issa
Ikibuga cy'indege cyahagaritse akazi amasaha 2: Uko byifashe I Nairobi mu mafoto

Ikibuga cy'indege cyahagaritse akazi amasaha 2: Uko byifashe I Nairobi mu mafoto

Oct 16, 2025 - 14:40
 0

Abaturage babaye benshi kuri Sitade aho umubiri wa Raila Odinga ugiye kuruhukira kugirango bawereke abaturage.


Muri Kenya, mu murwa mukuru Nairobi ibintu byahinduye isura. Ku wa 16 Ukwakira 2025 umubiri wa Raila Amolo Odinga wagejejwe ku kibuga mpuzamahanga cy'indege kitiriwe Jomo Kenyatta ariko abarwanashyaka bari benshi ku buryo byasabye ko imirimo y'ikibuga cy'indege yahagaze amasaha abiri kubera akavuyo.

Nyuma yo kumuvana ku kibuga cy'indege yahise ajyanwa kuri Nairobi's Moi International Sports Centre, ari naho kuri ubu abaturage buzuye bagiye gusezera kuri Raila Amolo Odinga.

  Byahinduye isura kuko imbere n'inyuma abaturage babaye benshi ku buryo polisi iri gukoresha imyuka iryana mu maso.

Raila Amolo Odinga yasabye ko napfa azashyingurwa byihuse bitarenze amasaha 72. Ni nabyo byubahirijwe kuko azashyingurwa iwe ahitwa Bondo mu birometero 60 uvuye i Kisumu ku wa 18 Ukwakira 2025.

Ikiriyo kiri kubera Nyayo National Stadium ku wa Gatanu no ku wa Gatandatu umunsi azashyingurwaho.

Benshi baganiriye na BBC bagaragaje agahinda bavuga ko basigaye ari imfubyi kuko babuze umubyeyi.

Ikibuga cy'indege cyahagaritse akazi amasaha 2: Uko byifashe I Nairobi mu mafoto

Oct 16, 2025 - 14:40
 0
Ikibuga cy'indege cyahagaritse akazi amasaha 2: Uko byifashe I Nairobi mu mafoto

Abaturage babaye benshi kuri Sitade aho umubiri wa Raila Odinga ugiye kuruhukira kugirango bawereke abaturage.


Muri Kenya, mu murwa mukuru Nairobi ibintu byahinduye isura. Ku wa 16 Ukwakira 2025 umubiri wa Raila Amolo Odinga wagejejwe ku kibuga mpuzamahanga cy'indege kitiriwe Jomo Kenyatta ariko abarwanashyaka bari benshi ku buryo byasabye ko imirimo y'ikibuga cy'indege yahagaze amasaha abiri kubera akavuyo.

Nyuma yo kumuvana ku kibuga cy'indege yahise ajyanwa kuri Nairobi's Moi International Sports Centre, ari naho kuri ubu abaturage buzuye bagiye gusezera kuri Raila Amolo Odinga.

  Byahinduye isura kuko imbere n'inyuma abaturage babaye benshi ku buryo polisi iri gukoresha imyuka iryana mu maso.

Raila Amolo Odinga yasabye ko napfa azashyingurwa byihuse bitarenze amasaha 72. Ni nabyo byubahirijwe kuko azashyingurwa iwe ahitwa Bondo mu birometero 60 uvuye i Kisumu ku wa 18 Ukwakira 2025.

Ikiriyo kiri kubera Nyayo National Stadium ku wa Gatanu no ku wa Gatandatu umunsi azashyingurwaho.

Benshi baganiriye na BBC bagaragaje agahinda bavuga ko basigaye ari imfubyi kuko babuze umubyeyi.