Burundi: Impunzi z'Abanyekongo zahungaga inzara ivuza ubuhuha mu nkambi zabujijwe gutaha
Impunzi z'Abanyekongo zashakaga gusubira muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, zabujijwe gusubira aho zikomoka , mu gihe zivuga ko mu nkambi zirimo zitorohewe n'imibereho.
Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki ya 18 Mata 2026, impunzi z'Abanyekongo zirenga 20 zafashe icyemezo cyo gutaha muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo kubera ibibazo byugarije impunzi zahungiye mu nkambi ya Cishemere mu Gihugu cy'u Burundi, nkuko byatangajwe na Jimbere Magazine dukesha iyi nkuru.
Icyemezo cyo kubuza izo mpunzi gutaha, cyafashwe n'umuyobozi wa Komini ya Cibitoke afatanyije na Polisi ikorera muri iyo komini. Izo mpunzi zafatiwe aho bategera imodoka zigiye kujya mu modoka zitwara abagenzi rusange zagombaga kubageza mu mujyi wa Bujumbura, zigakomeza zijya mu Gihugu cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo.
Izo mpunzi zagaragaje ko impamvu zafashe icyemezo cyo kuva mu nkambi, byatewe no kuba mu nkambi zibayeho mu buzima bubi ndetse hakaba hari ikibazo cyo kutabona ibiribwa zikaba zugarijwe n'inzara.
Umuyobozi wa Komini Cibitoke, Najeneza Euloge, yavuze ko impamvu izo mpunzi zabujijwe gutaha byaturutse ku mpamvu z'umutekano wazo. Uwo muyobozi avuga ko igihe izo mpunzi zizahabwa uruhushya n'inzego nkuru z'Igihugu n'Ishami ry'Umuryango rishinzwe kwita ku mpunzi, zizataha mu Gihugu cyazo.
Impunzi z'Abanyekongo ziri mu Gihugu cy'u Burundi mu nkambi zitandukanye zikunze kugaragaza ko zugarijwe n'ibibazo birimo kutabona ibiribwa bihagije.

Kinyarwanda
English
Swahili









