issa
Ethiopia yahagaritse Reuters kongera gukorerayo kubera inkuru batangaje

Ethiopia yahagaritse Reuters kongera gukorerayo kubera inkuru batangaje

Feb 15, 2026 - 16:30
 0

Ikigo gishinzwe Itangazamakuru muri Ethiopia (EMA) cyafashe icyemezo cyo kutongeera uburenganzira bwo gukorera mu gihugu ku banyamakuru batatu b’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, bari bafite icyicaro i Addis Abeba.


Si ibyo gusa, kuko EMA yanambuye Reuters uburenganzira bwo gukurikirana inama ya 39 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yabereye i Addis Abeba ku wa 14-15 Gashyantare 2026. Iyi nama ibera ku cyicaro gikuru cy'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, giherereye mu murwa mukuru wa Ethiopia.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’iminsi mike Reuters isohoye raporo y’inkuru icukumbuye ku wa 10 Gashyantare, ivuga ko Ethiopia yaba yarubatse inkambi y’ibanga itorezwamo abarwanyi ibihumbi b’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF), urwanya ubutegetsi bwa Sudani.

Umutwe wa RSF umaze igihe mu mirwano ikomeye n’ingabo za Sudani, ibintu byakuruye umutekano muke mu gihugu cya Sudani ndetse no mu karere.

Nubwo iyo raporo yakwirakwijwe cyane, Leta ya Ethiopia ntacyo iratangaza ku mugaragaro iyivugaho.

EMA yatangaje ko inkuru ya Reuters yo ku wa 10 Gashyantare ari yo yatumye ifata icyemezo cyo kudakomeza guha uburenganzira abo banyamakuru no kubuza iki kigo gukurikirana inama ya AU. Icyakora, nta bisobanuro birambuye cyatanze ku byashingiweho.

Ibi byatumye hibazwa ku bwisanzure bw’itangazamakuru no ku mubano hagati y’ibihugu n’ibitangazamakuru mpuzamahanga mu bihe by’intambara n’amakuru akomeye ku mutekano w’akarere.

Mu itangazo yashyize hanze, Reuters yagize iti: “Reuters iri gusuzuma iki kibazo kandi izakomeza gukurikirana Ethiopia mu buryo bwigenga, butabogamye kandi bwizewe mu rwego rwo kubahiriza amahame ya Thomson Reuters.”

Ibi byerekana ko nubwo hari imbogamizi, iki kigo gikomeye mu itangazamakuru ku rwego mpuzamahanga gishimangira ko kizakomeza gutanga amakuru mu bwigenge no mu kuri.

Icyemezo cya EMA gishobora kugira ingaruka ku mikorere y’ibitangazamakuru mpuzamahanga muri Ethiopia, cyane cyane mu gihe igihugu kiri mu bihe bikomeye by’umutekano w’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Ethiopia yahagaritse Reuters kongera gukorerayo kubera inkuru batangaje

Feb 15, 2026 - 16:30
Feb 15, 2026 - 16:32
 0
Ethiopia yahagaritse Reuters kongera gukorerayo kubera inkuru batangaje

Ikigo gishinzwe Itangazamakuru muri Ethiopia (EMA) cyafashe icyemezo cyo kutongeera uburenganzira bwo gukorera mu gihugu ku banyamakuru batatu b’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, bari bafite icyicaro i Addis Abeba.


Si ibyo gusa, kuko EMA yanambuye Reuters uburenganzira bwo gukurikirana inama ya 39 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yabereye i Addis Abeba ku wa 14-15 Gashyantare 2026. Iyi nama ibera ku cyicaro gikuru cy'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, giherereye mu murwa mukuru wa Ethiopia.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’iminsi mike Reuters isohoye raporo y’inkuru icukumbuye ku wa 10 Gashyantare, ivuga ko Ethiopia yaba yarubatse inkambi y’ibanga itorezwamo abarwanyi ibihumbi b’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF), urwanya ubutegetsi bwa Sudani.

Umutwe wa RSF umaze igihe mu mirwano ikomeye n’ingabo za Sudani, ibintu byakuruye umutekano muke mu gihugu cya Sudani ndetse no mu karere.

Nubwo iyo raporo yakwirakwijwe cyane, Leta ya Ethiopia ntacyo iratangaza ku mugaragaro iyivugaho.

EMA yatangaje ko inkuru ya Reuters yo ku wa 10 Gashyantare ari yo yatumye ifata icyemezo cyo kudakomeza guha uburenganzira abo banyamakuru no kubuza iki kigo gukurikirana inama ya AU. Icyakora, nta bisobanuro birambuye cyatanze ku byashingiweho.

Ibi byatumye hibazwa ku bwisanzure bw’itangazamakuru no ku mubano hagati y’ibihugu n’ibitangazamakuru mpuzamahanga mu bihe by’intambara n’amakuru akomeye ku mutekano w’akarere.

Mu itangazo yashyize hanze, Reuters yagize iti: “Reuters iri gusuzuma iki kibazo kandi izakomeza gukurikirana Ethiopia mu buryo bwigenga, butabogamye kandi bwizewe mu rwego rwo kubahiriza amahame ya Thomson Reuters.”

Ibi byerekana ko nubwo hari imbogamizi, iki kigo gikomeye mu itangazamakuru ku rwego mpuzamahanga gishimangira ko kizakomeza gutanga amakuru mu bwigenge no mu kuri.

Icyemezo cya EMA gishobora kugira ingaruka ku mikorere y’ibitangazamakuru mpuzamahanga muri Ethiopia, cyane cyane mu gihe igihugu kiri mu bihe bikomeye by’umutekano w’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba.