issa
Amateka yakisubiramo? Amarira ya Nigeria biba ari ibyishimo ku ikipe y’igihugu ya Argentine

Amateka yakisubiramo? Amarira ya Nigeria biba ari ibyishimo ku ikipe y’igihugu ya Argentine

Nov 18, 2025 - 10:34
 0

Ikipe y’igihugu ya Nigeria iyo ititabiriye igikombe cy’Isi, ikipe y’igihugu ya Argentine iragitwara.


Ku cyumweru tariki 16 Ugushyingo 2025, urugendo rwo gushaka itike yo gukina igikombe cy’isi ku ikipe y’igihugu ya Nigeria, nibwo rwashyizweho akadomo n’ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ikipe y’igihugu ya DRC yasezereye Nigeria iyitsindiye kuri penalite nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu mikino 90 ndetse n’iminota 30 ya ‘Extra time’.

Ikipe y’igihugu ya DRC yahise ibona itike yo gukina imikino ya Baraje(Play Off) ihuza imigabane aho isigaje gukina umukino umwe gusa yakitwara neza igahita ibona itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2026.

Amarira ya Nigeria atera ishaba ikipe y’igihugu ya Argentine

Ikipe y’igihugu ya Argentine imaze amezi arenga 3 yaramaze kubona itike yo gukina igikombe cy’Isi mu gihe andi arimo kubona iyi tike mu mikino ya nyuma.

Mu mwaka 1978, nta kipe y’igihugu ya Afurika yitabiriye iki gikombe cyabereye mu gihugu cya Argentine, cyaje kwegukanwa na Argentine ari bwo bwa mbere yari igitwaye. Iki gihe igikombe cy’Isi cyitabiriwe n’amakipe 16 gusa, cyitabirwa n’amakipe icyenda yo mu Burayi.

Mu mwaka 1986, ikipe y’igihugu ya Nigeria ntabwo yigeze yitabira igikombe cy’Isi, ndetse ni nacyo cya kabiri ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye. Iki gikombe cyitabiriwe n’amakipe abiri aturutse ku mugabane w’Afurika arimo Algeria ndetse na Marocco. Iki gikombe cy’isi kandi kitabiriwe n’amakipe 24 cyari cyabereye muri Mexico.

Ikindi gihe kipe y’igihugu ya Argentine yegukanye igikombe cy’isi kititabiriwe na Nigeria ni igiheruka cyabaye muri 2022. Iki gikombe ikipe y’igihugu ya Argentine yatsindiye ku mukino wa nyuma ikipe y’igihugu y’u Bufaransa kuri Penalite nyuma yo kunganya ibitego 3-3 mu mikino 120.

Ikipe z’igihugu zaturutse muri Afurika zitabiriye iki gikombe, harimo Senegal, Marocco, Cameroon, Tunisia ndetse na Ghana. Ikipe ya Marocco muri iki gikombe yitwaye neza kuko yageze mu mikino ya 1/2 iza gusoza itahanye umwanya wa kane.

Iki gikombe cy’isi giheruka cyabereye muri Qatar kuva tariki 20 Ugushyingo kugeza ku itariki 18 Ukuboza 2022. Ibihugu byitabiriye iki gikombe byanganaga na 32, bitandukanye n’uyu mwaka.

Nyuma yaho ikipe y’igihugu Nigeria ibuze itike, aya mateka y’ibyabaye mu bikombe biheruka yongeye kugarukwaho cyane. Mu mwaka utaha wa 2026, birashoboka ko Argentine izatwara igikombe cy’isi kikaba icya kane yegukanye kuba cyatangira gukinwa?

 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Amateka yakisubiramo? Amarira ya Nigeria biba ari ibyishimo ku ikipe y’igihugu ya Argentine

Nov 18, 2025 - 10:34
Nov 18, 2025 - 10:35
 0
Amateka yakisubiramo? Amarira ya Nigeria biba ari ibyishimo ku ikipe y’igihugu ya Argentine

Ikipe y’igihugu ya Nigeria iyo ititabiriye igikombe cy’Isi, ikipe y’igihugu ya Argentine iragitwara.


Ku cyumweru tariki 16 Ugushyingo 2025, urugendo rwo gushaka itike yo gukina igikombe cy’isi ku ikipe y’igihugu ya Nigeria, nibwo rwashyizweho akadomo n’ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ikipe y’igihugu ya DRC yasezereye Nigeria iyitsindiye kuri penalite nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu mikino 90 ndetse n’iminota 30 ya ‘Extra time’.

Ikipe y’igihugu ya DRC yahise ibona itike yo gukina imikino ya Baraje(Play Off) ihuza imigabane aho isigaje gukina umukino umwe gusa yakitwara neza igahita ibona itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2026.

Amarira ya Nigeria atera ishaba ikipe y’igihugu ya Argentine

Ikipe y’igihugu ya Argentine imaze amezi arenga 3 yaramaze kubona itike yo gukina igikombe cy’Isi mu gihe andi arimo kubona iyi tike mu mikino ya nyuma.

Mu mwaka 1978, nta kipe y’igihugu ya Afurika yitabiriye iki gikombe cyabereye mu gihugu cya Argentine, cyaje kwegukanwa na Argentine ari bwo bwa mbere yari igitwaye. Iki gihe igikombe cy’Isi cyitabiriwe n’amakipe 16 gusa, cyitabirwa n’amakipe icyenda yo mu Burayi.

Mu mwaka 1986, ikipe y’igihugu ya Nigeria ntabwo yigeze yitabira igikombe cy’Isi, ndetse ni nacyo cya kabiri ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye. Iki gikombe cyitabiriwe n’amakipe abiri aturutse ku mugabane w’Afurika arimo Algeria ndetse na Marocco. Iki gikombe cy’isi kandi kitabiriwe n’amakipe 24 cyari cyabereye muri Mexico.

Ikindi gihe kipe y’igihugu ya Argentine yegukanye igikombe cy’isi kititabiriwe na Nigeria ni igiheruka cyabaye muri 2022. Iki gikombe ikipe y’igihugu ya Argentine yatsindiye ku mukino wa nyuma ikipe y’igihugu y’u Bufaransa kuri Penalite nyuma yo kunganya ibitego 3-3 mu mikino 120.

Ikipe z’igihugu zaturutse muri Afurika zitabiriye iki gikombe, harimo Senegal, Marocco, Cameroon, Tunisia ndetse na Ghana. Ikipe ya Marocco muri iki gikombe yitwaye neza kuko yageze mu mikino ya 1/2 iza gusoza itahanye umwanya wa kane.

Iki gikombe cy’isi giheruka cyabereye muri Qatar kuva tariki 20 Ugushyingo kugeza ku itariki 18 Ukuboza 2022. Ibihugu byitabiriye iki gikombe byanganaga na 32, bitandukanye n’uyu mwaka.

Nyuma yaho ikipe y’igihugu Nigeria ibuze itike, aya mateka y’ibyabaye mu bikombe biheruka yongeye kugarukwaho cyane. Mu mwaka utaha wa 2026, birashoboka ko Argentine izatwara igikombe cy’isi kikaba icya kane yegukanye kuba cyatangira gukinwa?