issa

Impamvu Kavita Phanuel yakoze amasuku muri Sitade Amahoro nyuma y'intsinzwi y'Amavubi [Amashusho]

Oct 11, 2025 - 09:00
 0

Myugariro w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi, Kavita Phanuel Mabaya yagaragaye muri Sitade Amahoro arimo gukora amasuku nyuma y'umukino wari wahuje u Rwanda na Benin.


Ni nyuma y'umukino ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi yatsinzwemo na Benin igitego 1-0 ku makosa wavuga ko ari uburangare bwa ba Myugariro b'ikipe y'igihugu bikarangira ku munota wa 80, Tosin atsinze igitego nyuma yo kwinjira mu kibuga asimbuye ku ruhande rwa Benin.

Mu gihe abandi bakinnyi bose bababaye cyane ndetse umukino urangiye bagahita binjira mu rwambariro bihise, Kavita Phanuel Mbaya, yabanje guhagarara mu kibuga areba Sitade abafana uko bari benshi araturika ararira.

Nyuma yo kurira Kavita Phanuel yahise atangira gutoragura uducupa tw'Amazi abakinnyi bagiye bajugunya inyuma y'ikibuga ndetse byose arabikusanya abishyira aho byagombaga kujya, ubwo bivuze ko yakoze amasuku muri Sitade.

Abakunzi b'umupira w'amaguru bari muri Sitade bose bahise bamukomera amashyi ndetse nawe arabashimira cyane. UKWELITIMES twagerageje gushaka amakuru y'icyatewe uyu mukinnyi akora iki gikorwa cyafashwe n'ikintu cyiza.

Twaje kumenya ko Kavita Phanuel Mabaya iyo ababaye, arakaye cyane ashaka ikintu yakora nibura kimumara ubwo burakari. Gutoragura cyangwa gukora isuku muri Sitade Amahoro, ibi yabikoze kugira ngo arebe ko yagabanya uburakari n'agahinda yatewe no kuba ikipe ye y'igihugu y'u Rwanda itabonye intsinzi imbere y'umukuru w'igihugu.

UKWELITIMES twamenye Kandi ko ubwo ikipe y'igihugu y'u Rwanda yajyaga gukina imikino ya gishuti muri Algeria, Kavita Phanuel agahabwa umwanya ikipe y'igihugu y'u Rwanda igatsindwa, nabwo yarabikoze ariko abikorera mu rwambariro bitandukanye na hano mu Rwanda yabikoreye muri Sitade ku mugaragaro.

Kavita Phanuel Mabaya yahamagawe mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi afite imyaka 31 kugeza ubu afite imyaka 32. Uyu mukinnyi kuva yatangira kwinjira mu kibuga cy'ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi ntabwo yigeza akora ikosa wavuga ko ryatumye ikipe y'igihugu itsindwa.

Ku wa Kabiri w'icyumweru gitaha tariki 14 Ukwakira 2025, ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi irongera kujya mu kibuga ikina n'ikipe y'igihugu ya Afurika y'epfo mu mukino usoza iyi mikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi.

Kavita Phanuel Mabaya yababajwe cyane no gutsindwa kw'Amavubi 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Impamvu Kavita Phanuel yakoze amasuku muri Sitade Amahoro nyuma y'intsinzwi y'Amavubi [Amashusho]

Oct 11, 2025 - 09:00
Oct 11, 2025 - 10:02
 0

Myugariro w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi, Kavita Phanuel Mabaya yagaragaye muri Sitade Amahoro arimo gukora amasuku nyuma y'umukino wari wahuje u Rwanda na Benin.


Ni nyuma y'umukino ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi yatsinzwemo na Benin igitego 1-0 ku makosa wavuga ko ari uburangare bwa ba Myugariro b'ikipe y'igihugu bikarangira ku munota wa 80, Tosin atsinze igitego nyuma yo kwinjira mu kibuga asimbuye ku ruhande rwa Benin.

Mu gihe abandi bakinnyi bose bababaye cyane ndetse umukino urangiye bagahita binjira mu rwambariro bihise, Kavita Phanuel Mbaya, yabanje guhagarara mu kibuga areba Sitade abafana uko bari benshi araturika ararira.

Nyuma yo kurira Kavita Phanuel yahise atangira gutoragura uducupa tw'Amazi abakinnyi bagiye bajugunya inyuma y'ikibuga ndetse byose arabikusanya abishyira aho byagombaga kujya, ubwo bivuze ko yakoze amasuku muri Sitade.

Abakunzi b'umupira w'amaguru bari muri Sitade bose bahise bamukomera amashyi ndetse nawe arabashimira cyane. UKWELITIMES twagerageje gushaka amakuru y'icyatewe uyu mukinnyi akora iki gikorwa cyafashwe n'ikintu cyiza.

Twaje kumenya ko Kavita Phanuel Mabaya iyo ababaye, arakaye cyane ashaka ikintu yakora nibura kimumara ubwo burakari. Gutoragura cyangwa gukora isuku muri Sitade Amahoro, ibi yabikoze kugira ngo arebe ko yagabanya uburakari n'agahinda yatewe no kuba ikipe ye y'igihugu y'u Rwanda itabonye intsinzi imbere y'umukuru w'igihugu.

UKWELITIMES twamenye Kandi ko ubwo ikipe y'igihugu y'u Rwanda yajyaga gukina imikino ya gishuti muri Algeria, Kavita Phanuel agahabwa umwanya ikipe y'igihugu y'u Rwanda igatsindwa, nabwo yarabikoze ariko abikorera mu rwambariro bitandukanye na hano mu Rwanda yabikoreye muri Sitade ku mugaragaro.

Kavita Phanuel Mabaya yahamagawe mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi afite imyaka 31 kugeza ubu afite imyaka 32. Uyu mukinnyi kuva yatangira kwinjira mu kibuga cy'ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi ntabwo yigeza akora ikosa wavuga ko ryatumye ikipe y'igihugu itsindwa.

Ku wa Kabiri w'icyumweru gitaha tariki 14 Ukwakira 2025, ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi irongera kujya mu kibuga ikina n'ikipe y'igihugu ya Afurika y'epfo mu mukino usoza iyi mikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi.

Kavita Phanuel Mabaya yababajwe cyane no gutsindwa kw'Amavubi