issa
Abakinnyi babiri barimo uwa APR FC baciwe amande

Abakinnyi babiri barimo uwa APR FC baciwe amande

Apr 22, 2026 - 08:00
 0

Abakinnyi babiri barimo Gedeon Ndonga Bivula ukinira Etincelles FC na Dauda Yusif Seidu ukinira APR FC, baciwe amande nyuma yo gutinza umukino kubera igisa n’imihango idasobanutse.


Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 21 Mata 2026,  nibwo Urwego rureberera Shampiyona y’u Rwanda, Rwanda Premier League, rwatangaje ko Gedeon Ndonga Bivula aciwe amande y’ibihumbi 200 naho Seidu Dauda Yussif aciwe amande y’igihugu 100.

Uyu mukinnyi wa Etincelles FC, Ndonga Bivula, ubwo ikipe ya APR FC yatsindwaga na Etincelles FC ibitego 2-1 mu mukino wa 27 wa Shampiyona, yatinze kwinjira mu kibuga ndetse agaragara arimo kwisiga igisa n’ifu mu mutwe, ibintu bitemewe mu mupira w’Amaguru hano mu Rwanda.

Ibihumbi 100 Seidu Dauda Yussif yaciwe byatewe ni uko nawe muri uyu mukino ubwo amakipe yasohokaga mu rwambariro yanze kwinjira mu kibuga arazenguruka yinjirira ahandi ibintu byatumye uyu mukino utinda gutangira.

Rwanda Premier League ivuga ko yagendeye ku mabwiriza ari mu ngingo ya 22 mu gika cya 3. Uru Rwego rwaboneyeho kandi kwibutsa abakinnyi, abayobozi ndetse n’abatoza, ko itazigera yihanganira imigenzo iyo ari yo yose ibangamira imigendekere myiza y’umukino.

Bagize bati “ Rwanda Premier League iboneyeho kwibutsa ko mu rwego rwo kubungabunga isura nziza y’irushanwa no kuzamura urwego rw’ubunyamwuga, itazihanganira imigenzo iyo ari yo yose ibangamira imigendekere y'umukino, iteye urujijo, itesha igihe cyangwa ishobora guteza amakimbirane harimo ikoreshwa ry'imiti itemewe mu buvuzi bwa siporo n'ibindi bifitanye isano bitemewe.”

Ku wa kabiri tariki 21 Mata 2026, APR FC yongeye guhura na Etincelles mu mukino ubanza wa 1/2 mu gikombe cy’Amahoro, urangira ikipe ya APR FC itsinze ibitego 3-1.

Dauda Yusif yaciwe ibihumbi 100 kubera gutinza umukino

Gedeon Ndonga Bivula yaciwe ibihumbi 200 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Abakinnyi babiri barimo uwa APR FC baciwe amande

Apr 22, 2026 - 08:00
Apr 22, 2026 - 08:33
 0
Abakinnyi babiri barimo uwa APR FC baciwe amande

Abakinnyi babiri barimo Gedeon Ndonga Bivula ukinira Etincelles FC na Dauda Yusif Seidu ukinira APR FC, baciwe amande nyuma yo gutinza umukino kubera igisa n’imihango idasobanutse.


Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 21 Mata 2026,  nibwo Urwego rureberera Shampiyona y’u Rwanda, Rwanda Premier League, rwatangaje ko Gedeon Ndonga Bivula aciwe amande y’ibihumbi 200 naho Seidu Dauda Yussif aciwe amande y’igihugu 100.

Uyu mukinnyi wa Etincelles FC, Ndonga Bivula, ubwo ikipe ya APR FC yatsindwaga na Etincelles FC ibitego 2-1 mu mukino wa 27 wa Shampiyona, yatinze kwinjira mu kibuga ndetse agaragara arimo kwisiga igisa n’ifu mu mutwe, ibintu bitemewe mu mupira w’Amaguru hano mu Rwanda.

Ibihumbi 100 Seidu Dauda Yussif yaciwe byatewe ni uko nawe muri uyu mukino ubwo amakipe yasohokaga mu rwambariro yanze kwinjira mu kibuga arazenguruka yinjirira ahandi ibintu byatumye uyu mukino utinda gutangira.

Rwanda Premier League ivuga ko yagendeye ku mabwiriza ari mu ngingo ya 22 mu gika cya 3. Uru Rwego rwaboneyeho kandi kwibutsa abakinnyi, abayobozi ndetse n’abatoza, ko itazigera yihanganira imigenzo iyo ari yo yose ibangamira imigendekere myiza y’umukino.

Bagize bati “ Rwanda Premier League iboneyeho kwibutsa ko mu rwego rwo kubungabunga isura nziza y’irushanwa no kuzamura urwego rw’ubunyamwuga, itazihanganira imigenzo iyo ari yo yose ibangamira imigendekere y'umukino, iteye urujijo, itesha igihe cyangwa ishobora guteza amakimbirane harimo ikoreshwa ry'imiti itemewe mu buvuzi bwa siporo n'ibindi bifitanye isano bitemewe.”

Ku wa kabiri tariki 21 Mata 2026, APR FC yongeye guhura na Etincelles mu mukino ubanza wa 1/2 mu gikombe cy’Amahoro, urangira ikipe ya APR FC itsinze ibitego 3-1.

Dauda Yusif yaciwe ibihumbi 100 kubera gutinza umukino

Gedeon Ndonga Bivula yaciwe ibihumbi 200