18 Nzeri 2025, na zimwe mu ngabo z’igisirikare cya Amerika 'DSCA' Defense Security Cooperation Agency, aho ngo babinyujije mu itangazo rya shyizwe hanze ku mbuga nkoranyambaga za 'DSCA' nk’uko byagiye bitangazwa cyane na bimwe mu bitangaza makuru byo muri Amerika bitandukanye.

Ibiri muri iryo tangazo ahanini ni uko Guverinoma ya Polonye yasabye Amerika kuyigurisha missile za kirimbuzi zingana na 2,506 zo mu bwoko bwa FGM-148F Javelin hamwe n’ibikoresho byayo birikumwe na missile zoroheje 253 zo mu bwoko bwa FGM-148F.

Nyuma y’ibyo kandi, nuko ngo Polonye izahabwa ibindi bikoresho bitari bike birimo amasasu, ibikoresho byo gukonjesha batiri za missile, ibikoresho byo gusana intwaro n’ibindi bizakenerwa kuri urwo rugamba.

Kugeza ubu amakuru ahari nuko ngo Icyo gisirikare cya Amerika DSCA nuko cyamaze kumenyesha Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika ku by’iyo gahunda yo kugurisha intwaro za kirimbuzi kugira ngo habeho ubwumvikane kuri iyo gahunda.

Minisitiri w’Ingabo wa Polonye, Wladyslaw Kosiniak-Kamysz, yanditse kuri X ko igihugu cyabo gifitanye amasezerano y’imikoranire ya hafi n'ingabo z’Ukraine hagamijwe guhugura abasirikare ba Polonye mu myitozo yo gukoresha no kurwanisha drone.

Ibi bigatangazwa nyuma y’icyumweru kimwe gusa Polonye n’abamwe mu bayobozi bagize umutekano w’umuryango wa NATO ba fotoraga drone zirenga 20 zarimo zica umutekano w’ikirere cya Polonye ubwo ngo icyo gihe Uburusiya bwarimo kugaba ibitero kuri Ukraine nk’uko ubuyobozi bwa Polonye bwabitangaje. 

Ni mugihe Uburusiya bwabihakaniye kure buvuga ko ingabo zabo zitigeze zivogera ikirere cya Polonye zikoresheje drone zabo ahubwo ko zarimo zigaba ibitero ku butaka bwa Ukraine, Atari Polonye nubwo ibyo bihugu byombi bitigeze bibyumvikanaho na gato.

Ibi bibaye mu gihe Minisitiri w’Intebe wa Denmark namwe yatangaje ko yitegura kugura ibikoresho by’urugamba byo kurwanya Uburusiya, ibi bikaba biri guterwa ahanini ni intambara rudaca y'Uburusiya na Ukraine ya tangijwe n’Uburusiya ku wa 24 Gashyantare 2022, ikaba ikomeje gukaza umurego.