Gasabo iza imbere mu kugira abantu benshi basezeranye byemewe n'amategeko
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) kigaragaza ko hagati y'umwaka wa 2023 na 2024, mu Rwanda abasezeranye byemewe n'amategeko bagabanutseho abarenga ibihumbi 5.
Mu bushakashatsi bwakozwe n'iki kigo bugaragaza ko mu 2023, imiryango yasezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko bari ibihumbi 57,880 naho mu 2024, bakaba ibihumbi 52,878.
Akarere ka Gasabo ko mu Mujyi wa Kigali niko kaza ku mwanya wa mbere mu kugira imiryango myinshi yasezeranye byemewe n’amategeko, igera ku bihumbi 5,543.
Gicumbi yo mu Ntara y’Amajyaruguru niyo iza ku mwanya wa kabiri kuko ifite imiryango yasezeranye byemewe n’amategeko igera ku bihumbi 2,550.
Uturere twa Burera mu Ntara y’Amajyaruguru na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba ni two dufite imibare iri hasi y’abasezeranye byemewe n’amategeko.
Burera ifite imiryango 1,360 yasezeranye byemewe n’amategeko mu 2024 mu gihe Rutsiro yo, ifite abagera ku 1,394 basezeranye byemewe n'amategeko.
Iyi mibare kandi igaragaza ko mu Rwanda abantu bari hagati y’imyaka 25-29 ari bo benshi basezeranye byemewe n’amategeko.
Abasezeraye byemewe n'amategeko bagabanutseho abarenga ibihumbi 5 hagati ya 2023 na 2024


Kinyarwanda
English
Swahili









