issa
Dr. Ngabitsinze wabaye Minisitiri wa MINICOM yagizwe umuyobozi muri Loni

Dr. Ngabitsinze wabaye Minisitiri wa MINICOM yagizwe umuyobozi muri Loni

Apr 30, 2025 - 08:09
 0

Amakuru amaze kujya ahagaragara, aravuga ko Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome, wigeze kuba Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, yatorewe kuba Umunyamabanga wungirije wa Loni akaba n'Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Nyafurika gitanga Ubwishingizi ku biza bishobora kugwirira Igihugu kizwi nka African Risk Capacity (Assistant Secretary-General and Director General of the African Risk Capacity).


African Risk Capacity Group ni ikigo cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, gifasha ibihugu kwitegura neza uko byahangana n’ibiza bitandukanye.

Cyashinzwe mu 2012, kikaba gifite icyicaro i Johannesburg muri Afurika y'Epfo ariko bikaba biteganyijwe ko kizimurirwa i Abja muri Côte d'ivoir.

Dr. Ngabitsinze wahawe wafashe izi nshingano,  yabaye Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) kuva tariki 30 Nyakanga 2022 kugeza muri  Kanama 2024 ubwo yasimbujwe Prudence Sebahizi wari Umuyobozi ushinzwe Imikorere n’Ubugenzuzi mu Bunyamabanga bw’Isoko Rusange rya Afurika (AfCTA).

 

Dr. Ngabitsinze wabaye Minisitiri wa MINICOM yagizwe umuyobozi muri Loni

Apr 30, 2025 - 08:09
Apr 30, 2025 - 08:09
 0
Dr. Ngabitsinze wabaye Minisitiri wa MINICOM yagizwe umuyobozi muri Loni

Amakuru amaze kujya ahagaragara, aravuga ko Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome, wigeze kuba Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, yatorewe kuba Umunyamabanga wungirije wa Loni akaba n'Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Nyafurika gitanga Ubwishingizi ku biza bishobora kugwirira Igihugu kizwi nka African Risk Capacity (Assistant Secretary-General and Director General of the African Risk Capacity).


African Risk Capacity Group ni ikigo cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, gifasha ibihugu kwitegura neza uko byahangana n’ibiza bitandukanye.

Cyashinzwe mu 2012, kikaba gifite icyicaro i Johannesburg muri Afurika y'Epfo ariko bikaba biteganyijwe ko kizimurirwa i Abja muri Côte d'ivoir.

Dr. Ngabitsinze wahawe wafashe izi nshingano,  yabaye Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) kuva tariki 30 Nyakanga 2022 kugeza muri  Kanama 2024 ubwo yasimbujwe Prudence Sebahizi wari Umuyobozi ushinzwe Imikorere n’Ubugenzuzi mu Bunyamabanga bw’Isoko Rusange rya Afurika (AfCTA).