FARDC yahunze: Point Zero yamaze kugwa mu maboko ya AFC/M23
Umutwe witwaje intwaro wa M23 ufatanyije n’abarwanyi ba Twirwaneho, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17, bigaruriye agace ka Point-Zéro gaherereye muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko ihuriro rya AFC/M23 ryigaruriye Point-Zéro nyuma y’ibyumweru bibiri ingabo za Leta ya Congo zigenzura kariya gace. Uru ruhande ruvuga ko rwongeye kuhigarurira nyuma y’imirwano ikomeye yabaye ku wa Mbere, aho abarwanyi baryo bahanganye n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa.
Izo ngabo zirimo iza FARDC, iz’u Burundi, Wazalendo, iza Tanzania ndetse n’abacanshuro bakorana na Leta ya Congo.
Amakuru yemeza ko muri iyo mirwano hakoreshejwe intwaro ziremereye zirimo na drone nyinshi z’uruhande rw’ingabo zishyigikiye Leta ya Kinshasa, aho bivugwa ko zimwe muri zo zarashwe.
Kugeza ubu, nta tangazo rirambuye Leta ya Congo yari yatanga kuri iri fatwa rya Point-Zéro, mu gihe AFC/M23 n’abafatanyabikorwa bayo bavuga ko bakomeje ibikorwa bya gisirikare muri ako gace. Ibikorwa by’imirwano bikomeje guteza impungenge abaturage bo muri Fizi no mu bice biyikikije, aho bamwe batangiye guhunga.


Kinyarwanda
English
Swahili









