Vinicius Jr yifatanyije na Lamine Yamal uri guhura n’ububabare muri iki gihe
Rutahizamu wa Real Madrid, Vinicius Jr, yifatanyije na Lamine Yamal, urimo gukorerwa irondaruhu cyane muri iki gihe.
Ni ubutumwa Vinicius Jr yatangaje kuri uyu wa Mbere mu kiganiro n’itangazamakuru gitegura umukino ikipe ya Real Madrid ifitanye na FC Bayern Munich kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Mata 2026. Uyu mukinnyi wa Real Madrid yatangaje aya magambo nyuma yo kutoroherwa Lamine Yamal akomeje guhura nabyo.
Ku wa Gatandatu tariki 4 Mata 2026, nibwo ikipe ya FC Barcelona yakinnye umukino na Atletico Madrid urangira FC Barcelona itsinze ibitego 2-1. Muri uyu mukino abakunzi ba Atletico Madrid bumvikanye babwira Lamine ko bifuza ko asubira muri Marocco iwabo ndetse ko atari umuzungu, atari umunya-Espagne batanamwifuza mu ikipe yabo y’igihugu.
Ibi byaje bikurikiye kandi ibyo yakorewe mu mikino ikipe y’igihugu ya Espagne iheruka gukina n’ikipe y’igihugu ya Misiri ukarangira ikipe zombi zinganyije 0-0. Iki gihe Lamine Yamal yahise anyuza abutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze yamagana ibyo yakorewe ndetse agaragaza ko atari ikintu kiza ku mupira w’amaguru urimo gutera imbere.
Ibi na Vinicus yongeye abisubiramo cyane ko nawe amaze igihe arwana n’irondaruhu akorerwa. Vinicius Jr yatangaje ko ikibazo cy’irondaruhu ari ikintu gikomeye ku kirwanye ariko yifuza ko na Lamine Yamal yakomeza kukirwanya kuko hari abandi babibabariramo kandi bidakwiye.
Yagize ati “Urwango rushingiye ku ibara ry’uruhu ni ikibazo gikomeye kandi kiragoye, kandi kibaho kenshi. Nizeye ko Lamine Yamal na we azakomeza uru rugamba. Dufite amafaranga, ariko Abirabura bakennye bahura n’ibibazo byinshi kurusha twe. Sinshaka kuvuga ko Espagne, u Budage cyangwa Portugal ari ibihugu byuzuyemo ivangura, ariko abavangura babaho muri buri gihugu. Nitwifatanya mu rugamba, turizera ko abandi bakinnyi n’abantu bazahagarika kubabazwa n’ibi bibazo.”
Lamine Yamal muri iyi Saison ya 2025/2026, niwe uyoboye abandi mu gukorerwa irondaruhu binyuze ku mbuga nkoranyambaga ariko ikibabaje ni uko bivuye ku mbuga nkoranyabaga bikaba bigeze no hanze ku mikino imwe n’imwe akina.
Lamine Yamal yahesheje igikombe cya Euro ikipe y’igihugu ya Espagane none abo yahaye ibyishimo nibo barimo no kumukorera ivangura rishingiye ku ruhu ndetse bifuza ko ajya gukinira Marocco.


Kinyarwanda
English
Swahili








