issa
Al Hilal yabonye intsinzi mu mukino wabonetsemo imirwano hitabazwa Police

Al Hilal yabonye intsinzi mu mukino wabonetsemo imirwano hitabazwa Police

Nov 21, 2025 - 16:06
 0

Al Hilal Omdurman itsinze USM Alger ibitego 2-1 mu mukino wa mbere w'Amatsinda ya CAF Champions League. Ni umukino wabereye mu Rwanda kuri Sitade Amahoro ari naho AL Hilal izajya yakirira imikino yayo.


Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Ugushyingo 2025, Ku isaha ya saa cyenda z'amanwa nibwo umukino wahuzaga Al Hilal na USM Alger, watangiye. ni umukino utari woroshye ariko Al Hilal Omdurman yari mu rugo itangiye igaragaza ibimenyetso byo kuza kubona ibitego mu izamu rya USM Alger.

Ikipe ya AL Hilal wabonaga irimo kwataka izamu rya USM Alger. Abasore ba Al Hilal bataha izamu barimo Adam Coulibali, Girumugusha Jean Claude na Sunday Damilare bagiye bahusha uburyo bugiye butandukanye.

Ku munota wa 13, ikipe ya AL Hilal Omdurman yabonye amahirwe yo gutsinda igitego cya mbere ku mupira wazamukanwe na Adam Coulibali ahereje Girumugisha umupira ntiyawugeraho neza urarenga.

Ikipe zombi zatangiye gucungana gacye gacye ubona gutera mu izamu bikomeza kuba ikibazo. Ntabwo wavuga ko hari ikipe irimo kurusha indi cyane ariko wabonaga ikipe ya Al Hilal itozwa na Laurent Aurelian irimo kugerageza gushaka ibitego ku rusha USM Alger.

Ku munota wa 34, Ikipe ya Al Hilal Omdurman yabonye Kufura ku ikosa ryakorewe rutahizamu Adam Coulibali wari uzamukanye umupira ariko azagukorerwa ikosa, bahabwa kufura ntiyagira ikintu gikomeye kivamo.

Ku munota wa 41, ikipe ya USM Alger yabonye amahirwe ya mbere wavuga ko akomeye. Ni umupira wazamukanwe mu kibuga hagati uza gufatwa na Zunon ariko ateye umupira uca hejuru y'izamu.

Mu minota ine y'inyongera ikipe ya Al Hilal Omdurman yaje kubona amahirwe yo gutsinda igitego biza no kugenda neza kuko yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 47. Ni igitego cyabonetse nyuma y'umupira wazamukanwe na Girumugisha Jean Claude atera Santire nziza umupira usanga aho Abdelrazig Taha Yagoub Omer ahagaze ahita atsinda igitego cya mbere.

Igice cya mbere cyaje kurangira ikipe ya AL Hilal iri imbere n'igitego 1-0. Ni igice Al Hilal yarushije cyane USM Alger ku buryo wabonaga isaha n'isaha igitego kiri buze kuboneka nkuko byagenze.

Igice cya kabiri cyatangiranye imbaraga ku makipe yombi wabonaga atangiye yatakana cyane kuko wabonaga umupira urimo kuva ku izamu rimwe ujya ku rindi.

Ikipe ya Al Hilal Omdurman nyuma yo guhusha igitego yaje guhita itsindwa igitego ku munota wa 53 nyuma yo gukomeza gukora amakosa y'imihagararire mu kibuga bikaza kurangira bitsinzwe igitego. Wari umupira mwiza USM Alger ibonye binyuze ku ruhande rw'iburyo, umupira ufatwa na Oussama Benhaoua ateye ishoti Musatafa Mohammed wa Al Hilal ahita yitsinda.

Ku munota wa 75, ikipe ya Al Hilal Omdurman yatsinze igitego cya kabiri gitsinzwe na Mohamed Yakub Abderhman Yousif. Ni umupira mwiza wari uzamukanwe na Ahmed Salem M'Bareck aba ari nawe utanga uyu mupira wavuyemo igitego. Aba bakinnyi bagize uruhare mu gitego cya Al Hilal Cya kabiri bari bamaze umunota umwe gusa basimbuye bahuta bahesha ishema ikipe yabo.

Ku munota wa 82, Al Hilal Omdurman yongeye kubona andi mahirwe yo gutsinda igitego cya gatatu nyuma ya kufura yari ihawe ariko itewe umupira ushyirwa muri Koroneri yatewe ntiyagira ikivamo.

Ku munota wa 87, Al Hilal yabonye ikarita y'umutuku nyuma y'ikosa rikomeye ryakozwe na Salah Eldin Ahmed Al Hassan wahawe ikaritra ya kabiri y'umuhondo ahita akurwa mu kibuga.

Ni iminota yari irimo amahane menshi kuko abatoza, abakinnyi barwanye muri uyu mukino nyuma y'iyo karita yabonetse. Al Hilal yakoze impinduka abarimo Sunday na Ernest bava mu kibuga hinjiramo Gussouma Fofana ndetse na Faris Mamoun. 

Umukino warangiye ikipe ya Al Hilal ibonye intsinzi y'ibitego 2-1. Ni umukino warangiye haboneka imvururu nyinshi kuko abakinnyi ba Al Hilal SC barwanye cyane n'aba USM Alger kugeza Police yitabajwe igahosha izo mvururu.

