Guinea: Gen Doumbouya ashobora gutsinda amatora arimo abakandida benshi badafite ibigwi muri Politike
Général Mamadi Doumbouya wari umaze imyaka 4 ayoboye guverinoma y'inzibacyuho ya Guinea, arahabwa amahirwe yo gutsinda amatora azahatanamo n'abakandida biganjemo abadafite ubunararibonye mu bya Politike .
Abaturage barenga miliyoni esheshatu bagejeje igihe cyo gutora, ku cyumweru tariki 28 Ukuboza 2025, nibo bazazindukira mu matora y'Umukuru w'Igihugu. Mu bakandika 9 biyamamaje uwuhabwa amahirwe yo kuyatsinda ni General Mamadi Doumbouya perezida uyobora iki Gihugu kuva tariki ya 5 Nzeri 2021, ubwo yahirikaga Ubutegetsi bwa Alpha Conde.
Mamadi Doumbouya ubwo yatangiraga kuyobora guverinoma y'inzibacyuho nyuma yo guhirika ubutegetsi bwa gisiviri yari yasezeranyije abaturage ba Guinea ko namara gushyira ibintu ku murongo ubutegetsi buzasubira mu maboko y'abasiviri, ariko biragaragara ko ubutegetsi bugiye kuguma mu maboko y'abasirikare dore ko uyu mugabo w'imyaka 41 ari we uhabwa amahirwe yo gutsinda amatora.
Mu myaka ine, Mamadi Doumbouya amaze ayobora guverinoma y'inzibacyuho, yahinduye byinshi agamije kutarekura ubutegetsi, yahinduye Itegeko Nshinga kugira ngo yemererwe kwiyamamariza kuyobora Guinea ndetse anakumire abanyapolitike batavuga rumwe n'ubutegetsi bwashyizweho n'abasirikare bahiritse ubutegetsi. Mu byo guverinoma y'inzibacyuho ya Guinea yahinduye mu Itegeko Nshinga, harimo gukura Manda y'Umukuru w'Igihugu, ku myaka 5 ishyirwa ku myaka 7.
Abandi bakandika bagomba guhatanira kwicara mu biro by'Umukuru w'Igihugu barimo uwahoze ari Minisitiri, Abdoulaye Yéro Baldé, Mamu Makale Camara ari we umugore rukumbi uri mu barimo kwiyamamaza kuyobora Guinea. Abandi banyapolitike bahatanye na Gen Doumbouya nta bigwi bafite muri Politike mu gihe abanyapolitike bafite ibigwi mu buzima bwa Politike ya Guinea babujijwe kwiyamamaza.
Abo banyapolitike babujijwe kwiyamamaza kubera imiziro yashyiriweho kubakumira, barimo uwahoze ayobora iki Gihugu Alpha Conde umukambwe w'imyaka 87 wahiritswe ku butegetsi n'uwari Colonel mu gisirikare.
Cellou Dalein Diallo nawe ni umwe mu bagombaga guhatana ku buryo yashoboraga no gutsinda amatora we yahunze Igihugu ndetse undi munyapolitike wagombaga kwiyamamariza kuyobora Guinea ni umunyapolitike ufite uburambe mu bya Politike ya Guinea Sidya Touré ariko nawe nkuko byagenze ku bandi batavuga rumwe n'ubutegetsi nawe ntiyemerewe kwiyamamariza kuyobora Guinea.
Impamvu Mamadi Doumbouya ahabwa amahirwe yo gutsinda amatora zirimo kuba ari we ushyigikiwe n'abari mu Nzego ziyoboye Igihugu ndetse n'inzego z'umutekano. Abanyapolitike batavuga rumwe na Mamadi Doumbouya barahunze abandi arabafunga mu gihe abashoboye kwiyamamaza nabo badafite ubunararibonye muri Politike.
Aya matora yo muri Guinea azakurikiranwa n'indorerezi zo mu Muryango wa ECOWAS n'izindi zoherejwe n'imiryango mpuzamahanga.


Kinyarwanda
English
Swahili









