issa
Guhangana bigiye kuzamuka cyane! Imigabo n'imigambi ya Shema Fabrice yahinduye ibitekerezo bya benshi

Guhangana bigiye kuzamuka cyane! Imigabo n'imigambi ya Shema Fabrice yahinduye ibitekerezo bya benshi

Aug 15, 2025 - 07:28
 0

Umukandida umwe rukumbi wemerewe kwiyamamaza mu matora y'ubuyobozi bwa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yatangaje ibyo ateganye gukorera Shampiyona mu gihe yatorwa.


Ni mu Kiganiro n'abanyamakuru, yakoze mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 14 Kanama 2025. Iki Kiganiro cyabereye muri Hotel imwe ikomeye mu mujyi wa Kigali, uyu mukandida yatangaje ko naramuka atowe azazamura ibihembo byahabwaga amakipe akina Shampiyona y'icyiciro cya mbere mu bagore n'abagabo, icya Kabiri mu bagore n'abagabo.

Muri iki Kiganiro Shema Fabrice yatangaje ko hazajya hahembwa amakipe 8 mu cyiciro cya mbere n'icya kabiri mu bagabo ndetse n'amakipe 6 mu bagore.

Uko ibihembo bizaba bimeze mu Bagabo

Muri shampiyona y'icyiciro cya mbere mu bagabo izegukana igikombe cya Shampiyona izahabwa miliyoni 80 Frw, iya kabiri ihabwe 60 Frw, iya gatatu ihabwe 40 Frw, iya kane ihabwe 30 Frw, iya gatanu ihabwe 25 Frw, iya gatandatu ihabwe 20 Frw, iya karindwi ihabwe 15 Frw, naho iya munani izahabwe miliyoni 10 Frw.

Naho mu cyiciro cya Kabiri izahiga izindi izahabwa miliyoni 25 Frw, iya kabiri ihabwe 20 Frw, iya gatatu ihabwe 15 Frw, iya kane ihabwe 13 Frw, iya gatanu ihabwe 11 Frw, iya gatandatu ihabwe 9 Frw, iya karindwi izahabwa 7 Frw, naho iya munani ihabwe Milliyoni 5 Frw.

Uko ibihembo bizaba bimeze mu Bagore

Ikipe izegukana Shampiyona y’icyiciro cya Mbere mu Bagore izahabwa miliyoni 20 Frw, iya kabiri izahabwa miliyoni 15 Frw, iya gatatu ihabwe Milliyoni 10 Frw, iya kane ihabwe miliyoni 8 Frw, iya gatanu ihabwe miliyoni 6 Frw, naho iya gatandatu ihabwe miliyoni 4 Frw.

Naho mu cyiciro cya Kabiri ikipe zizagabana Milliyoni 10 kuva ku ikipe ya mbere kugeza kuya Gatandatu izahabwa Milliyoni 3 Frw.

Muri ibi bihembo bizatangwa, bigaragara ko bizajya bitwara nibura Milliyoni 484 z'amafaranga y'u Rwanda. Ubwo ni Milliyoni 280 zizajya zisaranganywa amakipe yo mu cyiciro cya mbere ndetse na Milliyoni 105 zizagabanywa amakipe yo mu cyiciro cya Kabiri mu bagabo. Hakiyongeraho azagabanywa amakipe y'Abagore mu cyiciro cya mbere n'icya kabiri.

Iyo uzengurutse ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye ubona ko bishimiye cyane iki kintu Shema Fabrice azakora mu gihe azaba atowe ariko Kandi banishimira ko amakipe agiye kujya akanirana bitume Shampiyona ikomera.

Amatora ya FERWAFA biteganyijwe ko azaba tariki 30 Kanama 2025. Ni amatora azabera ku biro bya FERWAFA biherereye i Remera.

Shema Fabrice wiyamamariza ku mwanya wo kuyobora FERWAFA 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Guhangana bigiye kuzamuka cyane! Imigabo n'imigambi ya Shema Fabrice yahinduye ibitekerezo bya benshi

Aug 15, 2025 - 07:28
 0
Guhangana bigiye kuzamuka cyane! Imigabo n'imigambi ya Shema Fabrice yahinduye ibitekerezo bya benshi

Umukandida umwe rukumbi wemerewe kwiyamamaza mu matora y'ubuyobozi bwa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yatangaje ibyo ateganye gukorera Shampiyona mu gihe yatorwa.


Ni mu Kiganiro n'abanyamakuru, yakoze mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 14 Kanama 2025. Iki Kiganiro cyabereye muri Hotel imwe ikomeye mu mujyi wa Kigali, uyu mukandida yatangaje ko naramuka atowe azazamura ibihembo byahabwaga amakipe akina Shampiyona y'icyiciro cya mbere mu bagore n'abagabo, icya Kabiri mu bagore n'abagabo.

Muri iki Kiganiro Shema Fabrice yatangaje ko hazajya hahembwa amakipe 8 mu cyiciro cya mbere n'icya kabiri mu bagabo ndetse n'amakipe 6 mu bagore.

Uko ibihembo bizaba bimeze mu Bagabo

Muri shampiyona y'icyiciro cya mbere mu bagabo izegukana igikombe cya Shampiyona izahabwa miliyoni 80 Frw, iya kabiri ihabwe 60 Frw, iya gatatu ihabwe 40 Frw, iya kane ihabwe 30 Frw, iya gatanu ihabwe 25 Frw, iya gatandatu ihabwe 20 Frw, iya karindwi ihabwe 15 Frw, naho iya munani izahabwe miliyoni 10 Frw.

Naho mu cyiciro cya Kabiri izahiga izindi izahabwa miliyoni 25 Frw, iya kabiri ihabwe 20 Frw, iya gatatu ihabwe 15 Frw, iya kane ihabwe 13 Frw, iya gatanu ihabwe 11 Frw, iya gatandatu ihabwe 9 Frw, iya karindwi izahabwa 7 Frw, naho iya munani ihabwe Milliyoni 5 Frw.

Uko ibihembo bizaba bimeze mu Bagore

Ikipe izegukana Shampiyona y’icyiciro cya Mbere mu Bagore izahabwa miliyoni 20 Frw, iya kabiri izahabwa miliyoni 15 Frw, iya gatatu ihabwe Milliyoni 10 Frw, iya kane ihabwe miliyoni 8 Frw, iya gatanu ihabwe miliyoni 6 Frw, naho iya gatandatu ihabwe miliyoni 4 Frw.

Naho mu cyiciro cya Kabiri ikipe zizagabana Milliyoni 10 kuva ku ikipe ya mbere kugeza kuya Gatandatu izahabwa Milliyoni 3 Frw.

Muri ibi bihembo bizatangwa, bigaragara ko bizajya bitwara nibura Milliyoni 484 z'amafaranga y'u Rwanda. Ubwo ni Milliyoni 280 zizajya zisaranganywa amakipe yo mu cyiciro cya mbere ndetse na Milliyoni 105 zizagabanywa amakipe yo mu cyiciro cya Kabiri mu bagabo. Hakiyongeraho azagabanywa amakipe y'Abagore mu cyiciro cya mbere n'icya kabiri.

Iyo uzengurutse ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye ubona ko bishimiye cyane iki kintu Shema Fabrice azakora mu gihe azaba atowe ariko Kandi banishimira ko amakipe agiye kujya akanirana bitume Shampiyona ikomera.

Amatora ya FERWAFA biteganyijwe ko azaba tariki 30 Kanama 2025. Ni amatora azabera ku biro bya FERWAFA biherereye i Remera.

Shema Fabrice wiyamamariza ku mwanya wo kuyobora FERWAFA