issa
Gatsibo: Umupadiri yatawe muri yombi azira gusomera misa ahatemewe

Gatsibo: Umupadiri yatawe muri yombi azira gusomera misa ahatemewe

Apr 6, 2026 - 07:40
 0

Umupadiri wa Kiliziya Gatolika muri Paruwasi ya Kiziguro yo mu Karere ka Gatsibo, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano zo mu Murenge wa Kabarore, nyuma yo gufatwa asomera misa ahantu hatemewe.


Ibi byabereye mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo kuri iki Cyumweru cya Pasika tariki ya 5 Mata 2026.

Uyu mupadiri yafunzwe nyuma yo gusangwa ari gusomera misa muri ‘couvent’ kandi bitemewe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabarore, Rugaravu Jean Claude, yabwiye IGIHE ko ubusanzwe uwo mupadiri wagiye i Kabarore avuye i Kiziguro yafunzwe kubera kutuzuza ibisabwa, akaba yasanzwe yakoreshereje misa mu rugo rw’abenebikira.

Yagize ati “Kuri uyu munsi wa Pasika hari abasengesheje bakora misa ku Benebikira ba Kabarore, ni muri ‘couvent’ ariko ntabwo bari bemerewe kuhasengera kuko kiliziya yabo irafunze kubera kutuzuza ibisabwa. Ni cyo rero bafatiwe.’’

Yasabye abaturage kwirinda abakozi b’Imana babashuka bakabajyana gusengera ahantu hatemewe rimwe na rimwe bakabinjiza mu nsengero zafunzwe, abandi bakabajyana ahantu hatemewe gusengerwa, avuga ko ari bibi kandi biba bishobora kubakururira ibibazo.

Yagize ati “Ubutumwa twaha abaturage ni uko nta wemerewe kugerageza gusengera ahatemewe kugeza igihe insengero zizafungurirwa, abaturage nibirinde abashaka kubashuka ngo babajyane gusengera ahatemewe mu nsengero zifunze kandi icyatumye zifungwa kitaravaho.’’

Gatsibo: Umupadiri yatawe muri yombi azira gusomera misa ahatemewe

Apr 6, 2026 - 07:40
 0
Gatsibo: Umupadiri yatawe muri yombi azira gusomera misa ahatemewe

Umupadiri wa Kiliziya Gatolika muri Paruwasi ya Kiziguro yo mu Karere ka Gatsibo, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano zo mu Murenge wa Kabarore, nyuma yo gufatwa asomera misa ahantu hatemewe.


Ibi byabereye mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo kuri iki Cyumweru cya Pasika tariki ya 5 Mata 2026.

Uyu mupadiri yafunzwe nyuma yo gusangwa ari gusomera misa muri ‘couvent’ kandi bitemewe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabarore, Rugaravu Jean Claude, yabwiye IGIHE ko ubusanzwe uwo mupadiri wagiye i Kabarore avuye i Kiziguro yafunzwe kubera kutuzuza ibisabwa, akaba yasanzwe yakoreshereje misa mu rugo rw’abenebikira.

Yagize ati “Kuri uyu munsi wa Pasika hari abasengesheje bakora misa ku Benebikira ba Kabarore, ni muri ‘couvent’ ariko ntabwo bari bemerewe kuhasengera kuko kiliziya yabo irafunze kubera kutuzuza ibisabwa. Ni cyo rero bafatiwe.’’

Yasabye abaturage kwirinda abakozi b’Imana babashuka bakabajyana gusengera ahantu hatemewe rimwe na rimwe bakabinjiza mu nsengero zafunzwe, abandi bakabajyana ahantu hatemewe gusengerwa, avuga ko ari bibi kandi biba bishobora kubakururira ibibazo.

Yagize ati “Ubutumwa twaha abaturage ni uko nta wemerewe kugerageza gusengera ahatemewe kugeza igihe insengero zizafungurirwa, abaturage nibirinde abashaka kubashuka ngo babajyane gusengera ahatemewe mu nsengero zifunze kandi icyatumye zifungwa kitaravaho.’’