Hakim Ziyech yanze kujyana n’abandi bakinnyi ba Wydad AC muri DRC kubera gutinya izuba
Rutahizmu w’umunya-Marocco ukina muri Waydad AC, Hakim Ziyech ntabwo arajyana n’abandi bakinnyi b’iyi kipe muri DR Congo gukina umukino wa CAF Confederations Cup.
Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Mutarama 2026, aho uyu mukinnyi yavuze ko atizeye umutekano we mu gihe yaba ageze muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo igihe y’aba ari yo.
Ikipe ya Waydad AC biteganyijwe ko izakina na AS Maniema, mu mukino w’umunsi wa kane w’amatsinda ya CAF Confederation Cup. Uyu mukino biteganyijwe ko uzaba kuri iki cyumweru tariki 1 Mutarama 2026.
Mu gihe abakinnyi ba Waydad AC baraba bahagurutse muri Marocco berekeza muri DRC, ntabwo baraba bari kumwe na Hakim Ziyech uheruka kugurwa n’iyi kipe.
Amakuru akomeje kwandikwa aravugwa ko Hakim Ziyech na Wydad AC bafashe umwanzuro w’uko uyu mukinnyi atari bujye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ingamba zo kumurinda, Kuko abona umutekano we ushobora kuba ikibazo..
Hakim azaguma i Casablanca muri Marocco, ubwo bivuze ko atazakina umukino uzahuza Wydad AC na AS Maniema. Iyi kipe ivuga ko iki cyemezo cyafashwe bitewe n’uko hari impungenge ko ikibuga Maniema yakiriraho kitaba cyiza ku buzima bwe, cyane cyane kubera izuba ryinshi riteganyijwe kuri Stade TP Mazembe ahazabera uyu mukino.
Waydad AC niyo iyoboye itsinda D, n’amanota 9. Ni mu gihe kandi AS Maniema yo iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 6, naho ikipe zirimo Azam FC na Nairobi United ari zo ubona zidafite amahirwe yo gukomeza mu kindi cyiciro.



Kinyarwanda
English
Swahili









