issa
Huye: Abahamwe n'icyaha cyo kwica abaketsweho ubujura bakatiwe gufungwa imyaka 25

Huye: Abahamwe n'icyaha cyo kwica abaketsweho ubujura bakatiwe gufungwa imyaka 25

Mar 19, 2026 - 19:50
 0

Urukiko Rwisumbuye rwa Huye kuri uyu wa Gatanu rwahamije abagabo batatu icyaha cy' ubwicanyi buturutse ku bushaka rubahanisha gufungwa imyaka 25 buri muntu .


Abakatiwe, ni abagabo batatu batuye mu Kagari ka Gati mu Murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza akaba ariho banakorewe icyaha cyabahamye tariki 8 Mutarama 2026.

Abakatiwe nyuma yo guhamwa n'icyaha cy'ubwicanyi buturutse ku bushake ni Safari Vienney, Niyomugabo Bagirimfura na Karangwa Vienney bose bari bafashwe mu bakekwaho kwica abakekwaho ubujura nkuko tubikesha Radiyo Flash F.m.

Muri Mutarama 2025, nibwo abo bagabo bashyikirijwe RIB, bakekwaho icyaha cyo kwica uwitwa Twambazimana Eric na Hakizimana Jacques bakekwagwaho ubujura .

Abaregwaga bari basabiwe igihano cyo gufungwa burundu n'Ubushinjacyaha mu Rukiko Rwisumbuye rwa Huye bubashinja gukora icyaha cy'ubwicanyi buturutse ku bushake  ariko ubwo hasomwaga urubanza Urukiko rwabahamije icyo  icyaha buri wese rumukatira gufungwa imyaka 25.

Huye: Abahamwe n'icyaha cyo kwica abaketsweho ubujura bakatiwe gufungwa imyaka 25

Mar 19, 2026 - 19:50
Mar 19, 2026 - 20:05
 0
Huye: Abahamwe n'icyaha cyo kwica abaketsweho ubujura bakatiwe gufungwa imyaka 25

Urukiko Rwisumbuye rwa Huye kuri uyu wa Gatanu rwahamije abagabo batatu icyaha cy' ubwicanyi buturutse ku bushaka rubahanisha gufungwa imyaka 25 buri muntu .


Abakatiwe, ni abagabo batatu batuye mu Kagari ka Gati mu Murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza akaba ariho banakorewe icyaha cyabahamye tariki 8 Mutarama 2026.

Abakatiwe nyuma yo guhamwa n'icyaha cy'ubwicanyi buturutse ku bushake ni Safari Vienney, Niyomugabo Bagirimfura na Karangwa Vienney bose bari bafashwe mu bakekwaho kwica abakekwaho ubujura nkuko tubikesha Radiyo Flash F.m.

Muri Mutarama 2025, nibwo abo bagabo bashyikirijwe RIB, bakekwaho icyaha cyo kwica uwitwa Twambazimana Eric na Hakizimana Jacques bakekwagwaho ubujura .

Abaregwaga bari basabiwe igihano cyo gufungwa burundu n'Ubushinjacyaha mu Rukiko Rwisumbuye rwa Huye bubashinja gukora icyaha cy'ubwicanyi buturutse ku bushake  ariko ubwo hasomwaga urubanza Urukiko rwabahamije icyo  icyaha buri wese rumukatira gufungwa imyaka 25.