issa
Perezida Tshisekedi ntabwo yorohewe nyuma yo gutangira gukorana na Monaco

Perezida Tshisekedi ntabwo yorohewe nyuma yo gutangira gukorana na Monaco

Jul 17, 2025 - 12:49
 0

Minisitiri w’Imikino wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu hamwe n’ikipe ya AS Monaco yo mu cyiciro cya mbere mu Bufaransa basinyanye amasezerano y’imikoranire.


Mu ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida Félix Tshisekedi ku wa Gatatu tariki ya 16 Nyakanga, Moïse Katumbi, uyoboye ishyaka Ensemble pour la République, yamaganye umugambi wa leta wo gutera inkunga amakipe y’i Burayi ku mafaranga arenga miliyoni 43 z’amadorari.

Katumbi yise uwo mugambi wa guverinoma icyemezo kitari kigamije inyungu rusange kandi kitemewe n’imyitwarire ya muntu, cyane cyane mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ihanganye n’ibibazo bikomeye by’ubuzima bwa muntu.

Mu gihe abarenga miliyoni 7 bavuye mu byabo imbere mu gihugu babayeho mu buzima bubi cyane, kandi abantu barenga miliyoni 25 barwaye indwara ziterwa n’inzara, Bwana Katumbi yavuze ko gukoresha ayo mafaranga ari agasuzuguro. Yavuze ku nkambi zitujuje ibisabwa, aho imiryango yose ibayeho nta mazi meza, nta buvuzi, nta mashuri.

Mu mujinya mwinshi Katumbi yagize ati " Mu gihe mugambiriye gushyira izina rya Congo ku myambaro y’amakipe y’i Burayi, abana bacu barapfa bazize inzara, abasirikare bacu barwanira igihugu bahembwa munsi y’amadorari 5 ku munsi, amashuri yacu ari gusenyuka..."

Umupira w’amaguru wo muri DRC mu bibazo bikomeye

Uyu munyapolitiki utumvikana na Leta yanenze uburyo amafaranga yinjira mu bucuruzi bwo kwamamaza hanze, mu gihe umupira w’amaguru wo mu gihugu ubayeho nabi. Yavuze ko hataboneka amafaranga atarenga ibihumbi 600 by’amadorari yo kurangiza shampiyona y’igihugu, mu gihe miliyoni z’amadolari zitangwa ku makipe afite ubushobozi buhagije.

Yagize ati "Ese umubyeyi yashobora kugaburira abana b’abandi mu gihe abe baribwa n’inzara?" 

Guhamagara ku nshingano n’ubutabera mu muryango

Ku bw’umuyobozi wa Ensemble pour la République, imiyoborere myiza ntipimirwa ku mishinga yo kwamamaza itangaje, ahubwo ipimirwa ku bushobozi bwa leta bwo gutanga serivisi shingiro ku baturage bayo uburezi, ubuvuzi, icyubahiro no kubaho mu mahoro. Yasabye Perezida wa Repubulika kongera gusuzuma icyemezo cyafashwe, agashyira imbere inyungu z’abaturage ba Congo.

 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Perezida Tshisekedi ntabwo yorohewe nyuma yo gutangira gukorana na Monaco

Jul 17, 2025 - 12:49
Jul 17, 2025 - 13:13
 0
Perezida Tshisekedi ntabwo yorohewe nyuma yo gutangira gukorana na Monaco

Minisitiri w’Imikino wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu hamwe n’ikipe ya AS Monaco yo mu cyiciro cya mbere mu Bufaransa basinyanye amasezerano y’imikoranire.


Mu ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida Félix Tshisekedi ku wa Gatatu tariki ya 16 Nyakanga, Moïse Katumbi, uyoboye ishyaka Ensemble pour la République, yamaganye umugambi wa leta wo gutera inkunga amakipe y’i Burayi ku mafaranga arenga miliyoni 43 z’amadorari.

Katumbi yise uwo mugambi wa guverinoma icyemezo kitari kigamije inyungu rusange kandi kitemewe n’imyitwarire ya muntu, cyane cyane mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ihanganye n’ibibazo bikomeye by’ubuzima bwa muntu.

Mu gihe abarenga miliyoni 7 bavuye mu byabo imbere mu gihugu babayeho mu buzima bubi cyane, kandi abantu barenga miliyoni 25 barwaye indwara ziterwa n’inzara, Bwana Katumbi yavuze ko gukoresha ayo mafaranga ari agasuzuguro. Yavuze ku nkambi zitujuje ibisabwa, aho imiryango yose ibayeho nta mazi meza, nta buvuzi, nta mashuri.

Mu mujinya mwinshi Katumbi yagize ati " Mu gihe mugambiriye gushyira izina rya Congo ku myambaro y’amakipe y’i Burayi, abana bacu barapfa bazize inzara, abasirikare bacu barwanira igihugu bahembwa munsi y’amadorari 5 ku munsi, amashuri yacu ari gusenyuka..."

Umupira w’amaguru wo muri DRC mu bibazo bikomeye

Uyu munyapolitiki utumvikana na Leta yanenze uburyo amafaranga yinjira mu bucuruzi bwo kwamamaza hanze, mu gihe umupira w’amaguru wo mu gihugu ubayeho nabi. Yavuze ko hataboneka amafaranga atarenga ibihumbi 600 by’amadorari yo kurangiza shampiyona y’igihugu, mu gihe miliyoni z’amadolari zitangwa ku makipe afite ubushobozi buhagije.

Yagize ati "Ese umubyeyi yashobora kugaburira abana b’abandi mu gihe abe baribwa n’inzara?" 

Guhamagara ku nshingano n’ubutabera mu muryango

Ku bw’umuyobozi wa Ensemble pour la République, imiyoborere myiza ntipimirwa ku mishinga yo kwamamaza itangaje, ahubwo ipimirwa ku bushobozi bwa leta bwo gutanga serivisi shingiro ku baturage bayo uburezi, ubuvuzi, icyubahiro no kubaho mu mahoro. Yasabye Perezida wa Repubulika kongera gusuzuma icyemezo cyafashwe, agashyira imbere inyungu z’abaturage ba Congo.