issa
Guverinoma ya Gabon yisubiyeho ku cyemezo yari yarafatiye ikipe y’igihugu

Guverinoma ya Gabon yisubiyeho ku cyemezo yari yarafatiye ikipe y’igihugu

Jan 13, 2026 - 15:39
 0

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Gabon ryatangaje ko icyemezo cya leta cyo guhagarika ikipe y’igihugu na rutahizamu Pierre-Emerick Aubameyang cyakuweho.


Ikipe y’igihugu ya Gabon yasezerewe kare mu gikombe cy’Afurika nyuma yo gutsindwa imikino yose yo mu itsinda F, aho yari kumwe na Cameroon, Mozambique ndetse na Côte d’Ivoire. Gabon ikimara gusezererwa kare, Minisitiri wa Siporo muri Gabon, Paul Ulrich Kessany, yahise atangaza ko ikipe y’igihugu yahagaritswe, kimwe na kapiteni Pierre-Emerick Aubameyang na myugariro Bruno Ecuele Manga.

Minisitiri mushya wa Siporo wa Gabon, Paul Ulrich Kessany, kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Mutarama 2026, nibwo yatangaje ko yakuyeho icyemezo cyari cyarafatiwe ikipe y’igihugu, kuko impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, itemera ko leta yivanga mu mupira w’amaguru.

Mu itangazo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rya Gabon yasohoye kuri uyu  wa Kabiri, yatangaje ko icyemezo cyari cyarafatiwe ikipe y’igihugu cyakuweho ndetse ko n’abakinnyi bari bahanwe barababarirwa.

Ati “Ingamba za leta zo guhagarika ikipe y’igihugu zavanyweho, kimwe no gukura mu ikipe abakinnyi barimo Pierre-Emerick Aubameyang na Bruno Ecuele Manga, bitewe n’umusaruro utishimiwe ikipe y’igihugu yagize mu gikombe cya Afurika. Minisitiri wa Siporo Paul Ulrich Kessany yagaragaje ko hari ibikenewe kwitabwaho byihutirwa bitewe n’igihe ntarengwa kiri imbere, cyane cyane tombola y’imikino y’Igikombe cya Afurika cya 2027.”

Hari amakuru kugeza ubu avuga ko Pierre-Emerick Aubameyang nyuma yo guhanwa akongera akababarirwa, ngo ntabwo yiteguye kongera kugaruka gukinira ikipe y’igihugu ya Gabon.

Gabon Government Suspends National Football Team After AFCON FailurePierre-Emerick Aubameyang yababariwe

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Guverinoma ya Gabon yisubiyeho ku cyemezo yari yarafatiye ikipe y’igihugu

Jan 13, 2026 - 15:39
 0
Guverinoma ya Gabon yisubiyeho ku cyemezo yari yarafatiye ikipe y’igihugu

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Gabon ryatangaje ko icyemezo cya leta cyo guhagarika ikipe y’igihugu na rutahizamu Pierre-Emerick Aubameyang cyakuweho.


Ikipe y’igihugu ya Gabon yasezerewe kare mu gikombe cy’Afurika nyuma yo gutsindwa imikino yose yo mu itsinda F, aho yari kumwe na Cameroon, Mozambique ndetse na Côte d’Ivoire. Gabon ikimara gusezererwa kare, Minisitiri wa Siporo muri Gabon, Paul Ulrich Kessany, yahise atangaza ko ikipe y’igihugu yahagaritswe, kimwe na kapiteni Pierre-Emerick Aubameyang na myugariro Bruno Ecuele Manga.

Minisitiri mushya wa Siporo wa Gabon, Paul Ulrich Kessany, kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Mutarama 2026, nibwo yatangaje ko yakuyeho icyemezo cyari cyarafatiwe ikipe y’igihugu, kuko impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, itemera ko leta yivanga mu mupira w’amaguru.

Mu itangazo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rya Gabon yasohoye kuri uyu  wa Kabiri, yatangaje ko icyemezo cyari cyarafatiwe ikipe y’igihugu cyakuweho ndetse ko n’abakinnyi bari bahanwe barababarirwa.

Ati “Ingamba za leta zo guhagarika ikipe y’igihugu zavanyweho, kimwe no gukura mu ikipe abakinnyi barimo Pierre-Emerick Aubameyang na Bruno Ecuele Manga, bitewe n’umusaruro utishimiwe ikipe y’igihugu yagize mu gikombe cya Afurika. Minisitiri wa Siporo Paul Ulrich Kessany yagaragaje ko hari ibikenewe kwitabwaho byihutirwa bitewe n’igihe ntarengwa kiri imbere, cyane cyane tombola y’imikino y’Igikombe cya Afurika cya 2027.”

Hari amakuru kugeza ubu avuga ko Pierre-Emerick Aubameyang nyuma yo guhanwa akongera akababarirwa, ngo ntabwo yiteguye kongera kugaruka gukinira ikipe y’igihugu ya Gabon.

Gabon Government Suspends National Football Team After AFCON FailurePierre-Emerick Aubameyang yababariwe