USM Alger ntabwo itashye neza 

Abafana ba USM Alger bari benshi bazanye n'ikipe

Al Hilal Omdurman yatsinze USM Alger ibitego 2-1

 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Al Hilal yabonye intsinzi mu mukino wabonetsemo imirwano hitabazwa Police

Nov 21, 2025 - 16:06
Nov 21, 2025 - 18:57
 0
Al Hilal yabonye intsinzi mu mukino wabonetsemo imirwano hitabazwa Police

Al Hilal Omdurman itsinze USM Alger ibitego 2-1 mu mukino wa mbere w'Amatsinda ya CAF Champions League. Ni umukino wabereye mu Rwanda kuri Sitade Amahoro ari naho AL Hilal izajya yakirira imikino yayo.


Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Ugushyingo 2025, Ku isaha ya saa cyenda z'amanwa nibwo umukino wahuzaga Al Hilal na USM Alger, watangiye. ni umukino utari woroshye ariko Al Hilal Omdurman yari mu rugo itangiye igaragaza ibimenyetso byo kuza kubona ibitego mu izamu rya USM Alger.

Ikipe ya AL Hilal wabonaga irimo kwataka izamu rya USM Alger. Abasore ba Al Hilal bataha izamu barimo Adam Coulibali, Girumugusha Jean Claude na Sunday Damilare bagiye bahusha uburyo bugiye butandukanye.

Ku munota wa 13, ikipe ya AL Hilal Omdurman yabonye amahirwe yo gutsinda igitego cya mbere ku mupira wazamukanwe na Adam Coulibali ahereje Girumugisha umupira ntiyawugeraho neza urarenga.

Ikipe zombi zatangiye gucungana gacye gacye ubona gutera mu izamu bikomeza kuba ikibazo. Ntabwo wavuga ko hari ikipe irimo kurusha indi cyane ariko wabonaga ikipe ya Al Hilal itozwa na Laurent Aurelian irimo kugerageza gushaka ibitego ku rusha USM Alger.

Ku munota wa 34, Ikipe ya Al Hilal Omdurman yabonye Kufura ku ikosa ryakorewe rutahizamu Adam Coulibali wari uzamukanye umupira ariko azagukorerwa ikosa, bahabwa kufura ntiyagira ikintu gikomeye kivamo.

Ku munota wa 41, ikipe ya USM Alger yabonye amahirwe ya mbere wavuga ko akomeye. Ni umupira wazamukanwe mu kibuga hagati uza gufatwa na Zunon ariko ateye umupira uca hejuru y'izamu.

Mu minota ine y'inyongera ikipe ya Al Hilal Omdurman yaje kubona amahirwe yo gutsinda igitego biza no kugenda neza kuko yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 47. Ni igitego cyabonetse nyuma y'umupira wazamukanwe na Girumugisha Jean Claude atera Santire nziza umupira usanga aho Abdelrazig Taha Yagoub Omer ahagaze ahita atsinda igitego cya mbere.

Igice cya mbere cyaje kurangira ikipe ya AL Hilal iri imbere n'igitego 1-0. Ni igice Al Hilal yarushije cyane USM Alger ku buryo wabonaga isaha n'isaha igitego kiri buze kuboneka nkuko byagenze.

Igice cya kabiri cyatangiranye imbaraga ku makipe yombi wabonaga atangiye yatakana cyane kuko wabonaga umupira urimo kuva ku izamu rimwe ujya ku rindi.

Ikipe ya Al Hilal Omdurman nyuma yo guhusha igitego yaje guhita itsindwa igitego ku munota wa 53 nyuma yo gukomeza gukora amakosa y'imihagararire mu kibuga bikaza kurangira bitsinzwe igitego. Wari umupira mwiza USM Alger ibonye binyuze ku ruhande rw'iburyo, umupira ufatwa na Oussama Benhaoua ateye ishoti Musatafa Mohammed wa Al Hilal ahita yitsinda.

Ku munota wa 75, ikipe ya Al Hilal Omdurman yatsinze igitego cya kabiri gitsinzwe na Mohamed Yakub Abderhman Yousif. Ni umupira mwiza wari uzamukanwe na Ahmed Salem M'Bareck aba ari nawe utanga uyu mupira wavuyemo igitego. Aba bakinnyi bagize uruhare mu gitego cya Al Hilal Cya kabiri bari bamaze umunota umwe gusa basimbuye bahuta bahesha ishema ikipe yabo.

Ku munota wa 82, Al Hilal Omdurman yongeye kubona andi mahirwe yo gutsinda igitego cya gatatu nyuma ya kufura yari ihawe ariko itewe umupira ushyirwa muri Koroneri yatewe ntiyagira ikivamo.

Ku munota wa 87, Al Hilal yabonye ikarita y'umutuku nyuma y'ikosa rikomeye ryakozwe na Salah Eldin Ahmed Al Hassan wahawe ikaritra ya kabiri y'umuhondo ahita akurwa mu kibuga.

Ni iminota yari irimo amahane menshi kuko abatoza, abakinnyi barwanye muri uyu mukino nyuma y'iyo karita yabonetse. Al Hilal yakoze impinduka abarimo Sunday na Ernest bava mu kibuga hinjiramo Gussouma Fofana ndetse na Faris Mamoun. 

Umukino warangiye ikipe ya Al Hilal ibonye intsinzi y'ibitego 2-1. Ni umukino warangiye haboneka imvururu nyinshi kuko abakinnyi ba Al Hilal SC barwanye cyane n'aba USM Alger kugeza Police yitabajwe igahosha izo mvururu.

USM Alger ntabwo itashye neza 

Abafana ba USM Alger bari benshi bazanye n'ikipe

Al Hilal Omdurman yatsinze USM Alger ibitego 2-1